Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imishahara y’Abarimu Muri RDC Yibwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Imishahara y’Abarimu Muri RDC Yibwe

Last updated: 03 January 2022 5:47 pm
Share
SHARE

Abarimu bo mu gace ka Kamituga muri teritwari ya Mwenga mu Ntara ya Kivu y’Epfo bakomeje imyigaragambyo, basaba inzego z’ubuyobozi kubafasha kubona imishahara yabo yibiwe mu rugo rw’abapadiri.

Ni ibibazo byatangiye ubwo mu ijoro ryo ku wa 31 Ukuboza, amabandi yitwaje intwaro yateye urugo rw’abapadiri maze asahura amafaranga yagombaga guhembwa abarimu angana na miliyoni 300 z’amafaranga ya Congo, ni ukuvuga nibura $150 000.

Ni amafaranga yagombaga guhembwa abarimu bo muri ako gace mu bihe by’iminsi mikuru.

Padiri Alphonse Makunzu usanzwe ari n’mucungamutungo wa paruwasi yaje kuraswa n’aba bajura ndetse bamukomeretsa bakoresheje umuhoro.

Ubu arimo kwitabwaho mu bitaro mu Mujyi wa Bukavu aho yaje koherezwa ngo ahabwe ubuvuzi bukwiye, nk’uko Radio Okapi yabitangaje.

Aba barimu basaba ko ubuyobozi bwabafasha amafaranga yibwe akagaruzwa, bakabasha kwizihiza iminsi mikuru hamwe n’imiryango yabo.

Umuvugizi w’ihuriro ry’abarimu muri Kivu y’Amajyepfo, yatangaje ko “iri huriro ryababajwe cyane n’ubujura bwateguwe bwarigishije imishahara y’abarimu mu mujyi wa Kamituga no mu nkengero zayo ku wa 31 Ukuboza.”

Yasabye ingabo na Polisi bya RDC kugira icyo bikora, kubera ko ubu bujura bumaze kuba inshuro nyinshi.

TAGGED:AbarimufeaturedImishaharaRDC
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Ndayishimiye Yasabiye u Rwanda Umugisha
Next Article Vital Kamerhe Wari Uherutse Gufungurwa ‘Yavuye’ Mu Gihugu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

Guverinoma Ya DRC Irashaka Kwisubiza Uvira Mu Buryo Bwuzuye

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasenateri Barashaka Kumenya Uko Ubworozi Bw’u Rwanda Bubungabunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoUbubanyi n'Amahanga

Kagame yashimye ‘Senegal’ Yatwaye AFCON

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?