Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikiyaga Cya Kivu Kigiye Gukikizwa Ibiti By’Imbuto
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IbidukikijeMu Rwanda

Ikiyaga Cya Kivu Kigiye Gukikizwa Ibiti By’Imbuto

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 November 2024 9:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Kimwe mu birwa bito biri mu kiyaga cya Kivu.
SHARE

Mu mirenge ituriye ikiyaga cya Kivu mu turere twa Rutsiro na Rubavu hatangiye guterwa ibiti by’imbuto n’ibisanzwe kugira ngo bifate ubutaka buva mu misozi igikikije bityo hirindwe isuri.

Isuri ibaho iyo imvura nyinshi yaguye igatuma amazi menshi amanuka mu mabanga y’imisozi akiroha mu biyaga, mu migezi, mu nzuzi no mu tubande.

Ituma ubutaka bw’imisozi butakaza intungagihingwa bityo imyaka igakura nabi, byanarimba ikarumba.

Gutera ibiti by’imbuto n’ibindi bisanzwe mu mpinga no mu mabanga y’imisozi ikikije ikiyaga cya Kivu bizaha abayituye amahumbezi aturuka ku muyaga utangwa n’ibiti bibahe n’imbuto zo kurya no kugaburira abana.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu Karere ka Rubavu ku mirenge ikora ku Kivu niho ibyo gutera ibyo biti byatangirijwe, abahatuye bakizera ko nibyera ubuzima buzaba bwiza, imisozi batuye ikabungwabungwa.

Babwiye itangazamakuru ko isuri yaterwaga n’imvura yagwaga ku misozi yambaye ubusa yabangamiraga urujya n’uruza kuko ibyo yamanukanaga yabishyiraga mu mihanda, bikayifunga.

Umushinga wo gutera ibyo biti uzakorwa mu myaka itandatu, ukazagirwamo uruhare na bamwe mu batuye imirenge uzakorerwamo.

Abawutangije bavuga ko hari ishimwe rizahabwa abaturage bateye ibiti bakabyitaho kugeza bikuze neza.

Itsinda ryitwa Turwanye Ibiza niryo riri gushyira mu bikorwa uyu mushinga uzagirira akamaro abantu, inyamaswa n’ibimera.

- Advertisement -

Uyobora iri ryinda witwa Dukuzumuremyi Jean Bosco avuga ko gutera ibiti bivangwa n’imyaka n’iby’imbuto byakozwe kugira ngo bizakumire ko amazi akomeza kwangiza imirima y’abaturage cyane cyane abatuye munsi y’umusozi witwa Mont Rubavu.

Mont Rubavu ni umusozi muremure usa n’uwirengeye Rubavu, igice cy’umujyi cyose.

Yabwiye UMUSEKE ati:  “Uyu mwaka dufite umuhigo wo gutera ibiti 41,900 bivangwa n’imyaka n’iby’imbuto bizadufasha gufata ubutaka ntibutwarwe n’imivu y’imvura kandi tunihaze ku mbuto zizera kuri ibi biti biri guterwa ku musozi wa Rubavu’’.

Avuga ko uretse gutera ibiti, bagiye no gucukura imyobo izafata amazi ‘ku buryo nta mazi azongera kumanuka’ avuye mu musozi wa Rubavu.

Umwe mu baturiye umusozi wa Rubavu witwa Bayavuge Françoise akagira n’ubutaka kuri uwo mu musozi  avuga ko ibiti bari gutera bizafata ubutaka bwajyaga bumanuka bukajya mu baturage no mu mihanda.

Ati: “Ibi biti  bizadufasha kurwanya isuri ndetse tubone n’imbuto ariko igikomeye nuko nta butaka buzongera kumanuka bukaza mu ngo z’abaturage no mu muhanda, ku buryo bizatuma ibyo turi gutera byera neza’’.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’umuryango nyarwanda uharanira iterambere, RWRRI witwa Uwizeye Bélange avuga ko byakozwe mu gufasha abaturiye imisozi ihagamye ikikije ikiyaga cya Kivu kubaho neza  n’ikiyaga kikabungwabungwa mu nyungu zabo .

Ati:’’Muri gahunda y’imyaka itanu isigaye,  turateganya gutera ibiti  300,000 muri Rutsiro na Rubavu mu mirenge ikora ku kiyaga cya Kivu.  Tuzibanda ku bikenewe, urugero nk’ahanyura imigezi tuzahatera imigano, ahatuye abaturage tuhatere avoka n’amapera, mu mirima tubahe gereveriya n’ibiti bivangwa n’imyaka naho ahadahingwa tuzatera ishyamba’’.

Atanga amakuru y’uko mu myaka yahise, hari ahantu hari hateye amashyamba menshi yeregeye ikiyaga cya Kivu n’ibindi biyaga mu Rwanda.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu witwa Nzabonimpa Déogratias avuga ko kubungabunga amazi ava muri uyu musozi bizafasha kubona imbuto ndetse n’ubukerarugendo bukahazamukira.

Nzabonimpa ati: “Uyu mushinga urimo kudufasha kurwanya icyatera isuri kurusha guhangana n’ingaruka zayo tukanabona imbuto zo kurya kandi n’ubukerarugendo buzahazamukira kuko twamaze gushyiraho inzira ba mukerarugendo bazakoresha. Hari ibikorwa remezo bihari dushaka kuvugurura bikajyana n’igihe tunareba nuko hashyirwaho n’ibijyanye na siporo’’.

Mu Karere ka Rutsiro ibi biti bizaterwa mu Mirenge ya Musasa, Kigeyo, Mushonyi, Boneza, Kivumu, Gihango na Mushubati.

Mu Karere ka Rubavu ibyo biti bizaterwa mu mirenge ya Nyundo, Rubavu, Rugerero na  Nyamyumba.

Abayituye kandi bazahabwa imbuto ‘nshya’ y’ibijumba bitukura n’ibishyimbo bikungahaye ku butare byitezweho kuzagabanya imirire mibi no kongera umusaruro.

TAGGED:AmashyambafeaturedIbitiIkiyagaIsuriKivuRubavu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mozambique: Uwatsinzwe Amatora Y’Umukuru W’Igihugu Yahunze
Next Article M23 Yafashe Ahantu H’Ingenzi Muri Teritwari Ya Lubero
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?