Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imishahara y’Abacamanza Yazamuwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Imishahara y’Abacamanza Yazamuwe

admin
Last updated: 23 January 2022 12:08 pm
admin
Share
SHARE

Imishahara y’abakozi b’Urwego rw’Ubucamanza yazamuwe, aho nk’umushahara mbumbe w’umucamanza mu Urukiko rw’Ikirenga wavuye kuri 2,441,159 Frw ku kwezi wabarwaga mu 2018, ugera kuri 2,685,339 Frw.

Ni imishahara igaragara mu Iteka rya Perezida Nº 001/01 ryo ku wa 20/01/2022 rigena imitunganyirize y’inzego z’imirimo z’Urwego rw’Ubucamanza, imishahara n’ibindi bigenerwa abacamanza n’abakozi b’inkiko.

Muri iri teka, umushahara fatizo w’umucamanza w’Urukiko rw’Ikirenga wavuye kuri 1,909,500 Frw ugera kuri 2,100,500 Frw.

Perezida w’Urukiko rw’Ubujurire na we ahabwa umushara umwe nk’uw’umucamanza mu Urukiko rw’Ikirenga.

Gusa nk’umwungirije, umushahara mbumbe we ku kwezi wavuye kuri 2,183,524 Frw ugera kuri 2,541,695 Frw.

Ni mu gihe umucamanza mu Urukiko rw’Ubujurire, umushahara mbumbe we ku kwezi wavanywe kuri 2,017,360 Frw ugera kuri 2,441,159 Frw.

Mu gihe mu nkiko zo hejuru imishahara yazamutse, iy’abacamanza b’Urukiko rukuru n’Urukiko rukuru rw’Ubucuruzi ntabwo yahindutse, yagumye ku 1,333,657 Frw ku kwezi.

Nyamara nk’umushahara wa Perezida w’Urukiko rukuru na Perezida w’Urukiko rukuru rw’Ubucuruzi wavuye kuri 2,017,360 Frw ku kwezi, ugera kuri 2,441,159 Frw, ungana n’uhabwa umucamanza mu Urukiko rw’Ubujurire.

Iyo umanutse gato ukagera mu nkiko zisumbuye n’Urukiko rw’Ubucuruzi, abacamanza baho bagumye ku mushahara mbumbe wa 786,131 Frw ku kwezi.

Ni kimwe na ba Perezida b’izo nkiko, nabo bagumye ku mushahara mbumbe wa 1,085,308 Frw ku kwezi.

Ni mu gihe abacamanza bo mu nkiko z’ibanze bavuye ku mushahara mbumbe wa 653,152 Frw, ubu bageze ku 746,459 Frw, hafi y’abacamanza mu nkiko zisumbuye.

Bigaragara ko umukozi uhembwa amafaranga make mu Urwego rw’Ubutabera ari Umwandiki w’Urukiko rw’ibanze, buri kwezi ugenerwa umushahara mbumbe wa 328,317 Frw, ari nawo wabarwaga mu 2018.

Muri iri teka kandi biteganywa ko abacamanza b’Urukiko rw’Ikirenga na Perezida w’Urukiko rw’Ubujurire, buri kwezi buri wese agenerwa ibindi bimufasha gutunganya umurimo.

Birimo 100.000 Frw y’itumanaho rya telefoni na interineti byo mu biro; 40.000 Frw y’itumanaho rya interineti igendanwa; 150.000 Frw y’itumanaho rya telefoni igendanwa; 300.000 Frw yo kwakira abashyitsi mu kazi anyuzwa kuri konti y’urwego bireba; koroherezwa ingendo hakurikijwe Amabwiriza ya Minisitiri ufite gutwara abantu n’ibintu mu nshingano na 500.000 Frw y’icumbi.

Hakiyongeraho n’amafaranga miliyoni 5 Frw yo kwigurira ibikoresho byo mu nzu, iyo atangiye imirimo. Aya mafaranga atangwa rimwe gusa kabone n’ubwo habaho guhindurirwa umwanya w’umurimo.

Buri mushahara mbumbe ugenerwa aba bacamanza wiyongeraho 10% byawo nyuma ya buri myaka itatu.

TAGGED:AbacamanzafeaturedUrukiko rw'Ikirenga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwahoze Ari Umusirikare Yafatanywe Urumogi
Next Article Guverineri wa Banki Nkuru ya Uganda Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?