Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Impanuka Yo Mu Kivu Yahitanye Uruhinja Umugabo Aburirwa Irengero
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Impanuka Yo Mu Kivu Yahitanye Uruhinja Umugabo Aburirwa Irengero

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 March 2023 4:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Kiyaga cya Kivu habereye impanuka y’ubwato bwari butwaye abantu batandatu, umwana w’umwaka umwe n’igice ayigwamo, undi mugabo w’imyaka 36 aburirwa irengero.

Ni amakuru yamenyekanye kuri uyu wa Kabiri ariko ibyago byo byabaye ku wa Mbere taliki 20, Werurwe, 2023, ubwo buriya bwato bahuriraga n’akaga mu Mudugudu wa Gasharu, Akagari ka Ruhingo  mu Karere ka Rutsiro.

Ubwo bwato bwarimo Bigirimana Naphtali w’imyaka 36, Ingabire Hoziana w’imyaka 26 wari uhetse umwana witwa Ntivuguruzwa Gabriel w’umwaka umwe n’igice.

Harimo kandi Phanuel Irasubiza, Mukeshimana Esther na Musabyimana Domina, bombi b’imyaka 18.

Uwaburiwe irengero ni Bigirimana Naphtali akaba agishakishwa.

Polisi mu Ntara y’i Burengerazuba itangaza ko umwana w’umwaka umwe n’igice wari uri muri buriya bwato we yahasize ubuzima.

Umubyeyi w’uyu mwana witwa Ingabire arwariye ku Kigo nderabuzima cya Musasa kubera ihungabana.

Barohamye bagiye gusarura amapera…

Amakuru avuga ko bariya bantu barohamye bavuye gusarura amapera yari yareze  ku kirwa cya Nyamunini.

Ubwo bari bari mu nzira bagaruka nibwo umuyaga wabaye mwinshi mu kiyaga bararohama.

Batabawe n’abarinzi b’ubwato bari ku nkombe mu Mudugudu wa Gasharuvu.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP, Mucyo Rukundo, yabwiye UMUSEKE ko bagerageje gukorerwa ubutabazi.

CIP Rukundo asaba abantu kujya bambara imyenda yabugenewe, irinda abari mu mazi.

Ati “Ubundi iyo umuntu agiye mu bwato bwaba ubusanzwe bw’igiti cyangwa ubukomeye akwiye kuba ymbaye amajire(gilet) yabugenewe.Ariya majire afasha abantu kutamanuka mu mazi, bagakorerwa ubutabazi bwihuse.”

Umurambo w’umwana wahise ujyanwa ku kigo nderabuzima cya Musasa mu gihe hagishakishwa uwarohamye utaraboneka.

TAGGED:featuredKivuPolisiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amafoto: Uko Byari Byifashe Mu Itangizwa Ry’Imikino Ya Polisi Zo Mu Karere
Next Article Ibibazo Bikomoka Ku Mateka Y’Abanyarwanda Byageze Kuri Bose
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?