Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imyishyurire Y’Ingendo Muri Kigali Yavuguruwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Imyishyurire Y’Ingendo Muri Kigali Yavuguruwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 December 2024 7:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

RURA yatangaje ko guhera ku wa Gatatu tariki 04, Ukuboza, 2024 mu Mujyi wa Kigali hazatangira igeragezwa ry’uburyo umugenzi azajya yishyura urugendo mu modoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange hakurikijwe urugendo yakoze.

Ibyo kwishyura amafaranga ahwanye n’urugendo  rwose(ligne) yakoze bikazavanwa gahoro gahoro.

Itangazo rya RURA rivuga ko umugenzi azajya akoza ikarita y’urugendo ku mashini nk’uko bisanzwe (tap in), ariko nagera aho asohokera yongere akozeho ikarita (tap out) kugira ngo arangize urugendo.

Bizatuma arangiriza urugendo rwe aho asohokeye bityo ntiyishyure urugendo rwa ligne yose kandi yaviriyemo mu nzira.

Kagoyire usanzwe utega ava Kimironko ajya ahitwa ku Gishushu yabwiye Taarifa Rwanda ko iyo mikorere mishya izabafasha umugenzi kugira amafaranga asigarana, yamufasha no mu bindi.

Ati: ” Ndizera ko ubu buryo buzadufasha kudakoresha amafaranga menshi kuko ayo tuzajya twishyura azaba areshya n’urugendo twakoze. Reka dutegereze tuzarebe icyo bizatanga!”.

Minisitiri w’ibikorwa remezo Dr. Jimmy Gasore mu mezi runaka yatambutse, yavuze ko ubu buryo buzorohereza abagenzi mu kwishyura hakoreshekwe ikoranabuhanga.

Hari na gahunda y’uko hari imihanda imwe yo mu Mujyi wa Kigali izajya iharirwa ibinyabiziga bitwara abagenzi mu buryo bwa rusange byonyime bigakorwa mu masaha runaka hagamijwe kugabanya umubyigano mu mihanda.

Izo hamwe n’izindi ngamba ziri mu byo Leta iri gukora ngo ikemure icyo kibazo.

Itangazo rya RURA ku mikorere mishya mu kwishyura bikozwe n’abagenzi muri Kigali rigaragaza n’uko ibiciro biteye hakurikijwe ibilometero umugenzi yakoze.

Ku ntera y’ikilometero kimwe n’ibilometero bibiri ni amafaranga Frw 182 , ku ntera y’ibilometero bitatu ni Frw 205 , amafaranga akazagenda yiyongera bitewe n’uko urugendo na rwo rwiyongera.

Zimwe mu ngero z’uburyo abagenzi bazajya bishyura:

– Downtown – Remera (10km), igiciro kizaba Frw 388 Frw kivuye kuri Frw 307.

– Downtown – Rwandex (6km) igiciro kizaba Frw 274 kivuye kuri Frw 307.

– Downtown – Kanogo (3km) igiciro kizaba 205 Frw kivuye kuri Frw 307

– Sonatube – Prince House (2km) igiciro kizaba Frw 182 kivuye kuri Frw 307.

– Nyabugogo – kuri 12 (14km) igiciro kizaba 543 Frw kivuye kuri Frw 741.

– Remera – Kuri 12 (3 km) igiciro kizaba 205 Frw kivuye kuri Frw 420.

– Nyabugogo – Kabuga (25km) igiciro kizaba 855Frw kivuye kuri Frw 741.

TAGGED:AbagenzifeaturedIkoranabuhangaimodokaingendoKwishyura
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: Polisi Yafatanye Umuntu Urumogi Rupima Ibilo 50
Next Article Perezida Wa Angola Yatumiye Kagame Na Tshisekedi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?