Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inama IMF Yageneye Ibihugu By’Afurika Yo Munsi Y’Ubutayu Bwa Sahara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Inama IMF Yageneye Ibihugu By’Afurika Yo Munsi Y’Ubutayu Bwa Sahara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 July 2021 12:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigega mpuzamahanga cy’Imari,( International Monetary Fund) kigira inama Abakuru b’Ibihugu by’Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara y’uko bagomba ‘kongera’ guha umwanya uhagije abikorera kugira ngo ubukungu bwongere kuzamuka muri ibi bihe isi igenda yigobotora gahoro gahoro icyorezo COVID-19.

Icyorezo COVID-19 cyatumye urwego ubukungu bw’Afurika bwari bugezeho, busubira inyuma.

Imishinga y’iterambere rishingiye ku bikorwa remezo, ubumenyi n’ubucuruzi, yamaze igihe kinini yarahagaze kandi kugeza ubu yose ntirasubukurwa n’iyasubukuwe ntikorwa neza kubera kwirinda kwanduzanya kiriya cyorezo.

Ikibazo cy’ingutu abayobora ibihugu by’Afurika bafite muri iki gihe nk’uko IMF ibivuga, ni ukongera kuzamura ubukungu abaturage bakabona iby’ibanze kugira ngo babeho ariko za Leta zikabasha kwishyura imyenda zafashe mbere ya COVID-19.

Ntabwo kuba COVID-19 yarateye, byaba urwitwazo rwo kutishyura imyenda.

Kugira ngo imishinga yari yaratekerejwe izashobore gushyirwa mu bikorwa, IMF itanga inama y’uko za Leta zigomba kongera urubuga zahaga abikorera kugira ngo bagire uruhare mu kuzahura ubukungu.

Iyi nama ya IMF ivuga ko iyo abantu bahawe uburyo bwo guhanga imirimo, babona uko bishyura imisoro, ibihugu bikabona ingengo y’imari yo gushora mu mishinga irambye.

Ibihugu by’Afurika bifite uburyo bwinshi bwo gushorwamo imari.

Hari henshi hashobora gushorwa imari muri Afurika harimo urwego rw’amabuye y’agaciro, uburobyi, ubuhinzi, uburezi, inganda n’ahandi.

Ubushakashatsi buherutse gutangazwa na kiriya kigo, bwerekana ko abikorera ku giti cyabo bazaba binjiriza Afurika yo munsi y’Ubutayu Bwa Sahara 3% by’umusaruro mbumbe wayo bitarenze umwaka wa 2030.

Bivuze ko buri mwaka umusaruro wabo uzajya winjiriza Afurika byibura miliyari 50$.

Ikibazo kigaragazwa n’abakozi b’Ikigega Mpuzamahanga cy’imari, IMF, ni uko igice kinini cyo gushorwamo imari muri Afurika kihariwe na Leta cyangwa ibigo bizishamikiyeho.

Leta cyangwa ibigo bizishamikiyeho byihariye 95% by’imishinga yose ikorerwa mu bihugu by’Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Byemezwa ko ishoramari mpuzamahanga rikorerwa muri Afurika ringana na 2% kandi akenshi rikibanda ku bucukuzi bw’umutungo kamere, irindi rikajya mu gukora imihanda, ibiraro, amateme, ingomero z’amashanyarazi n’ibindi.

Kugira ngo ibi bihinduke, ni ngombwa ko Leta zo muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara zikomeza kureshya abashoramari ariko nanone zikimika imiyoborere myiza.

Leta z’ibi bihugu zisabwa no gutekereza uko zajya zunganira abikorera bashoye mu mishinga izatangira kunguka mu gihe kirekire.

Ibi IMF ibitangamo Inama mu rwego rwo kubibutsa ko umushoramari ari uw’ingenzi kandi ko aba agomba gufashwa kudahomba.

Itanga urugero rw’uko bigenda mu bihugu by’i Burasirazuba bwa Aziya, aho za Leta zifasha abashoramari mu gutuma imishinga yabo iramba, ikazabungukira.

Ziriya Leta zifasha imishinga ingana na 90% by’indi yose ishorwa muri biriya bihugu.

Afurika nayo igirwa inama yo gushyira ho izi gahunda.

Leta zisabwa no kurinda abashoramari gushora mu bice bitizewe, ni ukuvuga inzego z’ubukungu zishobora guhomba mu buryo bworoshye.

Urubyiruko rw’Afurika rusabwa gukora cyane, rukiga, rugashakashaka kandi rugahanga imishinga itamenyerewe ariko ibyara amafaranga.

IMF ivuga ko kugira ngo Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara yongere izanzamuke mu bukungu bisaba ubuyobozi bwiza, imishinga ikoze neza, uruhare rw’abikorera no gukumira ubushyamirane hagati y’ibihugu.

TAGGED:AfurikafeaturedIbihuguImariImishingaSahara
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RRA Yakusanyije Imisoro Isaga Miliyari 1600 Frw Mu Mwaka Wa 2020/21
Next Article Perezida Kagame Yandikiye Perezida Ndayishimiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

Guinée Equatoriale Yahinduye Umurwa Wayo Mukuru 

Amerika Yarashe Rwagati Muri Venezuela 

Karongi: Abo Mu Nkambi Ya Kiziba Nabo Bamaganye Ingengabitekerezo Iba i Kinshasa

Kirehe-Ngoma: Koperative Yejeje Umuceri None Uri Gupfa Ubusa

You Might Also Like

Ubukungu

Gatsibo: Bizeye Kuzabona Amazi Yiyongera Kuyo Basanganywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

2025: Umwaka Ikawa Y’u Rwanda Yarwinjirije Amadolari Menshi Kurusha Indi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abagore 30 Mu Bakomando Ba RCS Batojwe Gutabara Aho Rukomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?