Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Impunzi z’Abarundi Zisaga 30,000 Zabaga Mu Rwanda Zimaze Gutahuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Impunzi z’Abarundi Zisaga 30,000 Zabaga Mu Rwanda Zimaze Gutahuka

admin
Last updated: 05 January 2022 1:23 pm
admin
Share
SHARE

Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi yatangaje ko umwaka ushize wa 2021 warangiye Leta y’u Rwanda imaze gufasha impunzi z’Abarundi zisaga 30,000 gutahuka, nyuma y’imyaka isaga itandatu ziri mu gihugu.

Ni impunzi zinjiye mu Rwanda mu gihiriri mu 2015, mu bihe by’umutekano muke wakurikiye manda ya gatatu ya Perezida Pierre Nkurunziza itaravuzweho rumwe.

Hakurikiyeho ibikorwa by’abagerageje kumuhirika ku butegetsi maze uwo mugambi urapfuba, biteza imvururu zikomeye zatumye abaturage benshi bahunga.

Tariki 27 Kanama 2020 nibwo hatangiye ibikorwa byo gucyura izi mpunzi ku mugaragaro, mu cyiciro cya mbere hagenda hafi 500. Nibwo bwa mbere hari habayeho gucyura impunzi biteguwe kandi byumvikanyweho n’ibihugu byombi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Imibare y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR, igaragaza ko kugeza ku wa 30 Ugushyingo 2021 u Rwanda rwari rucumbikiye impunzi 126,788 mu nkambi za Kiziba, Kigeme, Nyabiheke, Mahama, Mugombwa na Gashora, hakaba n’izindi ziba mu mijyi nka Kigali.

Impunzi z’Abarundi zibarurwa mu Rwanda ubu zigeze ku 47,905, hagendewe ku mibare yo mu Ugushyingo 2021. Umubare munini uba mu nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe no mu mijyi ya Kigali na Huye.

Bibarwa ko abarundi 267,564 magingo aya bakiri mu bihungiro.

Umubare munini wabo bari muri Tanzania kuko bagera ku 126,050.

Kugeza ubu u Rwanda rutanga uburenganzira ku mpunzi burimo gushaka akazi no kugira ibikorwa bibyara inyungu, ndetse abana bagera ku 50,000 binjijwe muri gahunda y’uburezi bwo mu gihugu.

- Advertisement -

Hari n’abahabwa uburezi ku rwego rwa kaminuza binyuze muri gahunda ya Kepler, by’umwihariko mu nkambi ya Kiziba mu karere ka Karongi, icumbikiye impunzi z’Abanye-Congo.

Banagerwaho na gahunda y’ikingira, aho nka 50% bamaze guhabwa inkingo za COVID-19.

 

 

TAGGED:BurundifeaturedImpunziMahama
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 29 Bafashwe Batwaye Ibinyabiziga Banyoye Inzoga
Next Article Hateranye Inama Y’Umutekano Yiga K’Ugutwara Abambuka Nyabarongo Mu Buryo Butekanye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?