Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Impaka Zishyushye Hagati Ya Tshisekedi Na Macron
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Impaka Zishyushye Hagati Ya Tshisekedi Na Macron

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 March 2023 4:22 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikiganiro Perezida w’u Bufaransa yahaye itangazamakuru afatanyije na mugenzi we wa DRC kiri  mu biganiro bishyushye byahawe itangazamakuru mu bihe bya vuba aha bitanzwe n’Abakuru b’ibihugu.

Emmanuel Macron ari muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu ruzinduko rw’akazi.

Uretse ingingo zirebana n’umubano usanzwe hagati ya DRC  n’u Bufaransa, baganiriye no ku byerekeye ubwisanzure bw’itangazamakuru aho Tshisekedi yanenze ko iyo hari ibitagenda neza muri Afurika bivugwaho cyane i Burayi ariko hagira ikigenda neza iwabo ntabakivuge.

Marcon yasubije ko ibyo atari byo kuko ngo n’iwabo iyo habaye ikibazo, itangazamakuru ribivugaho ndetse ngo no mu gihe bitagendaga neza ku butegetsi bwa Jacques Chirac, itangazamakuru ryarahagarutse rirabyamagana.

Ati: “ Ntabwo tugira indimi ebyiri, ahubwo iyo hari ibitagenda neza iwacu biramaganwa nk’uko bigenda iwanyu, itangazamakuru ryacu ririgenga, kandi nibyo demukarasi ishingiyeho.”

Abajijwe impamvu atajya akoresha ijambo ‘aggression’ ku Rwanda muri DRC, Macron yavuze ko akoresha iryo jambo ku mitwe y’inyeshyamba.

Avuga ko yamagana kandi atemera ibyo M23 ikora kandi ngo n’inama izaba kuwa Kabiri azakora k’uburyo nta ntambara yavuka muri iki gice.

Yeruye ko umuyobozi utazakurikiza ibyo bazemeranyaho mu nama izabera i Luanda mu Cyumweru kiri  imbere, azafatirwa ibihano.

Macron yavuze ko adashaka ko Akarere k’Afurika y’i Burasirazuba kazadukamo intambara yeruye, bityo ko ari ngombwa ko amahoro aganirwaho agashyirirwaho umurongo utuma agaruka kandi akaramba.

Tshisekedi yabwiye mugenzi we uyobora u Bufaransa ko u Burayi n’Amerika bagomba kumenya ko Afurika itakiri insina ngufi, ahubwo ko umuntu wese ushaka gukorana nayo agomba kuyubaha.

Ngo kubaha Afurika nibwo buryo bwiza buzatuma ikorana n’abifuza imikoranire nayo.

TAGGED:BufaransafeaturedImpakaM23MacronRwandaTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyamuryango Ba GAERG Baganiriye Ku Ruhare Rwabo Mu Mibanire Myiza
Next Article Umujyanama Mukuru Wa Museveni Wavukiye Mu Rwanda Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?