Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: IMF Iri Hafi Kuguriza DRC Miliyari $1.5
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbukungu

IMF Iri Hafi Kuguriza DRC Miliyari $1.5

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 May 2024 2:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigega mpuzamahanga cy’imari gitangaza ko ibiganiro bigamije kuguriza Repubulika ya Demukarasi ya Congo biri mu nzira nziza.

Ni umwenda wa Miliyari $1.5 iki gihugu kivuga ko uzagifasha gukomeza gucukura neza amabuye y’agaciro.

Muri biganiro ariko, DRC isabwa kunoza imicungire yayo y’amafaranga no mu kureba niba ayo igurizwa ngo akoreshwe mu bucukuzi atangirikira mu bindi.

Iyo micungire idahwitse iri mu byatumye iki gihugu kimwa inguzanyo cyari cyaratse mu biganiro byatambutse.

Itangazo ry’ikigega, IMF, rivuga ko iyo urebye neza usanga kugeza ubu hari intambwe DRC yateye mu gucunga neza amafaranga ihabwa ndetse no mu gushyira mu bikorwa ibyo yemeye mu mikoreshereze yayo.

Igawa ariko ko ibigenda biguru ntege!

Amasezerano narangiza kwemezwa, bizatuma DRC ihabwa miliyoni $200 zigize igice kimwe muri ya mafaranga yose ayakubiyemo.

IMF ivuga ko kuba DRC ari igihugu cya mbere gucukura cobalt ikaba niya gatatu icukura copper(cuivre) biyigira umukandida mwiza ku mafaranga y’inguzanyo yo gukora ubucukuzi ‘bunoze’.

Mu minsi ishize yasinyanye n’Ikigo cyo mu Bushinwa gicukura amabuye y’agaciro kitwa Sinomines amasezerano y’imikoranire muri uru rwego.

Ni amasezerano avuguruye, IMF, ikavuga ko ibiyakubiyemo bigaragaza ubushake bwa Kinshasa mu gukora ubucukuzi butayihombya.

Aho agereye ku butegetsi, Perezida wa DRC Felix Tshisekedi yategetse ko amasezerano yari asanzwe hagati y’Ubushinwa na DRC mu by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro avugururwa kuko yaryamiraga igihugu cye.

Yari amasezerano yo mu mwaka wa 2008 yasinywe hagati ya Leta ya Kinshasa n’Ikigo cy’Abashinwa cya Sinohydro Corp and China Railway Group kizobereye mu gukora ibikorwa remezo.

IMF yabwiye DRC ko kimwe mubyo igomba gukora kugira ngo ihabwe inguzanyo ishaka ari uko igomba kwerekana ibikubiye mu masezerano yagiranye n’u Bushinwa.

Byaje kuba ngombwa ko ayo masezerano ajya ku mugaragaro, aza ahishura ko yose hamwe yari afite agaciro ka Miliyari $7.

Binagaragara ko Ubushinwa bwahendaga Kinshasa cyane cyane ku ibuye rya cuivre.

Ikindi ni uko atishyurwaga neza kuko raporo y’Umugenzizi w’imari ya DRC yarekanye ko muri Miliyari $ 3 zagombaga kwishyurwa, amafaranga angana na Miliyoni $822 ari yo yonyine yishyuwe.

Aho hari mu mwaka wa 2023.

Ibyo hamwe n’ibindi bikubiye muri iyo raporo biri mubyo imiryango mpuzamahanga n’ikigega mpuzamahanga cy’imari, IMF, bavuga ko bitari mu nyungu za DRC bityo ko idakwiye gukomeza kubihomberamo.

Harimo n’ingingo ‘idasanzwe’ ivuga ko ikigo cy’Ubushinwa kivugwa muri ayo masezerano cyemerewe gucukura kidatanga imisoro kuzageza mu mwaka wa 2040.

TAGGED:AmabuyeBushinwaDRCfeaturedIbikorwaremezoIkigegaIMF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuraperi Kivumbi Yatangiye Gukorana N’Abanya Nigeria 
Next Article Uruhare Rw’Abize Imyuga Mu Iterambere Ntirushidikanywaho- PM Ngirente
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?