Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imodoka Zisohora Ibyotsi Zigiye Guhagurukirwa- Polisi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Imodoka Zisohora Ibyotsi Zigiye Guhagurukirwa- Polisi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 April 2024 12:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SP Emmanuel Kayigi, Umuvugizi w'ishami rya Polisi rishinzwe umutekano mu muhanda
SHARE

Umuvugizi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano mu muhanda Superintendent of Police(SP) Emmanuel Kayigi avuga ko mu gihe kiri imbere Polisi igiye gutangira guhana abantu bafite ibinyabiziga bisohora ibyotsi byangiza ikirere.

Ibyotsi biva mu modoka biri mu byo abahanga mu butabire bemeza ko bigira ingaruka mu gushyuha kw’ikirere kuko bihindura imikorere myiza yacyo bikacyuzuzamo umwuka mubi wa carbon dioxide.

SP Kayigi mu kiganiro yahaye RBA kuri uyu wa Gatanu yabaye nk’uburira abafite biriya binyabiziga kugana aho bisuzumirwa bigakorerwa isuku, moteri ikavanwamo ibituma ishohora ibyo byuka.

Polisi  isaba abafite ibinyabiziga kujya babisuzumisha kenshi kugira ngo moteri zabyo zihore zisukuye bityo ntizanduze umuhanda.

Hagati aho kandi Polisi yunze mu ry’Umujyi wa Kigali ivuga ko imodoka zitunda ibitaka cyangwa izindi zavuye ahantu hatari kaburimbo, zitagomba kujya muri kaburimbo z’i Kigali zuzuye ibyondo ku mapine.

Ati: “ Ibyondo biragenda bigafata ukujya ugenda muri kaburimbo usa nk’aho uri kugenda mu muhanda w’igitaka”.

Anenga abavuga ko bagomba kwanduza umuhanda kuko ufite abashinzwe kuwusukura.

Kayigi avuga ko niba u Rwanda rushimirwa ko abarutuye batajugunya imyanda aho babonye, rwagombye no guharanira ko imihanda yarwo ihora icyeye, nta bitaka biri muri kaburimbo.

TAGGED:featuredIbyotsiIsukuKayigiPolisiUmuhanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Noteri W’Umurenge Wa Remera Yishwe
Next Article Umusoro Ku Mabuye Y’Agaciro Urasabirwa Kugabanywa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?