Mu Murenge wa Nyagatare, Akagari ka Barija Mu Karere ka Nyagatare hari igororero ry’abana bahafungiwe kubera ibyaha bahamijwe n’inkiko.
Abo bana baba bafite hagati y’imyaka 14 na 18 y’ubukure, abahafungiwe bakaba abantu 395 muri bo abakobwa bakaba ari 16 bakiga amasomo y’uburezi rusange arebana n’amashuri abanza n’ayisimbuye.
Hari n’ibiga imyuga irimo ububaji, gusudira, kudoda, kwiga mudasobwa no gukora iby’ubwiza, hair dressing.
Umuvugizi w’Urwego rw’igihugu rw’igorora Chief Superintendent of Prisons Hillary Sengabo Emmanuel avuga ko muri abo bana hari abatsinda bagahabwa uburyo bwo gukomeza amasomo ndetse hari n’abo Umukuru w’igihugu aha imbabazi.

Ati: “Abatsinda amasomo y’imyuga bahabwa impamyabumenyi z’uko bize neza.”
Iyo hari urangije amasomo ye ariko igifungo cye kitararangira, arategereza kikarangira.
Ibyinshi mu byaha abo bana bafungirwa ni ugukubita no gukomeretsa, ubujura no gufata ku ngufu( viol).
Sengabo Emmanuel Hillary avuga ko ubuyobozi bw’igororero bwishima iyo umwana bwagororaga arangije amasomo ye neza, yararanzwe n’imyitwarire myiza, akemeza ko bigaragaza ko bakoze umurimo mwiza.
Icyakora asaba ababyeyi n’Abanyarwanda muri rusange kumva ko umwana wafunzwe akagororwa, iyo asohotse mu igororero aba akwiye kwakirwa neza, abandi bagakomeza kumurera.
Ikindi avuga ni uko abenshi mu bana bakatirwa n’inkiko baba barabanje kuba abana bo mu muhanda kuko iwabo batitaweho, bagera mu muhanda bakahakorera ibyaha bituma bakatirwa bagafungwa.
Kubera igihe kinini umwana aba amaze mu muhanda, ababyeyi be baba baramubuze, nyuma y’igihe runaka bakazumva ngo yarafunzwe bikaba intandaro y’uko abenshi batabasura.
Bakoresha integanyanyigisho isanzwe…
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi Claudette Irere avuga ko integanyangisho iherwaho abana bigishwa ari isanzwe.
Impamvu ni uko, nk’uko abivuga, abo bana bagomba guhabwa uburenganzira bwo kwiga n’ubwo baba barahanwe n’amategeko, ikaba impamvu y’uko nabo baba bakwiye kwiga n’ubwo baba barafunzwe.
Ati: “Ibitabo cyangwa imfashanyigisho dutanga nabo bibageraho. Igihe cyo gukora ibizamini tugakorana na RCS kugira ngo nabo bakore ibizamini. Iyo barangije bikagaragara ko bitwaye neza hari igihe bamwe babona imbabazi.”

Irere kandi nawe asaba ababyeyi kumva ko umwana ari umwana, akwiye gukomeza kubungwabungwa.
Avuga ko Minisiteri y’uburezi isaba ababyeyi kumva ko kuba abo bana barakoze icyo yise ‘amakosa’ bitababuza kuba abana bityo n’Abanyarwanda muri rusange.
Chief Superintendent of Prisons Hillary Sengabo Emmanuel avuga ko abana bagororerwa mu rwego avugira banywa amata.
Yabwiye Taarifa Rwanda ko abo bana bagira uburere bwo kubasana umutima bahabwa na RCS kuko ishinzwe igorora.
Avuga ko amata n’amagi imboga n’imbuto biri mu by’ibanze bafungura
Ibyo byose biri muri gahunda ya Guverinoma y’u Rwanda y’uko abana barwo bose babaho nezaImyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare.


