Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imyishyurire Y’Ingendo Muri Kigali Yavuguruwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Imyishyurire Y’Ingendo Muri Kigali Yavuguruwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 December 2024 7:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

RURA yatangaje ko guhera ku wa Gatatu tariki 04, Ukuboza, 2024 mu Mujyi wa Kigali hazatangira igeragezwa ry’uburyo umugenzi azajya yishyura urugendo mu modoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange hakurikijwe urugendo yakoze.

Ibyo kwishyura amafaranga ahwanye n’urugendo  rwose(ligne) yakoze bikazavanwa gahoro gahoro.

Itangazo rya RURA rivuga ko umugenzi azajya akoza ikarita y’urugendo ku mashini nk’uko bisanzwe (tap in), ariko nagera aho asohokera yongere akozeho ikarita (tap out) kugira ngo arangize urugendo.

Bizatuma arangiriza urugendo rwe aho asohokeye bityo ntiyishyure urugendo rwa ligne yose kandi yaviriyemo mu nzira.

Kagoyire usanzwe utega ava Kimironko ajya ahitwa ku Gishushu yabwiye Taarifa Rwanda ko iyo mikorere mishya izabafasha umugenzi kugira amafaranga asigarana, yamufasha no mu bindi.

Ati: ” Ndizera ko ubu buryo buzadufasha kudakoresha amafaranga menshi kuko ayo tuzajya twishyura azaba areshya n’urugendo twakoze. Reka dutegereze tuzarebe icyo bizatanga!”.

Minisitiri w’ibikorwa remezo Dr. Jimmy Gasore mu mezi runaka yatambutse, yavuze ko ubu buryo buzorohereza abagenzi mu kwishyura hakoreshekwe ikoranabuhanga.

Hari na gahunda y’uko hari imihanda imwe yo mu Mujyi wa Kigali izajya iharirwa ibinyabiziga bitwara abagenzi mu buryo bwa rusange byonyime bigakorwa mu masaha runaka hagamijwe kugabanya umubyigano mu mihanda.

Izo hamwe n’izindi ngamba ziri mu byo Leta iri gukora ngo ikemure icyo kibazo.

Itangazo rya RURA ku mikorere mishya mu kwishyura bikozwe n’abagenzi muri Kigali rigaragaza n’uko ibiciro biteye hakurikijwe ibilometero umugenzi yakoze.

Ku ntera y’ikilometero kimwe n’ibilometero bibiri ni amafaranga Frw 182 , ku ntera y’ibilometero bitatu ni Frw 205 , amafaranga akazagenda yiyongera bitewe n’uko urugendo na rwo rwiyongera.

Zimwe mu ngero z’uburyo abagenzi bazajya bishyura:

– Downtown – Remera (10km), igiciro kizaba Frw 388 Frw kivuye kuri Frw 307.

– Downtown – Rwandex (6km) igiciro kizaba Frw 274 kivuye kuri Frw 307.

– Downtown – Kanogo (3km) igiciro kizaba 205 Frw kivuye kuri Frw 307

– Sonatube – Prince House (2km) igiciro kizaba Frw 182 kivuye kuri Frw 307.

– Nyabugogo – kuri 12 (14km) igiciro kizaba 543 Frw kivuye kuri Frw 741.

– Remera – Kuri 12 (3 km) igiciro kizaba 205 Frw kivuye kuri Frw 420.

– Nyabugogo – Kabuga (25km) igiciro kizaba 855Frw kivuye kuri Frw 741.

TAGGED:AbagenzifeaturedIkoranabuhangaimodokaingendoKwishyura
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: Polisi Yafatanye Umuntu Urumogi Rupima Ibilo 50
Next Article Perezida Wa Angola Yatumiye Kagame Na Tshisekedi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

2025: Umwaka Ikawa Y’u Rwanda Yarwinjirije Amadolari Menshi Kurusha Indi

Abagore 30 Mu Bakomando Ba RCS Batojwe Gutabara Aho Rukomeye

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kirehe – Polisi Yarashe Uherutse Kwica Umumotari Akamwambura Moto

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Gisagara: Haturikijwe Grenade Abaturage Bacikamo Igikuba 

RIB Yafunze ‘Umunyamakuru’ Ukurikiranyweho Urugomo

Rulindo: Yari Amaze Igihe Acurururiza Urumogi Iwe

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

AFC/M23 Ishinja Leta Ya Kinshasa Kutubahiriza Ibyo Guhana Imfungwa

You Might Also Like

Ubukungu

U Rwanda Rugiye Kubaka Ikigo Gitunganya Intanga Zo Gutera Ihene

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Yafashe Ubwato Bibiri Bw’Abarusiya Bwajyaga Muri Venezuela

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Mu Minsi Mikuru Abantu 92 Bafunzwe Bazira Gutwara Banyoye Inzoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Amashereka: Ikinyobwa Cyaremwe Mu Rukundo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?