Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Musanze: Umuyobozi Afungiye Gutesha Agaciro Urwibutso Rwa Jenoside
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Musanze: Umuyobozi Afungiye Gutesha Agaciro Urwibutso Rwa Jenoside

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 October 2023 9:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuwa Mbere taliki 16, Ukwakira, 2023 nibwo Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Léodomir Ntibansekeye rumukurikiranyeho gutesha agaciro Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Muhoza.

Iki cyaha yagikoze nyuma yo gufata ibiryamirwa ( matelas) n’amagare y’abafite ubumuga akajya kubibika muri ruriya rwibutso kandi bidakwiye.

Amakuru atangwa na RIB avuga ko uriya mugabo usanzwe ushinzwe ibikoresho by’Akarere( logistics manager) yashyize biriya bikoresho muri ruriya rwibutso taliki 11, Ukwakira, 2023.

Léodomir Ntibansekeye afite imyaka 51 y’amavuko, bivuze ko yavutse mu mwaka wa 1972.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibi nabyo bivuze ko Jenoside yabaye afite imyaka 22 y’amavuko.

Ikindi ni uko uyu mugabo yabwiye abashinzwe ubugenzacyaha ko yabikoze kuko yari yasabwe n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze gukura ibyo bikoresho aho byari biri mu cyumba kigari kiri hafi aho.

Bamubwiraga ko byari biteje umwanda, Ntibansekeye avuga ko yahise yigira inama yo kubijyana kubibika mu rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 ruri hafi aho.

Bivugwa ko yasanze ibi bikoresho biteje umwanda muri salle abyimurira mu rwibutso

Abagenzacyaha baje kubimenya barabikurikirana Ntibansekeye arafatwa arafunzwe.

Ubwo twandikaga iyi nkuru yari afungiye kuri station ya RIB iri ku Murenge wa Muhoza, idosiye ye ikaba iri gutunganywa ngo yuzure ubundi ishyikirizwa ubushinjacyaha.

- Advertisement -

Ibyaha ubugenzacyaha bumukurikiranyeho ni ugutesha agaciro urwibutso rwa Jenoside cyangwa ahashyinguye imibiri y’abazize Jenoside gihanwa n’ingingo ya 10  y’Itegeko Nº 59/2018 ryo ku wa 22/8/2018 ryerekeranye no kurwanya icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyaha bifitanye isano na yo.

Iyo urukiko ruhamije umuntu iki cyaha, ahanishwa igifungo kitari munsi  y’imyaka 10 ariko kitarenze 15 n’amafaranga y’u Rwanda atari Frw  1,000,000 ariko atarenze Frw 2,000,000.

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha ruvuga ko abantu bose batesha agaciro inzibutso bazakurikiranwa.

Ngo RIB  izakirikirana uwo ari we wese uzakora iki cyaha, hatitawe ku mwuga yaba akora wose.

[email protected]

TAGGED:featuredIcyahaJenosideMusanzeRIBUbugenzacyahaUmukozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda: Ba Mukerarugendo Batwikiwe Mu Modoka
Next Article CAF Yemeye Kwamamaza U Rwanda Binyuze Muri ‘Visit Rwanda’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

Igihangange Manny Pacquiao Agiye Kugaruka Mu Iteramakofe

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

Impuguke Ya UN Irasuzuma Uko Ubukene Buhagaze Mu Banyarwanda

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?