Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imvura Yatumye Umukino Wa Gasogi United Na APR FC Usubikwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

Imvura Yatumye Umukino Wa Gasogi United Na APR FC Usubikwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 October 2024 8:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umukino waje guhagarara kubera imvura nyinshi(Ifoto@UMUSEKE.RW)
SHARE

Ahagana saa moya n’igice y’umugoroba kuri uyu wa Gatandatu, taliki 19, Ukwakira, 2024, imvura iremereye yaraye itumye umukino wahuzaga APR FC na Gasogi United usubikwa.

Uyu mukino ariko wari watangiye utinze kubera ko moteri icanira Kigali Pelé Stadium yari yanze kwaka.

Iyi mashini kandi ntiramara igihe kirekire iguzwe ngo ijye imurikira iyi stade nayo itaramara imyaka ine.

Nyuma y’uko umukino utangiye imvura yarushagaho kuba nyinshi kugeza ubwo amazi yirekaga mu kibuga.

Ubwinshi bw’amazi bwatumye umusifuzi ategeka ko abakinnyi bava mu kibuga kuko amazi yari yamaze kuba menshi.

Icyakora mbere y’uko umupira uhagarikwa, abasifuzi ndetse na ba kapiteni b’amakipe yombi bafashe ballon bazenguruka ikibuga bagerageza kudunda umupira ngo barebe ko wakomeza gukinwa.

Bamaze kubona ko utidunda, banzuye ko umukino uhagarara.

Ni icyemezo cyafashwe na Komiseri w’uyu mukino.

Uyu mukino ugomba gusubirwamo bitarenze amasaha 24, nk’uko ingingo ya 38 y’amategeko agenga amarushanwa ya FERWAFA abiteganya.

Wabaye uje ukurikira undi wari wabaye saa cyenda wahuje  Rayon Sports na Bugesera FC urangira Rayon iyitsinze bibiri ku busa.

TAGGED:APRFCGasogiIkipeRayonUmukino
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yibukije Ba Minisitiri Bashya Akamaro Ka Minisiteri Bashinzwe
Next Article Haribazwa Uwatangaje Inyandiko Z’Uko Israel Izatera Iran
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Kabila Arasomerwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

You Might Also Like

IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Abageni Bwari Bucye Basezerana Bakubiswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Rulindo: Yafatanywe Ayo Kwishyura Abacukura Amabuye Mu Buryo Butemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?