Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imodoka Ya Kaminuza Y’u Rwanda Yishe Abantu Batatu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Imodoka Ya Kaminuza Y’u Rwanda Yishe Abantu Batatu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 November 2023 6:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imodoka yavaga ku ishami rya Kaminuza y’u Rwanda rya Busogo yakoreye impanuka mu Karere ka Gakenke ihitana abantu batatu harimo n’umushoferi.

Iyi mpanuka  yabaye kuri uyu wa 26, Ugushyingo, 2023 ahagana saa cyenda (15h00) z’amanywa.

Yataye  umuhanda igonga umunyamaguru utaramenyekana ahita apfa, irakomeza ihitana Muhire Jean Marie w’imyaka 20 wari utwaye umugenzi ku igare witwa Nshimiyimana Pascal bombi barapfa.

Ntiyahagaze ahubwo yatoromye igwa mu mugezi wa Base nko muri metero 30. Umushoferi wari utwaye imodoka witwa Bimenyimana na we yahise apfa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abandi bari mu modoka ni Habumuremyi Jean Baptiste, Bibarimana Chrisologue, Nsabimana Félicien n’undi utaramenyekana umwirondoro.

Abo  bakomeretse.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, SP(Superintendent) Mwiseneza Jean Bosco yabwiye itangazamakuru  ko abakomeretse bajyanywe ku bitaro bya Nemba mu gihe iperereza riri gukorwa ngo hamenyekane mu by’ukuri icyateye iyo mpanuka.

SP Mwiseneza ati: “Nibyo impanuka yabaye abantu batatu bahasiga ubuzima, ndetse abandi batanu bakorakomereka.”

Yasabye abashoferi kwitwararika kubera ko imvura nyinshi iri kugwa muri iki gihe yatumye hari imihanda inyerera bityo kuyicamo bigasaba kwigengesera.

- Advertisement -

Yasabye abashoferi na ba nyiri imodoka kuzikorera ubugenzuzi bakareba ko nta kibazo zifite mbere yo kuzijyana mu ngendo.

Imirambo y’abaguye mu mpanuka yajyanywe mu bitaro bya Nemba.

Mu mpera za Nyakanga 2023, Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko hakenewe miliyari Frw 102 yo gukemura ibibazo biteza impanuka mu muhanda birimo gusimbuza ibyapa bishaje, ibyuma bishyirwa ku mihanda ngo bitangire imodoka igihe habaye impanuka n’ibindi.

Iyi modoka yahitanye abantu batatu( [email protected]).

Mu mezi atandatu yari ashize, Polisi yatangaje ko impanuka zo mu muhanda zahitanye abagera kuri 385, zikomeretsa mu buryo bukabije abandi 340, mu gihe abakomeretse mu buryo bworoheje ari 4,132, hangirika ibikorwa remezo 1728.

TAGGED:GakenkeGuverinomaimodokaImpanukaPolisiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikirego Cyo Kweguza Apôtre Dr Paul Gitwaza Cyateshejwe Agaciro
Next Article Imbwirwaruhame Ya Mbere Kirr Yagejeje Kuri EAC Yatumye Bamwibazaho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?