Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imiyoborere Mibi Imunga Ubuzima Bw’Igihugu Uko Bwakabaye-Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Imiyoborere Mibi Imunga Ubuzima Bw’Igihugu Uko Bwakabaye-Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 February 2022 6:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame yabwiye bagenzi be bitabiriye Inama ihuza Afurika n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ko imiyoborere mibi ari imungu ituma igihugu kizahara mu ngeri zose.

Yabivugiye mu Nanama iri kubera iri kubera ku cyicaro gikuru cy’uyu Muryango kiri i Brussels mu Bubiligi.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yavuze ko umubano w’ibihugu by’Afurika n’ibigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ugomba gushingira ku bwubahane n’inyungu zisangiwe.

Ati: “ Niba ducyeneranye, ni ngombwa ko tuba magirirane. Uburayi buraducyeneye natwe turabucyeneye. Ibi bivuze ko tugomba gukorera hamwe mu nyungu dusangiye.”

Perezida Kagame avuga ko imiyoborere mibi ari imungu

Ku byerecyeye ikibazo cy’umutekano mucye umaze igihe muri bimwe mu bihugu by’Afurika kandi byaroherejwemo ingabo z’ibindi by’i Burayi byitwa ko bikomeye mu gisirikare, Perezida Kagame yavuze ko kubaka umutekano urambye bidakorwa n’ingabo zikwije mu bikoresho bihambaye, ahubwo ngo uwo mutekano ushoboka ari uko hari imiyoborere myiza.

Kuri we, iyo imiyoborere idahwitse, bigira ingaruka ku buzima bwose bw’igihugu, abaturage bagakubitika, ibintu bikadogera.

Perezida Kagame yemera ko ingengo y’imari ihagije iba icyenewe kugira ngo imigambi yafashwe mu kugarura umutekano igerweho, ariko nanone ngo ubufatanye ni ngombwa.

Yibukije abari bamuteze amatwi ko burya buri ntambara cyangwa umwiryane mu baturage ugira impamvu zayo bityo ko no guhosha iki kibazo biba bigomba kugira uko bikorwa bitandukanye n’uko byakorwa ku kindi kibazo kihariye.

Icyakora Perezida Kagame avuga ko bidakwiye ko abantu barebera aho abandi bari kugirirwa nabi ngo bicecekere.

Ngo abaturanyi baba bagomba gutabarana. 

Iyi ni inama ihuza Abakuru b’Ibihugu by’Afurika n’Umuryango w’ubumwe bw’u Burayi

TAGGED:BurayifeaturedKagamePerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article BNR Yafashe Icyemezo Kigamije Guhagarika Itumbagira Ry’Ibiciro Ku Isoko
Next Article Yiyise Umupolisi Yambura Abaturage Abizeza Kubaha Perimi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?