Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imikino Y’Umupira W’Amaguru Mu Bwongereza Yahagaritswe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Imikino Y’Umupira W’Amaguru Mu Bwongereza Yahagaritswe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 September 2022 1:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inzego ziyobora umupira w’amaguru mu Bwongereza zatangaje ko amarushanwa ya Premier League na English Football League abaye ahagaze kubera ko igihugu cyose n’isi muri rusange bari mu cyunamo cy’urupfu rw’Umwamikazi w’u Bwongereza Elizabeth II waraye utanze.

Guverinoma y’u Bwongereza yavuze ko bibaye ngombwa ko ifata icyo cyemezo kitoroshye.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu kandi abayobozi b’amakipe yitabira ariya marushanwa bahuye bunamira umwamikazi Elisabeth II.

Umuyobozi wa Premier League witwa Richard Masters yavuze ko imikino yose yari iteganyijwe mu mpera z’iki Cyumweru harimo n’iyari buzakinwe ku wa Mbere Taliki 12, Nzeri, 2022 ibaye ihagaritswe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Itangazo

Abayobozi bavuga ko igihe igihugu kirimo bikomeye bityo ko imikino igomba kuba ihagaze kugeza igihe kizatangazwa nyuma.

The Mail yanditse ko kuba hari imikino isubitswe, bizagira ingaruka ku migendekere ya Shampiyona kuko nta byumweru biri hagati byazakoreshwa nk’inzibacyuho.

Elisabeth II yatanze( gutabaruka) afite imyaka 96 y’amavuko muri yo igera kuri 70 akaya yari ayimaze ku ngoma.

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame ari mu Bayobozi b’ibihugu byo ku isi bafashe mu mugongo ab’ibwami mu Bwongereza ndetse n’abagize Umuryango Commonwealth kubera urupfu rw’umwamikazi Elisabeth II.

Kuri uyu wa Kane abo mu ngoro y’Umwamikazi w’u Bwongereza bavugaga ko uyu mubyeyi ugeze mu zabukuru, ari mu bitaro kandi ko abaganga bahangayikiye ubuzima bwe.

- Advertisement -

Ku myaka 96 y’amavuko, niwe muntu wayoboye u Bwongereza igihe kirekire kugeza ubu.

TAGGED:BwongerezafeaturedImikino
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article 80.5% By’Abanyarwanda Batanga Mutuelle De Santé -RSSB
Next Article Israel Irashaka Kwirukana ‘Abakongomani’ Ku Butaka Bwayo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?