Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imyaka Ibaye Ibiri M23 Ifashe Bunagana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Imyaka Ibaye Ibiri M23 Ifashe Bunagana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 June 2024 11:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Taliki 13, Kamena, 2022 nibwo abarwanyi ba M23 bafashe umujyi wa  Bunagana uhuza DRC na Uganda. Ni umujyi ukomeye kuko uturiye umupaka uhuza ibihugu byombi kandi wari uri mu yikoreshwa mu bucuruzi.

Bunagana iherereye mu Majyepfo ashyira Uburasirazuba bw’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Kuva ku italiki yavuzwe haruguru kugeza kuri uyu munsi ni ukuvuga taliki 13, Kamena, 2024 imyaka ibaye ibiri M23 igenzura Bunagana n’ubwo ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo ifatanyije na Wazelendo bakoze uko bashoboye ngo bawigarurire.

Imbaraga zose DRC na Wazalendo bakoresheje ngo birukana M23 muri Bunagana nta musaruro zatanze.

M23 ivuga ko yafashe intwaro irwana n’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu rwego rwo kwereka ubuyobozi bw’iki gihugu ko abayigize, ni ukuvuga abaturage ba DRC bavuga Ikinyarwanda, bimwe uburenganzira bwabo nk’abandi baturage  b’iki gihugu.

Ibihugu bivugwa muri iyo dosiye ni ukuvuga u Rwanda, Uganda na DRC bimaze guhurira mu nama nyinshi zigamije kureba uko amahoro yagaruka binyuze mu biganiro.

Ibiganiro by’i Nairobi na Luanda byemeje kenshi ko kugira ngo M23 irambike imbunda hasi ari ngombwa ko ubutegetsi bwa Kinshasa  buganira nayo kandi ibyo bemeranyije ntibibe amasigarakicaro.

Abayobozi b’uyu muryango wa M23 bavuga ko ari ngombwa ko ibyemeranyijweho bikurikizwa kuko na mbere y’umwaka wa 2013 hari ibindi byari byaremeranyijweho ariko Leta ya Kinshasa ntiyabikurikije nk’uko M23 ibyemeza.

TAGGED:AbarwanyiBunaganafeaturedKinshasaM23
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisiteri Y’Abakozi Yatanze Ikiruhuko
Next Article G7 Irigirwamo Uko Imitungo Y’Uburusiya Yafatiriwe Yahabwa Ukraine
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

General Kabandana Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?