Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikigega Cyagenewe Kuzahura Ubukungu Kigiye Kongerwamo Miliyari Zirenga 250 Frw
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ikigega Cyagenewe Kuzahura Ubukungu Kigiye Kongerwamo Miliyari Zirenga 250 Frw

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 March 2021 4:45 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yatangaje ko Guverinoma ifite intego yo kongera miliyari 250 Frw mu kigega cya leta kigamije kuzahura ubukungu, ziyongera kuri miliyari zisaga 100 Frw cyatangiranye mu mwaka ushize.

Yabitangaje ubwo kuri uyu wa Kane yagezaga ku nteko ishinga amategeko ibirimo gukorwa mu rwego rwo guteza imbere inganda muri ibi bihe by’icyorezo cya COVID-19.

Ni urwego rwahungabanye cyane mu gihe rusanzwe rugize igice kinini cy’umusaruro mbumbe w’igihugu, aho uruhare rw’inganda rwavuye kuri 17% mu 2017 rugera kuri 19% mu 2020, ndetse intego ni uko rwarenga 24% mu 2024.

Minisitiri w’Intebe yavuze ko muri miliyari zisaga 100 Frw ikigega nzahurabukungu cyatangiranye, gikomeje gufasha inzego zahungabanye kurusha izindi ku buryo ubu miliyari zisaga 75 Frw zimaze guhabwa abikorera ku nyungu ntoya.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yakomeje ati “Bitarenze 2021, iki kigega kizakomeza kongerwamo ubushobozi ku buryo duteganya ko kizageza kuri miliyari 370 Frw, ni ukuvuga inyongera ishakishwa ishobora kuzageza muri miliyari 250 Frw zizaba ziyongera muri miliyari 100 Frw twagitangiranye.”

“Urwego rw’inganda, izitunganya umusaruro zimaze guhabwa arenga miliyoni zirenga 955 Frw ndetse biteganyijwe ko bitarenze uyu mwaka wa 2021, urwego rw’inganda ruzongererwa miliyari 150 Frw.”

Kugeza ubu mu Rwanda habarirwa inganda 962 zikorera hose mu gihugu, zirimo 569 zitunganya umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi, 47 zikora ibijyanye n’ubwubatsi na 346 zikora ibindi bikoresho bitandukanye.

Nko mu cyanya cy’inganda cya Masoro mu Karere ka Gasabo ho harimo inganda 123 na 49 zikirimo kubakwa.

Bijyanye n’ingaruka za COVID-19, umusaruro w’inganda mu mwaka ushize waragabanyutse cyane ugera kuri – 4.

- Advertisement -

Ibicuruzwa byatunganyijwe mu nganda z’u Rwanda byoherejwe mu mahanga mu mwaka ushize byari bifite agaciro gasaga miliyoni $760.

Icyanya cy’inganda cya Masoro kimaze kugeramo inganda nyinshi
TAGGED:COVID-19Dr Edouard NgirentefeaturedMInisitiri w'INtebe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hafashwe Toni 8.7 Z’Urumogi Na Héroïne
Next Article Maj. (Rtd) Habib MUDATHIRU Yakatiwe Igifungo Cy’Imyaka 25
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?