Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Impungenge Z’Ikirere Kibi Zabujije Israel Gutera Gaza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Impungenge Z’Ikirere Kibi Zabujije Israel Gutera Gaza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 October 2023 8:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu buryo butunguranye, iteganyagihe rya Israel ryatumye ubuyobozi bw’ingabo z’iki gihugu buzisaba kuba ziretse gutangiza ibitero simusiga kuri Gaza, hirindwa imbogamizi zakururwa imvura nyinshi.

N’ubwo ari uko bimeze, Intego ya Israel ntirahinduka: Kurimbura burundu Hamas iyisanze mu bice yigaruriye byo muri Gaza.

Minisitiri w’Intebe wa Israel Benyamini Netanyahu yabwiye abasirikare be ko intego ikiri ‘yayindi’, ko abari inyuma mu ntambara bari butangize mu gihe gito kiri imbere.

Umuryango w’Abibumbye watangaje ko ukomeje guhangayikishwa n’imibereho y’abaturage ba Gaza bari guhungira ahantu batizeye amaramuko.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu gihe cy’iminsi irindwi( ni Icyumweru kimwe) abaturage miliyoni imwe bamaze guhunga Gaza.

Barimo abana, abagore, abageze mu zabukuru, abafite ubumuga n’abandi bafite ibibazo bitandukanye.

Ku ruhande rwa Israel, yo ivuga ko yatanze igihe gihagije cyo kuba abaturage ba Gaza bose baba bayivuyemo, igasigara ari iya Hamas, ubundi iyi Hamas ikakabona!

Hagati aho Israel yafunze inzira zose zijyana amazi, ibiribwa n’imiti muri Gaza kandi n’imfashanyo y’ibiribwa ntigera ku bo igenewe nk’uko byagombye kugenda.

Inyinshi yaheze mu gice cya Gaza gituranye na Misiri.

- Advertisement -

Ubuyobozi bukuru bw’ingabo za Israel buvuga ko hari abasirikare 400,000 biteguye intambara, icyo bategereje kikaba ari amabwiriza.

Netanyahu yavuze ko ‘abo bose’ bategereje amabwiriza yo gusenya burundu ‘amashitani ya Hamas’ aherutse kubagabaho igitero cyo kubarimbura

Amakuru ava muri Israel avuga ko uretse imvura yatumye isaha yo gutera yigizwa imbere, hari n’amabwiriza yatanzwe y’uko hagomba kubanza gusuma ibifaro, imbunda, imashini zitandukanye ndetse n’indege kugira ngo harebwe niba nta bibazo tekiniki bihari, ibibonetse bikosorwe hakiri kare.

Ikindi cyaraye kivugwa ni uko Israel yanze ibyo guhererekanya imfungwa na Hamas, ivuga ko ibyo izabigarukaho nyuma, ko icyo yimirije imbere ari ibitero kandi iri bubikore byanga bikunda.

Qatar niyo yari yashatse kuba umuhuza ariko Israel irabyanga.

Yizeye ko abasirikare bayo ba kaburiwe bagize umutwe witwa Sayeret Matkal bazashakisha abafashwe bunyago bakababohoza hatiriwe habaho ibiganiro n’umutwe Israel ivuga ko ari uw’iterabwoba.

TAGGED:featuredHamasIkirereIngaboIntambaraNetanyahu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubukene Buri Gutuma Abakinnyi Ba Kiyovu Basohorwa Mu Nzu
Next Article Umuhati Wo Guca Igwingira Mu Bana B’u Rwanda Ugeze Kuki?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?