Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikibazo Cy’Abaforomo N’Ababyaza Bake Kiri Gushakirwa Umuti Urambye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Ikibazo Cy’Abaforomo N’Ababyaza Bake Kiri Gushakirwa Umuti Urambye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 March 2024 3:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu myaka itanu iri imbere Minisiteri y’ubuzima n’abafatanyabikorwa bayo barimo ikigo MSH  bazaba bararangije guhugura ababyaza n’abaforomo 4,000 bazafasha mu kugabanya icyuho cy’aba bantu bakora mu rwego rw’ubuzima.

Minisitiri w’ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana avuga ko abakozi bo mu kigo cyo muri Amerika kitwa MSH( Management of Sciences for Health) nabo basanzwe bafite gahunda yo guhugura Abanyarwanda mu by’ubumenyi mubyo kuvura.

Ati: “ Basanzwe bafite uburyo bwo kubaka urwego rw’ubuzima bita health systems strengthening, bagahugura abantu, bagafasha no mu gusana amavuriro”.

Nsanzimana Sabin avuga ko hashize amezi atatu Minisiteri y’ubuzima itangiranye na MSH umushinga uzamara imyaka itatu mu guhugura abaganga, abaforomo n’ababyaza.

Mu Rwanda abaforomo barenga gato abantu 1000 ariko intego ni uko bikuba kane.

Icyakora ngo igice bazashyiramo imbaraga ni urwego rw’ababyaza n’abaforomo.

U Rwanda rufite gahunda yo kugira ababyaza 4000 mu myaka itanu iri imbere.

Umunyarwandakazi Dr. Anita Asiimwe ukora muri  USAID avuga ko bari gukorana na Minisiteri y’ubuzima mu ‘kubaka inkingi’ mu by’ubuzima.

Avuga ko bafasha Leta y’u Rwanda mu kongera umubare w’abakora mu buzima guhera kuri Centre de Santé kugeza ku rwego rwa Minisiteri.

Asiimwe avuga ko Leta y’u Rwanda yifuza ko umubare w’abakora mu rwego rw’ubuzima wikuba kane kandi ngo nka MSH bazakorana na Leta kugira ngo urwo rwego rukomeze koko kuzamura ubushobozi.

Avuga ko iyo ubuzima bw’Abanyarwanda bubaye bwiza bituma bagira uruhare runini mu guteza imbere igihugu cyabo.

Ati: “ Uko ubuzima bwabo bumera neza ni ko n’imibereho imera neza bityo bagafatanya n’abandi bose mu guteza imbere igihugu cyabo”.

Dr. Anita Asiimwe ashinzwe umushinga witwa Ireme muri MSH Rwanda.

Dr. Anita Asiimwe ashinzwe umushinga Ireme ukorera muri MSH
Umuyobozi w’ikigo MSH ishami ry’u Rwanda Marian Wentworth

Umuyobozi w’ikigo MSH ishami ry’u Rwanda Marian Wentworth avuga ko bakoreye iyi nama mu Rwanda kubera intambwe rwateye mu guhanga udushya mu by’ubuzima no mu gutuma abaturage, muri rusange, babaho neza.

Ati: “ Mu Rwanda ni ahantu heza herekana umusaruro uboneka iyo abantu bashyize mu bikorwa neza gahunda z’ubuzima”.

Avuga ko mu myaka myinshi ishize u Rwanda rwerekanye uburyo bwiza bwo gukoresha amafaranga mu rwego rw’ubuzima.

Ni uburyo bwo gutanga ibisubizo mu rwego rw’ubuzima hakoreshejwe make kandi mu nyungu za benshi.

Ubwo buryo bugaragara muri Mutuelle de santé no mu bundi buryo bw’ubwisungane mu buzima.

Icyakora avuga ko kimwe mu bibazo u Rwanda rufite ari umubare muto w’abakora mu rwego rw’ubuvuzi ariko ko, binyuze mu bufatanye n’ikigo ayobora, mu minsi iri imbere hazatangizwa amasomo yo guhugura abifuza kwiga ububyaza n’ubuforomo.

Ni umwe mu miti yo kuziba icyo cyuho nk’uko abivuga.

TAGGED:AbabyazaAbaforomoAnittaAsiimwefeaturedLetaUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Na Zimbabwe Mu Kongera Imbaraga Mu Bucuruzi
Next Article Kinshasa Ubwoba Ni Bwose Kubera Etage Iri Kurigita
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?