Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imvura Yatumye Umukino Wa Gasogi United Na APR FC Usubikwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

Imvura Yatumye Umukino Wa Gasogi United Na APR FC Usubikwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 October 2024 8:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umukino waje guhagarara kubera imvura nyinshi(Ifoto@UMUSEKE.RW)
SHARE

Ahagana saa moya n’igice y’umugoroba kuri uyu wa Gatandatu, taliki 19, Ukwakira, 2024, imvura iremereye yaraye itumye umukino wahuzaga APR FC na Gasogi United usubikwa.

Uyu mukino ariko wari watangiye utinze kubera ko moteri icanira Kigali Pelé Stadium yari yanze kwaka.

Iyi mashini kandi ntiramara igihe kirekire iguzwe ngo ijye imurikira iyi stade nayo itaramara imyaka ine.

Nyuma y’uko umukino utangiye imvura yarushagaho kuba nyinshi kugeza ubwo amazi yirekaga mu kibuga.

Ubwinshi bw’amazi bwatumye umusifuzi ategeka ko abakinnyi bava mu kibuga kuko amazi yari yamaze kuba menshi.

Icyakora mbere y’uko umupira uhagarikwa, abasifuzi ndetse na ba kapiteni b’amakipe yombi bafashe ballon bazenguruka ikibuga bagerageza kudunda umupira ngo barebe ko wakomeza gukinwa.

Bamaze kubona ko utidunda, banzuye ko umukino uhagarara.

Ni icyemezo cyafashwe na Komiseri w’uyu mukino.

Uyu mukino ugomba gusubirwamo bitarenze amasaha 24, nk’uko ingingo ya 38 y’amategeko agenga amarushanwa ya FERWAFA abiteganya.

Wabaye uje ukurikira undi wari wabaye saa cyenda wahuje  Rayon Sports na Bugesera FC urangira Rayon iyitsinze bibiri ku busa.

TAGGED:APRFCGasogiIkipeRayonUmukino
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yibukije Ba Minisitiri Bashya Akamaro Ka Minisiteri Bashinzwe
Next Article Haribazwa Uwatangaje Inyandiko Z’Uko Israel Izatera Iran
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?