Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikiganiro Cyari Cyatumiwemo Umuhungu Wa Rusesabagina Cyahagaritswe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Ikiganiro Cyari Cyatumiwemo Umuhungu Wa Rusesabagina Cyahagaritswe

taarifa@media
Last updated: 22 February 2021 4:37 pm
taarifa@media
Share
SHARE

Umuryango Hult African Business Club wahagaritse ikiganiro cyagombaga kwitabirwa na Trésor Rusesabagina – umuhungu wa Paul Rusesabagina uri imbere y’ubutabera bw’u Rwanda – nyuma yo kumenya byinshi ku byaha se akurikiranyweho.

Hult African Business Club ni umuryango ukora ubukangurambaga ku bibazo bireba Afurika, ubarizwa mu Ishuri Rikuru ry’Ubucuruzi rya Hult muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Wari watumiye Trésor Rusesabagina ngo atange ikiganiro cyaje guhagarikwa nyuma yo kutavugwaho rumwe n’abagaragaza Rusesabagina nk’umuntu ukekwaho ibyaha bikomeye, aho kuba umuntu w’intwari urimo kuzira impamvu za politiki.

Paul Rusesabagina w’imyaka 66 yafashwe ku wa 28 Kanama 2020 akekwaho ibyaha birimo iterabwoba, bishamikiye ku mutwe witwaje intwaro wa FLN yagize uruhare mu gushinga. Ni umutwe wagabye ibitero byishe inzirakarengane mu bice byegereye ishyamba rya Nyungwe.

Ni ifungwa umuryango we kimwe n’abanyapolitiki bamwe b’abanyamahanga bagize irya politiki, bavuga ko Rusesabagina yashimutiwe i Dubai, bityo afunzwe binyuranyije n’amategeko.

Ni mu gihe u Rwanda ruvuga ko yizanye mu gihugu, agahita afatwa hashingiwe ku mpapuro mpuzamahanga yari yarashyiriweho.

Byari byitezwe ko ku wa Gatatu tariki 24 Gashyantare, Trésor Rusesabagina azaba umutumirwa mu kiganiro cyagombaga kubera i Boston, aho byari byitezwe ko azagaruka ku ifungwa rya Se.

Mu butumwa umuryango Hult African Business Club washyize ahagaragara, wemeye ko wamutumiye udakoze icukumbura rihagije.

Wakomeje uti “Ku bufatanye na Global Human Rights Class, igikorwa cya Trésor Rusesabagina cyahagaritswe, ndetse ntabwo azatumirwa ngo ageze ikiganiro ku bagize Hult Community.”

Uwo muryango watangaje ko ahubwo hakenewe amajwi avuga ukuri kw’ibintu, bitandukanye n’uburyo abanyaburayi cyangwa Abanyamerika bashaka ko bigaragazwa.

Uti “Nk’uko tubyemeranyaho, Paul agaragazwa n’abanyamahanga nk’umuntu w”Intwari ku Rwanda”, ariko nk’uko abakurikiranira hafi ikibazo babisobanuye, ntabwo ari ko bimeze. Nk’ihuriro, turashaka kugaragaza neza aho duhagaze, bitari ugusaba imbabazi gusa, ahubwo tunifatanyije na bagenzi bacu b’Abanyarwanda.”

Ubwo aheruka kugezwa mu rukiko, mbere yo kwiregura ku byaha aregwa, Rusesabagina yakomeje guhakana ko ari Umunyarwanda, akitsa avuga ko ari Umubiligi, ko akwiye gufatwa nk’umunyamahanga.

Ni icyemezo urukiko ruzabanza gufataho umwanzuro, rukemeza niba azaburanishwa nk’Umunyarwanda cyangwa nk’Umubiligi.

TAGGED:featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rweretse Amahanga Raporo yo Kubungabunga Uruzi Rwa Nil
Next Article BNR Yagumishije Igipimo Fatizo Cy’Inyungu Yayo Kuri 4.5 Ku Ijana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Ebola Yagarutse Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?