Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Impamvu U Rwanda Rushora Imari Mu Kurengera Ibidukikije
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Impamvu U Rwanda Rushora Imari Mu Kurengera Ibidukikije

Last updated: 03 March 2021 6:13 am
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima kubera ko rwasobanukiwe inyungu rushobora kuvana muri uruo rwego, ashingiye ku mateka y’iki gihugu.

Mu kiganiro yagiranye na Evgeny Lebedev washinze ikinyamakuru The Independent cyo mu Bwongereza, ku wa 27 Gashyantare, Perezida Kagame yagaragaje uburyo mu gihe kirekire Abanyarwanda barengera ibidukikije, kuko babonye ingaruka zo kutabirengera.

Yatanze urugero rw’aho bari bicaye, ibiti bike bihakikije atari ibyahatewe ahubwo hubatswe ari mu ishyamba.

Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yakorwaga mu mwaka wa 1994, ibidukikije byangijwe kurushaho, abantu batema ishyamba bashaka inkwi zo gucana cyangwa ibiti byo kubakisha inzu zo kubamo.

Yakomeje ati “Twahise tubona ingaruka zabyo maze dutangira ubukangurambaga bwo gusana amashyamba.”

Muri urwo rwego hanongerewe imbaraga mu kurengera pariki z’igihugu.

Zirimo iy’ibirunga ibamo ingagi zitaba ahandi, zigira uruhare mu kwinjiriza igihugu amadovize akenewe mu iterambere ry’ubukungu bwacyo.

Kugeza ubu buri muntu usuye ingagi ari Umunyamahanga yishyura $1.500 mu gihe Umunyarwanda ari $500.

Perezida Kagame yakomeje ati “Mu kubungabunga ibidukikije, mu by’ukuri ushobora kubona inyungu mu bukungu zingana cyangwa ziruta izo twahoze tubona.”

Urwego rw’ubukerarugendo ni rumwe mu zindi nzego ziri kugira uruhare mu kuzamura ubukungu bw’u Rwanda muri ibi bihe bya COVID-19.

Hashize igihe kinini ingendo z’indege zifunze ariko muri iki gihe zatangiye gukorwa.

Ibi biri kugira uruhare mu kuzahura urwego rw’ubukerarugendo rw’imbere mu gihugu.

U Rwanda ruheruka kwinjira muri gahunda ya Giants Club, gahunda yatangijwe n’umuryango uharanira kurengera ibidukikije, Space for Giants.

Yitezweho kongerera imbaraga urwego rwo kurengera ibidukikije mu Rwanda ndetse n’urusobe rw’ibinyabuzima.

TAGGED:Evgeny LebedevfeaturedPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Kwakira Inkingo Za COVID-19, Gukingira Ni Ku Wa Gatanu
Next Article Perezida Ndayishimiye Yigishije Abaturage Guhinga Kijyambere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?