Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikishe Amafi Yo Muri Muhazi Cyamenyekanye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ikishe Amafi Yo Muri Muhazi Cyamenyekanye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 July 2021 10:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Toni zirenga 109 z’amafi yo mu kiyaga cya Muhazi zapfuye. Ni ikibazo cyateye abarobyi kwibaza  icyabiteye.

Bivugwa ko kugira ngo ariya mafi apfe byatewe n’uko amazi yo mu kitwa kereremba cyibirunduye yivanga n’andi mazi y’ikiyaga bituma amafi abura umwuka wa oxygene apfa ari menshi.

Taarifa yabajije Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi Dr Geraldine Mukeshimana niba biriya ari ibintu bisanzwe, avuga ko bijya bibaho.

Ati: “ Biterwa n’uko amazi yo hasi mu kiyaga azamuka akajya hejuru, akazamura  ibyo twita algues bikabuza amazi yo hejuru kubona umwuka wa oxygene uhagije amafi agapfa.”

Dr Mukeshimana yasabye abaturage kwirinda kurya ariya mafi, ariko ababwira ko amazi ya Muhazi ashobora gukomeza gukoreshwa mu kuhira imyaka kuko iyo byagenze kuriya bituma amazi agira ibinyabutabire bya azote byinshi kandi by’ingirakamaro ku bihingwa kubera ifumbire.

Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi iherutse kwandika kuri Twitter ko iri gutegura uburyo bwo gushyira ubworozi bw’amafu muri gahunda y’ubwinshingi bw’ibihingwa n’amatungo yiswe Tekana.

MINAGRI ivuga ko bizafasha mu kurinda ibihombo bishobora kugera ku borozi b’amafi.

Ikiyaga cya Muhazi gikora ku turere twa Gicumbi, Kayonza, Gatsibo, Gasabo na Rwamagana

Urugero rusobanura icyateye biriya…

Icyo bita algal bloom kiba iyo ibinyabuzima biba mu mazi  bibaye byinshi bikaza guhura n’ikintu runaka gituma byibirindura bikajya hejuru. Ibi  binyabuzima reka tubigereranye n’imisitwe.

Urugero twatanga ni nk’uko wafata icyayi cya mukaru kirimo amajyani yiretse hasi, ya majyani yiretse ukayakorosheja ikiyiko akajya hejuru akivanga n’ikindi cyayi cyari gicayutse.

Ubwinshi bw’amajyani ari hasi bubuza icyayi cyo hejuru kugira isura cyari gifite mbere y’uko ugikoroga

Ubusanishije n’uko biba bimeze mu kiyaga, algae( twagereranyije n’imisitwe) iyo zigize zitya zikagira igituma zizamuka hejuru zikivanga n’amazi acayutse, ari ho haba umwuka amafi akenera, bituma wa mwuka ubura(kuko uba wivanze na algae) hanyuma amafi agapfa.

Amafi yo muri Muhazi yapfuye ari menshi

Ni uko biherutse kugenda mu Kiyaga cya Muhazi.

TAGGED:AmafifeaturedIkiyagaMuhaziMukeshimana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abibye Equity Bank Bakoresheje ATM, Uko Operation Yo Kubafata Yagenze
Next Article Ku Isi Abantu Ni Magirirane-Mushikiwabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?