Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikigo Kiga Iby’Ingagi Kizadufasha Kuzikorera Igenamigambi- Min W’Intebe Dr Ngirente
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ikigo Kiga Iby’Ingagi Kizadufasha Kuzikorera Igenamigambi- Min W’Intebe Dr Ngirente

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 June 2022 5:03 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente ubwo yafunguraga ikigo cy’ubushakashatsi ku ngagi cyubatswe k’ubufatanye na Ellen DeGeneres kiri ahitwa mu Kinigi mu Karere ka Musanze, yavuze ko kiriya kigo kizaba ahantu hakwiye ho kwigira imibereho y’ingagi no kumenya uko zashyirirwaho ingamba zo kuzirinda mu gihe kirekire kizaza.

Uriya muhango kandi witabiriwe na Ellen DeGeneres ari kumwe n’umugore we witwa Portia.

Ni ikigo kiswe Ellen DeGeneres Campus of the Dian Fossey Gorilla Fund.

Ijambo rya Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente ryagarutse ku kamaro ko gukora ubushakashatsi kuri ziriya nyamaswa zahoze ziri mu mubare w’izari zigiye gucika ku isi iyo Leta y’u Rwanda itiga uburyo bwo kuzirinda ba rushimusi.

Dian Fossey ikigega yitiriwe

Yavuze ko ari ngombwa ko abantu bamenya uko ziriya nyamaswa zibaho, uko zibana mu miryango, ibyo zirya, imiti zivuza ndetse n’uburyo bwiza bwo kurinda ko zahura n’ibyorezo byazihitana.

Ubu ni ubumenyi bukorwa n’abahanga bita primatologists.

Muri bo uwabaye ingenzi ku ngagi zo mu Birunga ni Dian Fossey wahoze ari umushakashatsi ku buzima bwa ziriya nyamaswa ndetse akaza no kwicwa akiri kwiga uko zibaho n’uburyo zarindwa.

Yari Umunyamerikakazi wakunze ingagi k’uburyo Abanyarwanda baje kumuhimba Nyiramacibiri.

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yabwiye DeGeneres n’abandi bashyitsi bari baje muri uriya muhango ko Perezida Kagame yamutumye kuza kubashimira kubera uruhare bagize mu gutuma ingagi zo mu Birunga by’u Rwanda zibaho neza kandi ntibirangirire aho ahubwo bakubaka n’ikigo cyo gukomeza kwiga uko zabungwabungwa kurushaho.

Ngirente ati: “ Mu myaka myinshi ishize hari abahanga benshi bakoze uko bashoboye ngo barinde iri nyamaswa gucika kandi umusaruro w’ibyo bagezeho muri iki gihe uragaragara.”

Minisitiri w'Intebe, @EdNgirente yitabiriye umuhango gufungura ku mugaragaro ikigo cy'ubushakashatsi ku kubungabunga urusobe rw'ibinyabuzima by'umwihariko ingagi zo mu misozi miremire. Iki kigo kizwi nka Ellen DeGeneres Campus of the Dian Fossey Gorilla  Fund. #RBAAmakuru
📸 TNT pic.twitter.com/W6QacroCzr

— Rwanda Broadcasting Agency (RBA) (@rbarwanda) June 7, 2022

Yababwiye ko imibare yanditse mu bitabo yerekana ko guhera mu mwaka wa 2016 kugeza ubu umubare w’ingagi zo mu Birunga by’u Rwanda wiyongereyo 26%.

Yabasezeranyije ko Guverinoma y’u Rwanda izakomeza kuzirinda no guharanira ko zigira ubuzima bwiza mu buturo bwazo.

Dr Ngirente avuga ko intego y’u Rwanda ari ukugira abahanga bazi neza uko ingagi zo mu Birunga zibaho kugira ngo hajye hafatwa ingamba zo kuzirengera mu gihe kiri imbere binyuze mu gukora igenamigambi rizifitiye akamaro.

Yavuze ko kuva ikigo Ellen DeGeneres Wildlife Fund cyashyirwa mu Kinigi mu Karere ka Musanze hari impinduka nziza zagaragaye mu buzima bw’abatuye Musanze.

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yashimiye abakora muri kiriya kigo kubera umuhati bashyiraho kugira ngo kigere ku ntego zacyo.

Yaboneyeho no kuvuga ko Guverinoma y’u Rwanda ifite umugambi mugari wo kwagura Pariki y’Akagera kugira ngo ingagi zibone aho zororokera hagari.

Hari gahunda yo kwagura Pariki y’Akagera ku kigero cya 23% cy’ubuso isanganywe.

Ni imwe muri Pariki zisurwa n’abantu bacye ariko ikinjiza cyane. Ingagi zifatiye runini ubukerarugendo bw’u Rwanda.

Ellen DeGeneres Show aherutse gutangaza ko ateganya kugura inzu mu Rwanda akajya aza kuhaba kenshi.

Yabitangarije muri Tweet yakoze.

Yavuze ko yaje gusanga u Rwanda ari igihugu cyiza, gifite abantu bacyeye kandi bagira urugwiro.

Muri Gicurasi, 2018 Ellen yahuye na Perezida Kagame nyuma yo gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi.

Hari kuwa Kabiri tariki 29 Gicurasi 2018.

Arengeje imyaka 60 y’amavuko akaba ku isabukuru y’imyaka 60 yarahawe impano n’umugore we Portia de Rossi yo kumushingira ikigo kizajya kita ku ngagi mu Rwanda kuko byari bisanzwe ari ibintu akunda.

TAGGED:DeGeneresfeaturedIngagiKagameKinigiPerezidaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muri Sena Hanengewe Serivisi Za Banki Zo Mu Rwanda
Next Article Abagenzacyaha Bakomeje Kubakirwa Ubushobozi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?