Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikigo Nyarwanda Gisana Imihanda Kiyishyura Kitayisuzumye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ikigo Nyarwanda Gisana Imihanda Kiyishyura Kitayisuzumye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 April 2024 10:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

PAC yavuze ko ubuyobozi bw’Ikigega gishinzwe kwita ku mihanda, (Road Maintainance Fund) bwatashye Imihanda kitasuzumiwe ubuziranenge ikemezwa ko ikomeye ariko ntitinde kwangirika.

Ku ikubitiro iki kigega cyatangiye gifite uburyo bwo gutera inkunga ibyo gusana imihanda ireshya na kilometero 2000 ariko kiza kongererwa ubushobozi bwo gutera inkunga ireshya na kilometero 2000.

Ikibazo cyagaragaye ni uko iki kigo cyishyuye miliyari Frw 1 ku muhanda bivugwa ko yasanwe ariko nta suzuma iki kigo cyakoze, ngo kiyisure.

Ibi bikubiye muri Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ya 2022/2023, iri kubazwaho inzegonl za Leta zagarayemo imicungire mibi.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Road Maintenance Road , RMF, witwa Thomas Sibomana yabwiye abayobozi muri PAC ko bishyuye ariya mafaranga kuko bari bahawe raporo na RTDA, iki kikaba ari ikigo gishinzwe kwita bwikorezi.

Raporo ya RTDA ngo yemezaga ko imihanda yakozwe neza.

Sibomana yabwiye Abadepite ba PAC ati: “Twakoraga uburyo bwo gufata impagararizi(samples) ubundi tugasaba abafatanyabikorwa bacu nka RTDA tuti muturebere niba ibikorwa byabo byose muri raporo zabo z’umugenzuzi w’umushinga no kuba izo nyemezabuguzi zemejwe ku rwego rwa RTDA tukavuga tuti ibi twashobora kubishingiraho kugira ngo rwiyemezamirimo yishyurwe”.

Depite Bakundufite Christine uri mu bagize PAC yavuze ko uwasinye ngo ayo mafaranga asohoke byari bikwiye kumutera ubwoba.

Ati: “Nta kuntu nshobora gufata amafaranga nkayishyura nk’ikigo ngo kanaka yandebeye. Iyi mihanda mwishyuye ibaye iri muri yayindi umugenzuzi avuga ko igomba gusenywa uwaba arebwa bwa mbere ni iki kibazo ni wawundi wishyuye amafaranga.”

Iyo mihanda yagaragajwe harimo imihanda Kigali-Muhanga-Akanyaru, umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira-Meru n’ikiraro cya Nyabarongo kiriho ibinogo byinshi kandi cyaragiyeho miliyari Frw 1.4

Undi muhanda mubi kandi warishyuwe ni uwa Kigali-Muhanga-Akanyaru kuko ngo nta buzima ugisigaranye ndetse n’imirimo yo gusana ihakorerwa ngo ni ukugira ngo udafungwa burundu.

Perezida wa Komisiyo ya PAC, Muhakwa Valens ati “Njye numvise ari igisubizo kidasanzwe, ni ukuvuga ngo namwe murumva ari nko kuyajugunya. Ariko se koko ni ko byakagombye kugenda?”

Mugenzi we witwa Depite Mutesi Anitha amaze kubona gusubiza ibibazo byose byananiranye yahise abaza ati “Umuyobozi Mukuru atubwire imwe imihanda iyo mwaba mwarasuye mukayishyura nibura mwahageze.”

Na Depite Muhakwa ati: “Muduhe urugero rw’imihanda mwasuye mbere yo kwishyura”.

Sibomana yasubije ko umuhanda bashobora kuwusura nka kabiri mu byiciro bine bishyuye, iki gisubizo gituma Abadepite bavuga ko ibintu byose bumva bisubiye irudubi.

Uwimanimpaye Jeanne d’Arc ati: “Wakwicara mu biro ukavuga ngo ngiye kwishyura gusa, ahubwo ndumva mudusubije inyuma.”

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Fidele Abimana wari uri mu cyumba ibi byavugirwagamo yagaragaje ko ubusanzwe RTDA itanga amasoko yo gusana imihanda, RMF ikazishyura imirimo yakozwe.

Ati:“Twari twatangiye inzira yo gutegura uburyo bushya bwo gusana imihanda harimo no kureba uruhare rw’iki kigega ariko ni inyandiko tukinoza. Mubitwemereye twafata iyo nshingano yo kugira ngo duhuze neza izo nshingano ziri muri RMF no muri RTDA hanyuma turebe igikwiye harimo no kureba niba ari inshingano zajya mu rwego rumwe”.

Abimana yanavuze ko gusana imihanda biza nyuma yo kubaka imihanda, bityo ko hari kubakwa uburyo bwatuma imihanda isanwa kandi neza.

TAGGED:featuredGusanaImihandaPACRTDA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Haribazwa Impamvu Z’Ibura Ry’Umuriro Hafi Mu Rwanda Hose
Next Article Komisiyo Y’amatora Yaburiye Abazahimba Imikono
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Muzaze Dushimire Imana Ibyiza Yagejeje Ku Gihugu-Amb Murigande

Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Uburundi Bugiye Kubaka Gariyamoshi

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

You Might Also Like

IbidukikijeMu Rwanda

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbukungu

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?