Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikishe Amafi Yo Muri Muhazi Cyamenyekanye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ikishe Amafi Yo Muri Muhazi Cyamenyekanye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 July 2021 10:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Toni zirenga 109 z’amafi yo mu kiyaga cya Muhazi zapfuye. Ni ikibazo cyateye abarobyi kwibaza  icyabiteye.

Bivugwa ko kugira ngo ariya mafi apfe byatewe n’uko amazi yo mu kitwa kereremba cyibirunduye yivanga n’andi mazi y’ikiyaga bituma amafi abura umwuka wa oxygene apfa ari menshi.

Taarifa yabajije Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi Dr Geraldine Mukeshimana niba biriya ari ibintu bisanzwe, avuga ko bijya bibaho.

Ati: “ Biterwa n’uko amazi yo hasi mu kiyaga azamuka akajya hejuru, akazamura  ibyo twita algues bikabuza amazi yo hejuru kubona umwuka wa oxygene uhagije amafi agapfa.”

Dr Mukeshimana yasabye abaturage kwirinda kurya ariya mafi, ariko ababwira ko amazi ya Muhazi ashobora gukomeza gukoreshwa mu kuhira imyaka kuko iyo byagenze kuriya bituma amazi agira ibinyabutabire bya azote byinshi kandi by’ingirakamaro ku bihingwa kubera ifumbire.

Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi iherutse kwandika kuri Twitter ko iri gutegura uburyo bwo gushyira ubworozi bw’amafu muri gahunda y’ubwinshingi bw’ibihingwa n’amatungo yiswe Tekana.

MINAGRI ivuga ko bizafasha mu kurinda ibihombo bishobora kugera ku borozi b’amafi.

Ikiyaga cya Muhazi gikora ku turere twa Gicumbi, Kayonza, Gatsibo, Gasabo na Rwamagana

Urugero rusobanura icyateye biriya…

Icyo bita algal bloom kiba iyo ibinyabuzima biba mu mazi  bibaye byinshi bikaza guhura n’ikintu runaka gituma byibirindura bikajya hejuru. Ibi  binyabuzima reka tubigereranye n’imisitwe.

Urugero twatanga ni nk’uko wafata icyayi cya mukaru kirimo amajyani yiretse hasi, ya majyani yiretse ukayakorosheja ikiyiko akajya hejuru akivanga n’ikindi cyayi cyari gicayutse.

Ubwinshi bw’amajyani ari hasi bubuza icyayi cyo hejuru kugira isura cyari gifite mbere y’uko ugikoroga

Ubusanishije n’uko biba bimeze mu kiyaga, algae( twagereranyije n’imisitwe) iyo zigize zitya zikagira igituma zizamuka hejuru zikivanga n’amazi acayutse, ari ho haba umwuka amafi akenera, bituma wa mwuka ubura(kuko uba wivanze na algae) hanyuma amafi agapfa.

Amafi yo muri Muhazi yapfuye ari menshi

Ni uko biherutse kugenda mu Kiyaga cya Muhazi.

TAGGED:AmafifeaturedIkiyagaMuhaziMukeshimana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abibye Equity Bank Bakoresheje ATM, Uko Operation Yo Kubafata Yagenze
Next Article Ku Isi Abantu Ni Magirirane-Mushikiwabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Ebola Yagarutse Muri DRC

Musanze: Polisi Yafunze Ahengerwaga Inzoga Yitwa Karigazoke

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?