Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imiyoborere Mibi Imunga Ubuzima Bw’Igihugu Uko Bwakabaye-Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Imiyoborere Mibi Imunga Ubuzima Bw’Igihugu Uko Bwakabaye-Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 February 2022 6:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame yabwiye bagenzi be bitabiriye Inama ihuza Afurika n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ko imiyoborere mibi ari imungu ituma igihugu kizahara mu ngeri zose.

Yabivugiye mu Nanama iri kubera iri kubera ku cyicaro gikuru cy’uyu Muryango kiri i Brussels mu Bubiligi.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yavuze ko umubano w’ibihugu by’Afurika n’ibigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ugomba gushingira ku bwubahane n’inyungu zisangiwe.

Ati: “ Niba ducyeneranye, ni ngombwa ko tuba magirirane. Uburayi buraducyeneye natwe turabucyeneye. Ibi bivuze ko tugomba gukorera hamwe mu nyungu dusangiye.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Perezida Kagame avuga ko imiyoborere mibi ari imungu

Ku byerecyeye ikibazo cy’umutekano mucye umaze igihe muri bimwe mu bihugu by’Afurika kandi byaroherejwemo ingabo z’ibindi by’i Burayi byitwa ko bikomeye mu gisirikare, Perezida Kagame yavuze ko kubaka umutekano urambye bidakorwa n’ingabo zikwije mu bikoresho bihambaye, ahubwo ngo uwo mutekano ushoboka ari uko hari imiyoborere myiza.

Kuri we, iyo imiyoborere idahwitse, bigira ingaruka ku buzima bwose bw’igihugu, abaturage bagakubitika, ibintu bikadogera.

Perezida Kagame yemera ko ingengo y’imari ihagije iba icyenewe kugira ngo imigambi yafashwe mu kugarura umutekano igerweho, ariko nanone ngo ubufatanye ni ngombwa.

Yibukije abari bamuteze amatwi ko burya buri ntambara cyangwa umwiryane mu baturage ugira impamvu zayo bityo ko no guhosha iki kibazo biba bigomba kugira uko bikorwa bitandukanye n’uko byakorwa ku kindi kibazo kihariye.

Icyakora Perezida Kagame avuga ko bidakwiye ko abantu barebera aho abandi bari kugirirwa nabi ngo bicecekere.

- Advertisement -

Ngo abaturanyi baba bagomba gutabarana. 

Iyi ni inama ihuza Abakuru b’Ibihugu by’Afurika n’Umuryango w’ubumwe bw’u Burayi

TAGGED:BurayifeaturedKagamePerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article BNR Yafashe Icyemezo Kigamije Guhagarika Itumbagira Ry’Ibiciro Ku Isoko
Next Article Yiyise Umupolisi Yambura Abaturage Abizeza Kubaha Perimi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?