Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikibuga Cya Golf Cyatwaye Akayabo Cyangijwe Kitarakoreshwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ikibuga Cya Golf Cyatwaye Akayabo Cyangijwe Kitarakoreshwa

admin
Last updated: 10 June 2021 10:02 am
admin
Share
SHARE

Abari banyotewe no gukinira Golf ku bibuga kigezweho mu Mujyi wa Kigali bashobora gutegereza kurusha uko byari byitezwe, nyuma y’uko cyangijwe n’imiti yatewemo, ubwatsi bwari butoshye bukuma.

Iki kibuga cyahoze ari gito, ariko guhera muri Kanama 2019 cyatangiye kwagurwa n’ikigo Grégori International cyo mu Bufaransa, kiratunganywa ku buryo mbere cyari kigizwe n’imyobo 9 ariko ubu kigizwe na 18. Ni ishoramari ryubatswe kuri hegitari 65.

Magingo aya igice kinini cy’ubwatsi bw’iki kibuga cya Golf cyatwaye hafi miliyoni $11 – ni miliyari zisaga 10 Frw – bwarumye. Bishobora kuzafata igihe ngo bwongere kumera nk’uko bwahoze.

Ibi byose byatangiye ubwo mu kugura imiti n’ifumbire bya buriya bwatsi bugize ikibuga, hirengagijwe kamere yabwo n’ubutaka bwateweho, ari nabyo byagombaga kugena ifumbire n’imiti bikenewe. Kigali Golf Club yabitanzeho arenga $70,000.

Byaje kugaragara ko umuti n’ifumbire byaguzwe bitajyanye n’ubwatsi. Bigikoreshwa ubwatsi bwahise butangira kuma buhereye hejuru, ku buryo igice kinini cy’ikibuga kimaze kwangirika.

Ntabwo abayobora iki kibuga baramenya icyemezo kigomba gukurikira, gusa igishoboka ni ukurandura ubu bwatsi hagaterwa ubundi cyangwa kurindira bakareba niba bushobora gushibuka.

Mbere yo gukoresha iriya miti n’ifumbire byari byoroshye gukora igerageza ku gice gito cy’ikibuga bakareba umusaruro uvamo, mbere y’uko biterwa mu kibuga cyose bikacyangiza.

Taarifa yamenye ko ubuyobozi bwa Kigali Golf Club bwakoranye ku wa Kabiri ngo burebe icyakorwa mbere y’uko ibintu biba bibi kurushaho.

Hari amakuru ko amasezerano y’ikigo Grégori International cyo mu Bufaransa cyatunganyaga iki kibuga, yahise ahagarikwa. Ni nacyo cyacyubatse.

Ubwatsi bw’iki kibuga bwangijwe butarakoreshwa

Ntabwo iki kibuga kirakira irushanwa na rimwe kuva cyavugururwa ndetse kikagurwa.

Byateganywaga ko kizaganurwa ubwo u Rwanda rwari kuba rwakira inama y’abakuru b’ibihugu na guverinoma bigize Commonwealth, yagombaga kuba muri uku kwezi. Yaje kwimurwa kubera izamuka ry’ubwandu bwa COVID-19 hirya no hino ku isi.

Bivuze ko iyo idasubikwa, igihugu cyari kugira igisebo gikomeye kubera uburangare bwa rwiyemezamirimo.

Muri Gicurasi Minisitiri w’Ibikorwa remezo Gatete Claver ari na we ukurikirana iri shoramari, yatumije inama y’abafatanyabikorwa muri uyu mushinga, asaba raporo igaragaza uko ishoramari rihagaze.

Taarifa yabonye amakuru yizewe ko itsinda ryahawe kubikurikirana rishobora kuba ryararenze ku murongo yatanze.

Bishoboka ko yabeshywe ko ibintu bimeze neza cyangwa nta raporo yigeze ikorwa, kubera ibimenyetso bigaragaza ko umushinga ucunzwe nabi ndetse ko hashobora kuba harabaye inyerezwa ry’umutungo.

Taarifa imaze igihe icukumbura ibijyanye n’icungwa nabi ry’uyu mushinga wose ufite agaciro karenga miliyoni $20, mu minsi mike ikazatangaza byinshi.

Iki kibuga ntabwo kikimeze gutya kubera ko ubwatsi bwumye
Bizafata igihe ngo kiriya kibuga cyongere kumera gutya
TAGGED:CHOGMCHOGM 2021featuredGolfIkibugaKigali Golf Club
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abacuruza ‘Occasion’ bararye bari menge
Next Article Protais Mpiranya Mu Bucuruzi Bwakomeje Gutuma Yihisha Ubutabera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?