Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imiterere y’Inzira Zigiye Gukoreshwa Muri Tour du Rwanda 2022
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Imiterere y’Inzira Zigiye Gukoreshwa Muri Tour du Rwanda 2022

admin
Last updated: 20 February 2022 10:26 am
admin
Share
SHARE

Tour du Rwanda igiye kuba ku shuro ya 14, mu irushanwa ritangira kuri iki Cyumweru rihereye ku gusiganwa mu mihanda y’Umujyi wa Kigali, rikazasozwa ku wa 27 Gashyatare 2022.

Ni irushanwa byitezwe ko rizarebwa n’Abanyarwanda bagera muri miliyoni 2, nyuma y’uko abafana bemerewe guhagarara ku mihanda bakareba iri rushawa, nubwo ari mu bihe by’icyorezo cya COVID-19.

Kuri iki Cyumweru, iri rushanwa rirafungurwa mu rugendo rutangirira kuri Kigali Arena akaba ari naho rusorezwa, mu ntera ya 4.0km.

Ni ryo rushanwa rifatwa nk’iriruta andi muri Afurika, byitezwe ko ryitabirwa n’abakinnyi 95 bo mu makipe 19 yo mu bihugu bitandukanye. Abakinnyi bazarushanwa mu duce umunani tuzazengurukamu gihugu, mu ntera ya kilometero 937.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ni irushanwa rizagena uzasimbura umunya-Espagne Cristian Rodriguez wo mu ikipe TotalEnergies mu kwambara umwenda w’umuhondo w’irushanwa yegukanye mu mwaka ushize.

Ntabwo muri uyu mwaka yitabiriye Tour du Rwanda, ku buryo ikipe ye izaba icungira cyane kuri Alexandre Geniez w’imyaka 33.

Uyu mugabo wanitabiriye amarushanwa akomeye mu Bufaransa, Espagne n’u Butaliyani, muri Tour du Rwanda 2021 yasoje ku mwanya wa 38, ariko yagize uruharerukomeye mu ntsinzi ya Cristian Rodriguez.

Muri iri rushanwa harimo abandi bakinyi baryegukanye mu bihe byashize barimo Samuel Mugisha n’Umunya Érythrée Natnael Tesfasion.

Harimo n’abantu umunani begukanye nibura agace kamwe muri Tour du Rwanda barimo Umufaransa Pierre Rolland, umunya Colombia Jhonatan Restrepo n’umunya Algeria Azzedine Lagab.

- Advertisement -

U Rwanda ruhagarariwe n’amakipe abiri, ikipe y’igihugu na Benediction Ignite.

Umunyarwanda aheruka kwegukana iri ruhanwa mu 2018 ubwo Samuel Mugisha yasigaga abo bari bahanganye.

Inzira zizakoreshwa

  • 20/02/2022 : Agace ka mbere : Kigali Arena – Kigali Arena (4.0km)
  • 21/02/2022 : Agace ka kabiri: Kigali – Rwamagana (148.3km)
  • 22/02/2022: Agace ka gatatu: Kigali (MIC) – Rubavu (155.9km)
  • 23/02/2022: Agace ka kane: Kigali (Kimironko) – Gicumbi (124.3km)
  • 24/02/2022: Agace ka gatanu: Muhanga – Musanze (124.7km)
  • 25/02/2022: Agace ka Gatandatu: Musanze – Kigali (152.0km)
  • 26/02/2022 : Agace ka karindwi : Kigali – Kigali (152.6km)
  • 27/02/2022 : Agace ka munani : Kigali – Kigali (75.3km). Ni wo munsi wa nyuma w’irushanwa, rikazatangiriza kuri Canal Olympia ari naho rizasorezwa.
TAGGED:AmagarefeaturedTour du Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imyanzuro 8: Afurika N’u Burayi Byanzuye Ko Bigomba Kubana Mu Bwubahane
Next Article Polisi Yafashe Abakekwaho Gupfumura Inzu z’Abaturage Bakabiba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?