Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: IMF Yishimira Uko Ubukungu Bw’U Rwanda Buri Kuzamuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

IMF Yishimira Uko Ubukungu Bw’U Rwanda Buri Kuzamuka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 November 2023 9:49 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itsinda ry’abakozi bo mu Kigega mpuzamahanga cy’imari bavuga ko ubukungu bw’u Rwanda buri kuzamuka neza kuko ubu buri ku kigero cya 6.3% mu gihembwe cya kabiri cy’umwaka wa 2023.

N’ubwo bimeze gutyo, kimwe mu bintu byakomye mu nkokora ubukungu bw’u Rwanda ni ukurumbya umusaruro w’ibihingwa ngangurarugo cyane cyane muri Gicurasi, 2023.

Ikigega mpuzamahanga cy’imari gishima ko n’ubwo ibintu byagenze gutyo, u Rwanda rwabyitwayemo neza.

Ruben Atoyan wayoboye ubutumwa bwa IMF ari mu bashima uko u Rwanda rwabyitwayemo.

Avuga ko n’ubwo rwahuye n’ibihe bikomeye,  politike yo guteze imbere ubukungu yashyizwe mu bikorwa kandi irabuzanzamura.

Abo muri IMF bavuga ko u Rwanda rufite gahunda igaragara yo guhangana n’ihindagurika ry’ibiciro ku masoko bikomeje kwiyongera.

Ibi biciro bituma hashyirwaho Politiki zo kubungabunga ubukungu n’iterambere rirambye bikajyanirana no kunoza politiki y’ifaranga.

Icyakora IMF isaba Guverinoma y’u Rwanda gukora amavugurura y’imisoro imbere mu gihugu bikazarufasha kugera ku ntego yo gukusanya amafaranga menshi igihugu cyinjiza aturutse mu misoro.

IMF yasabye kandi ko ishoramari rya Leta rirushaho kongera imikorere hagamijwe kongera ibikorwa bigeza serivisi ku baturage.

U Rwanda rusanganywe gahunda yo kubaka ubukungu buhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere kandi ngo bigaragara ko izatanga umusaruro nishyirwa mu bikorwa uko yateganyijwe.

Mu biganiro byahuje abari bahagarariye Guverinoma mu by’ubukungu n’abakozi ba IMF, hasinyiwe n’amasezerano y’inkunga iki kigo kizaha u Rwanda angana na Miliyoni $ 48.5 azashyirwa muri gahunda ya Resilience and Sustainability Facility n’andi angana miliyoni $ 87.5 nayo yo kuzamura ubukungu bwarwo.

TAGGED:featuredIkigegaImariMpuzamahangaUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: Igisasu Cyavuye Muri DRC Cyakomerekeje Undi Munyarwanda
Next Article Uko Umutekano Urinzwe Nibyo Abanyarwanda Bishimira Kurusha Izindi Serivisi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?