Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Impinduka Mu Bava Mu Yisumbuye Bajya Muri Kaminuza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Impinduka Mu Bava Mu Yisumbuye Bajya Muri Kaminuza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 November 2024 2:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abahize abandi mu barangije amashuri yisumbuye babihembewe.
SHARE

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko abanyeshuri barangije ibizamini bya Leta by’amashuri yisumbuye ‘batazongera’ gusabwa kuba baratsinze amasomo abiri y’ingenzi mu yo bigaga kugira ngo bemererwe gukomereza muri kaminuza cyangwa mu mashuri makuru.

Ubuyobozi bw’iyi Minisiteri buvuga ko  ahubwo uwagize 50% wese yemerewe gukomereza mu kindi cyiciro.

Minisitiri w’uburezi Joseph Nsengimana niwe wabitangaje kuri uyu wa Gatanu taliki 15, Ugushyingo, 2024 ubwo hatangazwaga amanota y’abanyeshuri barangije mu byiciro bitandukanye by’amashuri.

Nsengimana yagize ati: “Uwabaga yabonye amanota make ariko yatsinze amasomo abiri muri ya yandi atatu, yabaga yemerewe kujya muri Kaminuza  ubu rero iby’amasomo abiri y’ingenzi twabikuyeho”.

Minisitiri w’uburezi Dr. Nsengiyumva ubwo yatangaza iby’iyo gahunda nshya.

Avuga ko ubusanzwe umunyeshuri akora ibizami mu buryo busanzwe, hakarebwa uburyo yakoze ibizamini byose agatsinda agahita akazahita ashobora no kujya muri kaminuza abishatse aho kugira ngo abe yatsinze ariko ntashobore gukomeza.

Imibare y’uko abanyeshuri batsinze igaragaraza ko abanyeshuri batsinze ibizamini bya Leta ari 71.746 bangana na 78.6%, mu gihe hari hakoze 91.713.

Minisiteri y’uburezi yatangaje ko muri rusange, abari biyandikishije ko bazakora ibizamini bya Leta birangiza amashuri yisumbuye bari abanyeshuri 91.713 na ho abakoze ni 91.298 bangana na 99,5%.

Mu mashuri y’ubumenyi rusange ho hakoze abanyeshuri 56.300 hatsinda 38,016 bangana na 67% n’aho mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro hakoze abantu 30.730, hatsinda ni 29.542.

Muyo mu mashuri y’abategurira gukora imirimo runaka yihariye, ibyo  professional education, hiyandikishije abantu 4, 271, hakora 4,268 ariko abatsinze ni 4,188, bingana na 98,1%.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi Irere Claudette aherutse kuvuga ko imwe mu mpamvu ituma abana bo mu mashuri abanza batsinda, ari uko basigaye bafatira ifunguro rya saa sita ku ishuri.

Irere yavuze ko kugaburira abana ku ishuri ari umwanzuro mwiza watumye abana bishimira ishuri.

Indi gahunda Leta y’u Rwanda yafashe ikazamura uburezi muri rusange ni uko abana bose( abahungu n’abakobwa ndetse n’abafite ubumuga) bahawe uburyo bwo kwiga.

Kuba ibyumba by’amashuri byarongerewe byafashishe abana kubona ahantu hagutse ho kwigira  bityo n’abarimu baturwa umutwaro wo kwigisha abana benshi icyarimwe.

Ibyumba by’amashuri bikoresha ikoranabuhanga bita Smart Classrooms nabyo bigira uruhare mu mitsindire y’abanyeshuri kuko bizamura uburyo bumvamo amasomo bigishwa.

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe bitangaza ko mu myaka itanu iri imbere, abana batangira amashuri y’incuke bazava kuri 35% bakagera kuri 65%.

Guverinoma y’u Rwanda iteganya kandi ko muri icyo gihe uburezi bw’ibanze buzongerwamo imbaraga haba mu kuzamura ubwiza bw’amasomo ahabwa abanyeshuri, kuzamura ubwinshi n’ubwiza bw’ibikoresho abarimu bagishirizaho ndetse n’ubwiza bw’imibereho yabo.

Ibigo byigisha amasomo y’imyuga n’ubumenyi-ngiro nabyo bizahabwa uburypo bwo kugera ku ntego zabyo zirimo guha ababyigamo ubumenyi n’ibikoresho ngo bateze imbere igihugu.

TAGGED:featuredIbizaminiKaminuzaMinisiteriNsengimanaUburezi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Abakozi Ba Minisiteri Y’Ububanyi N’Amahanga Bigaragambije
Next Article U Rwanda ‘Rugiye’ Kwemererwa Izindi Miliyoni € 20 Zo Guhashya Ibyihebe Muri Mozambique
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?