Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imodoka Zikoresha Amashanyarazi Mu Rwanda Zashyiriweho Ahandi Ho Kuyavoma
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Imodoka Zikoresha Amashanyarazi Mu Rwanda Zashyiriweho Ahandi Ho Kuyavoma

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 March 2021 5:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri Kigali Convention Center haraye hamuritswe ahantu imodoka zikoresha amashanyarazi zizajya ziyavoma(ibyo bita gucaginga). Habaye ahantu ha kabiri zizajya zivoma amashanyarazi nyuma y’ahagenewe inganda hitwa  Kigali Special Economic Zone.

Muri iki gihe ikoranabuhanga rifasha imodoka kudakoresha ibikomoka kuri petelori rigezweho hirya no hino ku isi kandi abarengera ibidukikije bararishyigikiye.

Bavuga ko ibyuka bihumanya ikirere bigatuma gishyuha akenshi biva mu byo imodoka zisohora cyangwa ibisohorwa n’inganda.

Muri 2015 i Paris mu Bufaransa hateranye inama ya za Guverinoma hafi ya zose z’isi zemeza ko ibihugu bikize bigomba kugabanya kohereza mu kirere ibyuka bigihumanya biganjemo icyita Monoxyide de carbone(CO2).

Ariya masezerano avuga ko abantu batubahirije inama bahabwa n’abahanga mu by’ikirere, ahubwo bagakomeza kohereza ibyuka mu kirere baba bari gutema ishami ry’igiti bicariye.

Izi modoka zizafasha mu kubungabunga ibidukikije

Ibi bivuze ko bazahura n’ibibazo biterwa n’ihindagurika ry’ibihe, imyuzure, inkangu, inkubi, inkongi n’ibindi bikabibasira.

Mu rwego rwo kubahiriza ibyo rwiyemeje, u Rwanda rwasanze ari ngombwa kongera gutera amashyamba ku buso bungana na 30% byu’ubutaka bwarwo bwose, rugakora n’ibindi birimo gushaka uko rwakoresha imodoka zidashaje hamwe n’izikoresha amashanyarazi.

Mu rwego rwo  gukoresha imodoka zitakoresha ibikomoka kuri petelori, uruganda ruteranyiriza imodoka mu Rwanda rwitwa Volkswagen rwasohoye imodoka zikoresha amashanyarazi ziswe e-Golf.

Umuyobozi w’ikigo Volkswagen Mobility Solutions Rwanda Bwana Serge Kamuhinda yabwiye The New Times ko gushyiraho ahantu henshi ho kuvomera amashanyarazi yo gukoresha ari ingenzi muri gahunda yo kugabanya ibyuka bihumanya ikirere.

Yabwiye The New Times ati: “Ikintu cy’ingenzi dushaka ni uko tugendera muri gahunda imwe na Leta yo kugabanya ibyuka bihumanya ikirere bisohorwa n’imodoka. Kuba twahisemo gushyira iri vomo hano ni uko ari ahantu heza ku basura u Rwanda bagacumbika muri iyi nyubako kubona uko bakoresha imodoka zifashisha amashanyarazi mu kazi kabo.”

Zizafasha mu kugabanya ibyuka bihumanya ikirere

Avuga ko hari ahandi hantu bari guteganya kuzashyira ariya mavomo kugira ngo haboneke ari henshi kuko hari gahunda y’uko imodoka zikoresha amashanyarazi ziziyongera.

Kugeza ubu mu Rwanda hari imodoka 20 zo muri buriya bwoko.

Zatangiye kugera ku isoko ryo mu Rwanda muri 2019

Ubwo hatahagwa ariya mavomo mashya y’amashanyarazi, Minisitiri ushinzwe kurengera ibidukikije, Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya yashimye kiriya gikorwa avuga ko kije gufasha Leta muri gahunda zayo zo kugera ku ntego yihaye yo gufatanya n’amahanga kugabanya ibyuka bihumanya ikirere.

Ubwo hamurikwaga biriya bikorwa remezo kandi, banamuritswe ubwoko bushya bw’imodoka za Volkswagen  zitwa ‘ Polo  Sedan’.

Imodoka yo mu bwoko bwa Polo Sedan
TAGGED:AmashanyaraziConventionfeaturedIbidukikijeKamuhindaKigaliMinisitiriMujawamariyaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri w’Intebe Ngirente Yitabiriye Irahira Rya Perezida Touadéra Wa Centrafrique
Next Article Kunganya Kw’Amavubi Na Cameroun Byayakozeho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?