Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Ikigo Yahoo! ’ Cyahagaritse Burundu Gukorera Mu Bushinwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

‘Ikigo Yahoo! ’ Cyahagaritse Burundu Gukorera Mu Bushinwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 November 2021 4:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Abanyamerika gitanga serivisi z’itumanaho mu guhanahana amakuru kitwa Yahoo! cyatangaje ko gihagaritse burundu gukorera mu Bushinwa. Impamvu ni uko ngo Leta y’u Bushinwa ituma kiriya kigo kitinyagambura mu mikorere.

Icyemezo cya Yahoo! kigomba gutangira gushyirwa mu bikorwa tariki 01, Ugushyingo, 2021.

Nta Mushinwa uzongera kubona serivisi za Yahoo!.

Ibi ariko bihombya Abanyamerika kurusha uko bihombya Abashinwa kuko bo basanzwe barashyizeho imbuga nkoranyambaga zabo bihimbiye.

Ubuyobozi bwa Yahoo! bwashimiye abakiliya babo b’Abashinwa kubera ubufatanye baberetse mu gihe cyose bamaranye.

Microsoft nayo iherutse gukura ibiro byayo mu Bushinwa ndetse na Linkedlin nayo ni uko.

Linkedin yavuze ko gukorana n’u Bushinwa ari ugushinyiriza kandi ngo ikibi kurushaho ni uko Leta y’u Bushinwa itihanganira abaturage bayo ngo bisanzure mu mikoreshereze ya murandasi.

Yahoo mu Bushinwa yari isigaye itanga amakuru ku iteganyagihe no ku byerekeye amakuru y’ibibera i Burayi no muri Amerika.

Yatangiye gukorera mu Bushinwa mu mwaka wa 1998, mu mwaka wa 2012 Yahoo yagiranye amasezerano na Alibaba Group kugira ngo iyifashe mu kwishyuza mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Amasezerano y’imikoranire yatumye Alibaba ihinduka nyiri Yahoo! ishami ry’u Bushinwa mu gihe cy’imyaka ine.

Yahoo! ishami ry’u Bushinwa yakomeje no gutanga serivisi zo kuri email no gushakisha amakuru kugeza mu mwaka wa 2015 ubwo izi serivisi zafungaga hagasigara ziriya zaraye zifunze.

Yahoo! ni ikigo cy’itumanaho cy’Abanyamerika cyatangiriye gukorera muri California mu mwaka wa 1994 ishinzwe na

Jerry Young na David Filo.

TAGGED:AmerikaBushinwafeaturedMurandasiYahoo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwakiriye Icyiciro Cya Nyuma cy’Inguzanyo Ya Miliyoni $91 Zo Kurwanya Imirire Mibi
Next Article Abacuruzi Baciwe Miliyoni 19.5 Frw Bazira Kuzamura Ibiciro By’Amata
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?