Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imishinga Ikomeye U Rwanda Ruzishimira Mu Mwaka Wa 2024
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Imishinga Ikomeye U Rwanda Ruzishimira Mu Mwaka Wa 2024

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 October 2023 1:29 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Zaria Court
SHARE

Si amatora gusa Abanyarwanda biteze mu mwaka wa 2024 ahubwo hari n’iyuzura cyangwa iyubakwa ry’ibikorwaremezo bitandukanye bifite agaciro k’ama miliyari $ menshi.

Ni ibikorwaremezo byinshi birimo inyubako z’ubucuruzi, iz’imyidagaduro n’ibindi.

Mu myaka irindwi ishize hari byinshi Abanyarwanda bagezeho birimo inyubako zikomeye nka BK Arena n’ibindi.

Ku rundi ruhande hari byinshi abantu bagomba kwitega mu yindi manda iri imbere.

Stade Amahoro Ivuguruye

Stade Amahoro ivuguruye

Biteganyijwe ko stade amahoro izaba yuzuye mu mpera za Mata, 2024. Ni igikorwaremezo gifite agaciro ka miliyoni $170 .

Niyuzura izaba ifite ubushobozi bwo kwakira abafana 45,000 mu gihe yari isanzwe yakira abantu 25,000 bicaye neza.

Abayubaka bafite gahunda yo kuyiha ahantu ho gufatira amafunguro, aho abanyacyubahiro bazaganirira, ikibuga kikazaba gifite ubwatsi buteye neza kandi butangiza ibidukikije kuko bizaba atari plastique.

Inzovu Mall

Ni inzu y’ubucuruzi iteganyijwe kubakwa yitegeye Ingoro y’Inteko ishinga amategeko

Iyi ni inzu y’ubucuruzi iteganyijwe kubakwa yitegeye Ingoro y’Inteko ishinga amategeko, hino gato ya Kigali Convention Center.

Ikigo cy’Abafaransa cyazobereye mu bwubatsi kitwa Groupe Duval nicyo kizayubaka gifatanyije na kimwe mu bigo by’ubwubatsi mu Rwanda.

Biteganyijwe ko izuzuzura muri Nzeri, 2025, ikazatwara miliyoni $68.

Izaba irimo hoteli ifite inyenyeri enye, ibiro abantu bakoreramo akazi gatandukanye, isoko rya kijyambere, aho bafatira amafunguro, ibyuma by’inama  n’ibindi.

Zaria Court

Iyi nyubako nayo izaba ari gaheza. Ibuye ry’ifatizo ryo kuyubaka riherutse gushyirwaho na Perezida Paul Kagame ari kumwe na Masai Ujiri nyirayo. Izaba ari nziza ku miturire itangiza ibidukikije kandi irimo ibyo umuntu yakenera byose ahantu hatangirwa serivisi.

Mu mwaka wa 2025 nibwo izatahwa.

Muri yo hazaba harimo isoko rya kijyambere rifite ibyuma 80, aho abantu bakorera akazi gakomeye, studio zitandukanye, ahakinirwa imikino itandukanye, ahakorerwa iserukiramuco n’ibindi.

IRCAD Africa:  Ahantu ho kwita ku buzima bw’Abanyarwanda

IRCAD Africa

Taliki 07, Ukwakira, 2023 bitaganyijwe ko mu Rwanda hazatahwa ikigo gihugura abaganga mu kuvura cancer zifata urwungano ngogozi.

Ni ubuguzi bukoresha kubaga mu nda ariko badasatuye cyane igice kiri kubagwa bityo bikazafasha umurwayi gukira vuba.

Kizaba ihuriro ry’abahanga mu kubaga no kuvura indwara zo mu nda bo hirya no hino muri Afurika.

Kigali Innovation City

Kigali Innovation City

Ku ngengo y’imari ya miliyari $2, ikigo Kigali Innovation City kizaba ari ihuriro ry’abahanga mu by’ikoranabuhanga muri Afurika.

Abahanga bazagikoreramo imishinga ihambaye mu ikoranabuhanga, ibigo byaryo bikomeye bihashake ibiro ndetse n’abahanga muri za Kaminuza bahakorere ubushakashatsi.

Kigali Innovation City izaba yubatswe kuri hegitari 69.

Ni ahantu hazafasha mu guteza imbere imishinga y’ikoranabuhanga no guhanga udushya bikozwe n’Abanyarwanda cyangwa abandi Banyafurika.

Ngiyo imwe mu mishanga ikomeye izazamurwa cyangwa igatahwa mu Murwa mukuru w’u Rwanda, Kigali.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedIbikorwaremezoImishingaInzuKigali
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibitaro Bya Butaro Byongererewe Ubushobozi
Next Article Uko Umutekano Mu Rwanda Wifashe Hagati Ya Mutarama Na Kamena
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

DRC: Bashyinguye Bundi Bushya Nyuma Y’Uko Imyuzure Ishenye Irimbi

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Abanyarwanda Icyo Bakwiyemeza Nticyabananira- Maj Gen (Rtd) Jack Nziza

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye Na Touadéra Uko RDF Yakomeza Imikoranire N’Ingabo Ze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Wa Centrafrique Ari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umuyobozi Wa Imbuto Foundation Hari Icyo Asaba Abato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?