Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikishe Amafi Yo Muri Muhazi Cyamenyekanye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ikishe Amafi Yo Muri Muhazi Cyamenyekanye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 July 2021 10:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Toni zirenga 109 z’amafi yo mu kiyaga cya Muhazi zapfuye. Ni ikibazo cyateye abarobyi kwibaza  icyabiteye.

Bivugwa ko kugira ngo ariya mafi apfe byatewe n’uko amazi yo mu kitwa kereremba cyibirunduye yivanga n’andi mazi y’ikiyaga bituma amafi abura umwuka wa oxygene apfa ari menshi.

Taarifa yabajije Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi Dr Geraldine Mukeshimana niba biriya ari ibintu bisanzwe, avuga ko bijya bibaho.

Ati: “ Biterwa n’uko amazi yo hasi mu kiyaga azamuka akajya hejuru, akazamura  ibyo twita algues bikabuza amazi yo hejuru kubona umwuka wa oxygene uhagije amafi agapfa.”

Dr Mukeshimana yasabye abaturage kwirinda kurya ariya mafi, ariko ababwira ko amazi ya Muhazi ashobora gukomeza gukoreshwa mu kuhira imyaka kuko iyo byagenze kuriya bituma amazi agira ibinyabutabire bya azote byinshi kandi by’ingirakamaro ku bihingwa kubera ifumbire.

Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi iherutse kwandika kuri Twitter ko iri gutegura uburyo bwo gushyira ubworozi bw’amafu muri gahunda y’ubwinshingi bw’ibihingwa n’amatungo yiswe Tekana.

MINAGRI ivuga ko bizafasha mu kurinda ibihombo bishobora kugera ku borozi b’amafi.

Ikiyaga cya Muhazi gikora ku turere twa Gicumbi, Kayonza, Gatsibo, Gasabo na Rwamagana

Urugero rusobanura icyateye biriya…

Icyo bita algal bloom kiba iyo ibinyabuzima biba mu mazi  bibaye byinshi bikaza guhura n’ikintu runaka gituma byibirindura bikajya hejuru. Ibi  binyabuzima reka tubigereranye n’imisitwe.

Urugero twatanga ni nk’uko wafata icyayi cya mukaru kirimo amajyani yiretse hasi, ya majyani yiretse ukayakorosheja ikiyiko akajya hejuru akivanga n’ikindi cyayi cyari gicayutse.

Ubwinshi bw’amajyani ari hasi bubuza icyayi cyo hejuru kugira isura cyari gifite mbere y’uko ugikoroga

Ubusanishije n’uko biba bimeze mu kiyaga, algae( twagereranyije n’imisitwe) iyo zigize zitya zikagira igituma zizamuka hejuru zikivanga n’amazi acayutse, ari ho haba umwuka amafi akenera, bituma wa mwuka ubura(kuko uba wivanze na algae) hanyuma amafi agapfa.

Amafi yo muri Muhazi yapfuye ari menshi

Ni uko biherutse kugenda mu Kiyaga cya Muhazi.

TAGGED:AmafifeaturedIkiyagaMuhaziMukeshimana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abibye Equity Bank Bakoresheje ATM, Uko Operation Yo Kubafata Yagenze
Next Article Ku Isi Abantu Ni Magirirane-Mushikiwabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Imisemburo Y’Abagore Niyo Ibatera Kurwara Umutwe Kenshi

Bigenda Gute Ngo Umubiri Wakomeretse Wisane?

DRC: Aba Wazalendo Bongeye Kuba Benshi Muri Uvira

Rayon Sports Yatandukanye Na Kapiteni Wayo Bamaranye Imyaka Ibiri N’Igice

I Goma Hageze Imiti Y’Ibibembe N’Igituntu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?