Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imbeba Zariye Urumogi Polisi Yari Bushyire Urukiko Mu Rubanza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Imbeba Zariye Urumogi Polisi Yari Bushyire Urukiko Mu Rubanza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 November 2022 2:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imbeba zaravugwaho kurya urumogi Polisi yo mu Buhinde mu Ntara ya Uttar Pradesh yari yararunze ahantu ngo izarujyane mu rukiko gushinja abantu yari imaze iminsi irufatanye.

Ubu Polisi iri mu kwibaza uko izabigenza kubera ko urukiko rutazaburanisha abantu nta bimenyetso rushingiraho.

N’ubwo mu bucamanza hakoreshwa n’ubundi buryo bubiri burimo ubushishozi bw’ubucamanza ndetse n’icyo amategeko ateganya, iyo ari ibyaha nshinjabyaha ibimenyetso bitanzwe n’ubugenzacyaha bigira agaciro kanini.

Mu rukiko umwe mu bunganira abaregwa yavuze ko iby’uko imbeba zariye ruriya rumogi ntawabyemeza cyane cyane ko nta kindi kibyemeza uretse ibyo Polisi ivuga.

Ibi kandi ntibigize impamvu ikomeye urukiko rwashingiraho ruha agaciro ibyo ubushinjacyaha butanga nk’ingingo zishinja abo burega

Inyandiko mvugo ikubiyemo uko iburanisha ryagenze, ivuga ko urukiko rwasabye ubushinjacyaha kuzana mu rukiko ibilo 370 by’urumogi buvuga ko bwafatanye bariya bajura, ariko bwo buvuga ko ibyo bilo biri mu bindi bilo bigera kuri 700 byangirijwe aho byari bihunitse hirya no hino mu Ntara ya Uttah Pradesh bikozwe n’imbeba.

Nyuma yo kumva ko imbeba zabaye ikibazo henshi muri za Stations zo muri iriya Ntara, urukiko rwategetse Polisi gushyiraho ingamba zifatika zo gukumira ko imbeba zikomeza kwangiza urumogi ruba rwafashwe mu rwego kwegeranya ibimenyetso bizashyikirizwa urukiko.

Mu gihe muri rusange imbeba ari zo zishinjwa kwangiza ibimenyetso byo kujyana mu rukiko, ku rundi ruhande hari abavuga ko imbeba zibeshyerwa ahubwo imivu y’imvura ari yo yarwangije.

Ikindi abantu bari kwibaza ni ingaruka zaba zageze ku mbeba zariye ibilo birenga 200 by’urumogi!

CNN yanditse ko mu mwaka wa 2016 hari abashakashatsi bo muri Kaminuza ya Colombia bavuze ko  iyo imbeba ziriya urumogi ruzica intege, ntizishobore kugenda cyangwa gukora.

Ibyo hari ababishingiraho bakavuga ko Polisi yo muri iriya Ntara yaba yarabeshyeye imbeba kandi ikabikorera imbere y’urukiko.

TAGGED:BuhindefeaturedImbebaKaminuzaUrumogi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Miss Umwiza Arashaka Kuba Umudepite
Next Article Perezida Kagame Avuga Ko Umunyarwanda Adahezwa Mu Iterambere Rimugenewe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?