Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: IMF Yishimira Uko Ubukungu Bw’U Rwanda Buri Kuzamuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

IMF Yishimira Uko Ubukungu Bw’U Rwanda Buri Kuzamuka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 November 2023 9:49 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itsinda ry’abakozi bo mu Kigega mpuzamahanga cy’imari bavuga ko ubukungu bw’u Rwanda buri kuzamuka neza kuko ubu buri ku kigero cya 6.3% mu gihembwe cya kabiri cy’umwaka wa 2023.

N’ubwo bimeze gutyo, kimwe mu bintu byakomye mu nkokora ubukungu bw’u Rwanda ni ukurumbya umusaruro w’ibihingwa ngangurarugo cyane cyane muri Gicurasi, 2023.

Ikigega mpuzamahanga cy’imari gishima ko n’ubwo ibintu byagenze gutyo, u Rwanda rwabyitwayemo neza.

Ruben Atoyan wayoboye ubutumwa bwa IMF ari mu bashima uko u Rwanda rwabyitwayemo.

Avuga ko n’ubwo rwahuye n’ibihe bikomeye,  politike yo guteze imbere ubukungu yashyizwe mu bikorwa kandi irabuzanzamura.

Abo muri IMF bavuga ko u Rwanda rufite gahunda igaragara yo guhangana n’ihindagurika ry’ibiciro ku masoko bikomeje kwiyongera.

Ibi biciro bituma hashyirwaho Politiki zo kubungabunga ubukungu n’iterambere rirambye bikajyanirana no kunoza politiki y’ifaranga.

Icyakora IMF isaba Guverinoma y’u Rwanda gukora amavugurura y’imisoro imbere mu gihugu bikazarufasha kugera ku ntego yo gukusanya amafaranga menshi igihugu cyinjiza aturutse mu misoro.

IMF yasabye kandi ko ishoramari rya Leta rirushaho kongera imikorere hagamijwe kongera ibikorwa bigeza serivisi ku baturage.

U Rwanda rusanganywe gahunda yo kubaka ubukungu buhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere kandi ngo bigaragara ko izatanga umusaruro nishyirwa mu bikorwa uko yateganyijwe.

Mu biganiro byahuje abari bahagarariye Guverinoma mu by’ubukungu n’abakozi ba IMF, hasinyiwe n’amasezerano y’inkunga iki kigo kizaha u Rwanda angana na Miliyoni $ 48.5 azashyirwa muri gahunda ya Resilience and Sustainability Facility n’andi angana miliyoni $ 87.5 nayo yo kuzamura ubukungu bwarwo.

TAGGED:featuredIkigegaImariMpuzamahangaUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: Igisasu Cyavuye Muri DRC Cyakomerekeje Undi Munyarwanda
Next Article Uko Umutekano Urinzwe Nibyo Abanyarwanda Bishimira Kurusha Izindi Serivisi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?