Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Impaka Z’Umuhanga Kuri Jenoside Yo Muri 1994 N’Uwari Uyoboye Turquoise I Cyangugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Impaka Z’Umuhanga Kuri Jenoside Yo Muri 1994 N’Uwari Uyoboye Turquoise I Cyangugu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 February 2021 7:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Izi mpaka ziraca kuri RFI kikaza kwibanda ku biherutse gutangazwa Médiapart yavuze ibyo yabwiwe n’umuhanga mu mateka witwa François Graner werekanye inyandiko( Télégramme diplomatique) yerekanaga ibiganiro Perezidance y’u Bufaransa yagiranaga n’iy’u Rwanda kugira ngo ingabo z’u Bufaransa zirohereze Interahamwe guhungira muri Zaïre.

Interahamwe  wari umutwe witwara gisirikare ‘wari ugizwe n’Abahutu b’Intagondwa’ bishe Abatutsi muri Jenoside yatangiye muri Mata igahagarikwa n’Inkotanyi muri Nyakanga, 1994.

Inyandiko François Graner yatangarije Médiapart yerekana ko Perezidanse y’u Bufaransa ibinyujije muri Minisiteri yayo y’ububanyi n’amahanga, yategetse ingabo zari zigize umutwe waje mu Rwanda gukora icyo bise Opération Turquoise gukora uko zishoboye zigashakira inzira Interahamwe n’Inzirabwoba( ni ko Ingabo z’u Rwanda zitwaga muri kiriya gihe) kugira ngo bahungire muri Zaïre.

Ikiganiro mpaka kiri buce kuri RFI kirahuza  François Graner na Le colonel Jacques Hogard wari ushinzwe ibikorwa bya Opération Turquoise mu Gice cy’epfo.

Icyo gihe hari muri Nyakanga, 1994.

Umwanditse mukuru wa RFI, Bwana  Christopher Boisbouvier avuga ko nyuma y’imyaka 27 Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, uruhare rw’ubutegetsi bw’u Bufaransa mu ikorwa ryayo rugenda rugaragara gahoro gahoro.

Impaka za bariya bagabo bombi ziraba zigamije kwibaza impamvu Leta y’u Bufaransa yemeye gushakira abakoze Jenoside inzira y’ubuhungiro, niba itari ibashyigikiye.

François Graner ni umushakashatsi mu mateka akaba n’umwe mu bagize Umuryango witwa Survie.We na mugenzi we Raphaël Doridant baherutse gusohora igitabo bise «L’État français et le génocide des Tutsis» (Agone, 2020).

Ubwanditsi bukuru bwa RFI ntibwatangaje igihe kiriya kiganiro kiri bubere.

Abashakashatsi bemeza ko inyandiko zishinja u Bufaransa gushyigikira abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi
Jacques Hogard akiri Lt Col ayoboye Turquoise
TAGGED:BufaransafeaturedFrancoisHogardJenoside
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Buhari Yategetse Ingabo Kwambarira Urugamba
Next Article Icyamamare Kelly Clarkson Na Madamu Biden Imbere Y’Abafana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?