Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Ikigo Yahoo! ’ Cyahagaritse Burundu Gukorera Mu Bushinwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

‘Ikigo Yahoo! ’ Cyahagaritse Burundu Gukorera Mu Bushinwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 November 2021 4:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Abanyamerika gitanga serivisi z’itumanaho mu guhanahana amakuru kitwa Yahoo! cyatangaje ko gihagaritse burundu gukorera mu Bushinwa. Impamvu ni uko ngo Leta y’u Bushinwa ituma kiriya kigo kitinyagambura mu mikorere.

Icyemezo cya Yahoo! kigomba gutangira gushyirwa mu bikorwa tariki 01, Ugushyingo, 2021.

Nta Mushinwa uzongera kubona serivisi za Yahoo!.

Ibi ariko bihombya Abanyamerika kurusha uko bihombya Abashinwa kuko bo basanzwe barashyizeho imbuga nkoranyambaga zabo bihimbiye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubuyobozi bwa Yahoo! bwashimiye abakiliya babo b’Abashinwa kubera ubufatanye baberetse mu gihe cyose bamaranye.

Microsoft nayo iherutse gukura ibiro byayo mu Bushinwa ndetse na Linkedlin nayo ni uko.

Linkedin yavuze ko gukorana n’u Bushinwa ari ugushinyiriza kandi ngo ikibi kurushaho ni uko Leta y’u Bushinwa itihanganira abaturage bayo ngo bisanzure mu mikoreshereze ya murandasi.

Yahoo mu Bushinwa yari isigaye itanga amakuru ku iteganyagihe no ku byerekeye amakuru y’ibibera i Burayi no muri Amerika.

Yatangiye gukorera mu Bushinwa mu mwaka wa 1998, mu mwaka wa 2012 Yahoo yagiranye amasezerano na Alibaba Group kugira ngo iyifashe mu kwishyuza mu buryo bw’ikoranabuhanga.

- Advertisement -

Amasezerano y’imikoranire yatumye Alibaba ihinduka nyiri Yahoo! ishami ry’u Bushinwa mu gihe cy’imyaka ine.

Yahoo! ishami ry’u Bushinwa yakomeje no gutanga serivisi zo kuri email no gushakisha amakuru kugeza mu mwaka wa 2015 ubwo izi serivisi zafungaga hagasigara ziriya zaraye zifunze.

Yahoo! ni ikigo cy’itumanaho cy’Abanyamerika cyatangiriye gukorera muri California mu mwaka wa 1994 ishinzwe na

Jerry Young na David Filo.

TAGGED:AmerikaBushinwafeaturedMurandasiYahoo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwakiriye Icyiciro Cya Nyuma cy’Inguzanyo Ya Miliyoni $91 Zo Kurwanya Imirire Mibi
Next Article Abacuruzi Baciwe Miliyoni 19.5 Frw Bazira Kuzamura Ibiciro By’Amata
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?