Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Imana Yaremye Abaturage Nabo Barema Nyagatare’- Perezida Wa Sena Y’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

‘Imana Yaremye Abaturage Nabo Barema Nyagatare’- Perezida Wa Sena Y’u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 July 2022 3:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr Augustin Iyamuremye usanzwe ari Perezida wa Sena yabwiye abaturage b’Akarere ka Nyagatare yari yifatanyije nabo umuganda ko burya Nyagatare ari kimwe mu bitangaza Abanyarwanda baremye.

Hari mu kiganiro yabagejejeho nyuma y’Umuganda rusange yari yafatanyije nabo gukora.

Yababwiye ko azi agace ka Nyagatare kera akiri umuganga w’amatungo, akorera muri kariya gace kitwaga Umutara.

Ngo kari agace kadateye imbere cyane k’uburyo  iyo akabunye muri iki gihe ahita abona ko Abanyarwanda baremye n’Imana nabo bakarema Nyagatare igasa uko isa ubu.

Yabigereranyije n’uburyo abaturage b’u Buholandi bubatse igihugu cyabo.

Nabo bemera ko Imana yabaremye ariko bakaba ari bo biremera u Buholandi bwabo.

Ati: “ Muri za 1994 na 1995  nari muri Minisiteri y’ubuhinzi ngira amahirwe yo kumuherekeza mu rugendo yakoreye muri Israel. Yarabwiye ko mu Rwanda hari ahantu ashaka ko hatera imbere wowe MINAGRI genda uvugane nabo bazaze baturebere.”

Dr Iyamuremye avuga ko abo muri Israel bamuhaye abitwa Enjeniyeri babazana muri Nyagatare barahareba barahazenguruka.

Ibyo babonye byabateye umujinya yise ‘munini cyane’ baramurakarira bamubwira ko Abanyarwanda ari abatesi.

Bamubwiye ko mu hantu hose hashobora guhingwa cyangwa kororerwa mu Rwanda, muri Nyagatare ari ho hambere.

Perezida wa Sena ati: “ Icyo gihe ntawari uzi ko hashobora no kumera insina, umwumbati…hari inka n’ishyamba gusa.”

Kubera ubwinshi bw’izo nka ariko zidafite urwuri n’amazi ahagije yo gushoka, zimwe zishwe n’inzara.

Nyuma yo kumva ibyo abo bahanga bo muri Israel bababwiye, abayobozi bari aho baritaye mu gutwi, babibwira n’abandi k’uburyo bose uko basimburanye bakomeje guteza Nyagatare imbere kugeza uko imaze ubu.

Mu kiganiro cye, Perezida wa Sena yabwiye abatuye Nyagatare ko muri Sena haherutse kubera ikiganiro cyagarukaga k’uburyo bwo korohereza abaturage kubona serivisi z’imari kandi abizeza ko bazakora ubuvugizi kugira ngo serivisi zirimo n’ubwiteganyirize ku binyabiziga ntizibe ihanitse cyane.

Yababwiye ko uko abantu bagana ubwishingizi ari benshi ari ko n’igiciro cyabwo kigabanuka.

Dr Iyamuremye yaboneyeho no gusobanurira abaturage imikorere ya Sena n’iy’Umutwe w’Abadepite, ababwira ko bose bahuriye ku gukora ibyo abaturage babatumye, bagakora amategeko n’ibindi.

Yababwiye ko Sena ifite umwihariko wo kureba niba amahame remezo ya Repubulika y’u Rwanda akurikizwa.

Ngo ayo mahame yatangajwe bwa mbere na FPR-Inkotanyi ubwo yaganiraga n’ubutegetsi yakuyeho.

Yabubwiye ko ishaka ko Abanyarwanda babaho nta macakubiri, nta ngengabitekerezo ya Jenoside n’ibindi byose byabangamira umubano n’iterambere ry’Abanyarwanda.

Perezida wa Sena yavuze ko mu mategeko y’u Rwanda harimo ingingo ivuga ko Nta Munyarwanda wavuga ko yishe itegeko kuko atarizi.

Mu yandi magambo kutamenya amategeko ubwabyo ntibyemewe.

Mu gusoza umwiherero, Perezida wa Sena @Iyamuremye_A n’Abasenateri bose bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka @NyagatareDistr mu muganda rusange ahatemwe ibihuru. pic.twitter.com/MQoY00KI7u

— Senate of Rwanda (@SenateofRwanda) July 30, 2022

TAGGED:featuredIsraelIyamuremyeNyagatarePerezidaUmuganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Igikomangoma Charles Yakiriye Amafaranga Yo Mu Muryango Wa Osama Bin Laden-Raporo
Next Article GAERG Yatoye Komite Nyobozi Nshya, Jean Pierre Nkuranga Aba Perezida
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?