Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikigo Cyo Muri Amerika Gishaka Kubaka I Kigali Uburyo Budasanzwe Bw’Ingendo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Ikigo Cyo Muri Amerika Gishaka Kubaka I Kigali Uburyo Budasanzwe Bw’Ingendo

admin
Last updated: 15 July 2021 6:19 pm
admin
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’ikigo VUBA Corp cyo muri Colorado muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, agamije gutangiza umushinga wo gutwara abantu mu buryo bugezweho, hifashishijwe utumodoka tunyura ku byuma.

Ni umushinga uzwi nka Personal Rapid Transit (PRT)/ Automated Transit Network (ATN), ugizwe n’utumodoka duto tugenda ku byuma bishinze, tuba twihuta cyane kandi dukenera imbaraga z’amashanyarazi cyangwa ingufu z’izuba.

Amasezerano y’ubufatanye ajyanye no gushyiraho uriya mushinga yashyizweho umukono na Minitiri w’Ibikorwa remezo, Gatete Claver, kuri uyu wa Gatandatu.

Iriya minisiteri yatangaje ko VUBA Corp yagaragaje ubushake bwo gushyira i Kigali icyicaro gikuru cyayo muri Afurika n’ikigo gikorerwamo ndetse kikagenzurirwamo ibikoresho byayo, kandi uwo mushinga ukazagirwamo uruhare n’Abanyarwanda.

Yakomeje iti “Ikoranabuhanga rifatika ryubakiwe mu Rwanda rizifashishwa mu mushinga icyo kigo cyagaragaje wa Kigali ATN System, ukazagezwa no mu yindi mijyi ikomeye muri Afurika.”

Ibishushanyo by’uriya mushinga bigaragaza ko ku byuma haba harimo imodoka nyinshi, zimwe zikigira hasi kuri sitasiyo zifatiraho abagenzi, izindi zigakomeza zinyura hejuru ku muvuduko wazo usanzwe.

Zishobora kwifashishwa ku mihanda minini ku imodoka zisanzwe ziba zinyura hasi, izindi zigaca hejuru ku byuma.

Ni uku ahantu hamwe bizaba bimeze

Personal Rapid Transit ni uburyo bwifashishwa mu bihugu bitandukanye mu gutwara abantu, hakoreshejwe utumodoka tutagendamo abashoferi, kamwe gashobora gutwara bane, batandatu cyangwa umunani.

Umwe mu bayobozi bakomeje gukora kuri uyu mushinga aheruka kuvuga ko ukenera ibikorwa remezo bidahenze kandi byoroshye.

Ati “Aho kugira ngo wenda ujye kubaka umuhanda uca mu kirere utwara inkingi za beto (béton) ziremereye, uriya mushinga wa PRT usanga ukoresha ikoranabuhanga ry’ibyuma bitaremereye.”

Icyo gihe yavugaga ko inyigo y’uko washyirwa mu bikorwa yagombaga gutangira mu kwezi kwa cumi umwaka ushize. Ni nayo igomba kugaragaza ingengo y’imari ushobora gutwara.

Amasezerano y’ubufatanye kuri uriya mushinga yashyizweho umukono nyuma y’uko ku wa Kane Minisitiri Gatete yagiranye ibiganiro n’abashoramari b’Abafaransa, bagaragaje ubushake bwo gushora amafaranga mu mushinga w’utumodoka tugendera ku migozi, tuzwi nka Cable Cars.

Ni umushinga umaze igihe kinini cyane utekerezwaho.

Iryo tsinda ry’abashoramari b’Abafaransa ryari ryazanye na Perezida w’icyo gihugu Emmanuel Macron, wasoje uruzinduko rwe ku wa Gatanu.

Today in Kigali, @RwandaGov represented by Minister @claverGatete signed an MoU with VUBA CORP, a company registered in Colorado, USA for the development of Smart City Mobility solutions in the form of Personal Rapid Transit (PRT)/Automated Transit Network (ATN) in Rwanda. pic.twitter.com/4PCPt7bDQV

— Ministry of Infrastructure | Rwanda (@RwandaInfra) May 29, 2021

 

TAGGED:featuredGatete ClaverKigaliPRT
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Cécile Kayirebwa Yafatiwe Mu Bantu 54 Bitabiriye Imihango Yo Gusaba No Gukwa
Next Article Minisitiri W’Intebe W’U Bwongereza Yarongoye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?