Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inama Minisiteri Y’Ubuhinzi Igira Abahinzi Muri Iki Gihe Cy’Imvura Idasanzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Inama Minisiteri Y’Ubuhinzi Igira Abahinzi Muri Iki Gihe Cy’Imvura Idasanzwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 February 2022 9:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imvura iri kugwa muri Gashyantare, 2022 ntisanzwe. Ni imvura Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubumenyi bw’ikirere gitangaza ko izaba nyinshi kugeza mu mataliki yegereza aya nyuma y’uku kwezi. Minisiteri y’ubuhinzi yabwiye Taarifa ko n’ubwo imvura iri kugwa ari nyinshi ikaba yakwangiza imyaka, isaba abaturage kwita ku yo basaruye harimo ibigori.

Umuvugizi muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi witwa Eugene Kwibuka avuga ko mu gihe cy’imvura abahinzi bagombye gukomeza  kwita ku gutuma amazi atabasenyera ariko nanone ngo ni ngombwa ko n’uwo bafite barangije gusarura bawurinda.

Ati: “Tugira inama abahinzi ko aho bahinze ibigori mu gihembwe cy’Ihinga gishize cya 2022A bahahinga ibishyimbo cyangwa soya, naho mu gihembwe dutangiye cy’Itumba (2022B), ibigori bakabihinga mu bishanga no mu byanya byuhirwa aho bitari byahinzwe ubushize.”

Ibigori biri gusarurwa bigomba kubikwa neza ntibizane uruhumbu

Ku rundi ruhande, uyu muyobozi asaba abahinzi gukora uko bashoboye ibigori basaruye bikitabwaho bikarindwa uruhumbu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uruhumbu ni ikibazo kubera ko uretse no kuba rwica ibigori, umuhinzi agasonza, niyo ibyo bigori biriwe n’umuntu cyangwa itungo bimuhitana.

Mu gihe turimo cy’imvura y’Itumba abahinzi bagirwa inama yo kwita ku musaruro baba bejeje igihe basarura.

Umuvugizi wa Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, Eugene Kwibuka avuga ko undi muvuno abahinzi baca muri iki gihe ari uguhinga imyaka yishimira amazi kandi igahingwa hakiri kare.

Eugene Kwibuka

Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ivuga ko ku bijyanye n’uko hari abatarejeje mu gihembwe gishize kubera izuba ryabaye ryinshi ngo  ni byiza ko muri iki gihembwe bakora  k’uburyo ubuso bwose bushobora guhingwa bwahingwa hakiri kare.

Ibi bizatuma baziba  icyuho cyatewe n’aho imyaka iteze mu gihembwe cy’ihinga gishize cya 2022A.

- Advertisement -

Mu mpera za Mutarama, 2022, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyatangaje ko hagati ya Mutarama na Gashyantare 2022 hateganyijwe imvura iringaniye muri rusange, ariko ‘hari aho ishobora kuzaba nyinshi’ hashingiwe ku miterere yaho.

Iki kigo cyateganyaga  ko ingano y’imvura iri hejuru iteganyijwe hirya no hino mu gihugu muri Mutarama na Gashyantare 2022 iri hagati ya milimetero 250 na milimetero 300, mu turere twa Rusizi na Nyamasheke, iburengerazuba bw’uturere twa Nyaruguru, Nyamagabe na Rutsiro n’amajyepfo y’uturere twa Karongi, Ruhango na Gisagara.

Ahandi iyi mvura iri kugwa cyane ni i Burasirazuba bw’Akarere ka Nyabihu n’aka Rulindo n’igice gito cy’akarere ka Nyanza na Huye.

Imvura iri hagati ya milimetero 200 na milimetero 250 yo iteganyijwe henshi mu turere twa Nyamagabe, Nyaruguru, Karongi na Huye, amajyepfo ya Muhanga, Nyabihu, Ngororero, Rulindo, Burera na Gakenke n’amajyaruguru y’akarere ka Gasabo.

Iyi mvura ni nyinshi kandi iri kugwa mu buryo butari busanzwe

Iri kugwa  kandi mu gice cy’Amajyaruguru y’i Burasirazuba y’Akarere ka Rutsiro ndetse no mu gice cy’Amajyepfo y’i Burasirazuba bw’Akarere ka Rwamagana.

Ni mu gihe imvura iri hagati ya milimetero 150 na milimetero 200 yo iri kugwa mu Turere twa Musanze, Rubavu, Kamonyi na Burera, Amajyaruguru y’Akarere ka Nyabihu, Muhanga, Bugesera, Rulindo, Ngoma na Gicumbi n’uduce dusigaye tw’Uturere twa Rwamagana, Nyanza, Nyanza, Kicukiro, Gasabo na Nyarugenge.

Nk’uko bimaze kumenyerwa, imvura nke izaba iri hagati ya milimetero 100 na milimetero 150 iteganyijwe mu Ntara y’Iburasirazuba.

Ni mu turere twa Nyagatare, Gatsibo, Kayonza, i Burengerazuba bw’Akarere ka Rwamagana, Bugesera na Kirehe ndetse n’iburengerazuba bwa karere ka Gasabo.

Ikigo cy’igihugu cy’ubumenyi bw’Ikirere cyo kigira inama Abanyarwanda n’abafatanyabikorwa bose gushingira kuri iri teganyagihe mu igenamigambi yabo ya buri munsi; cyane ko imvura iteganyijwe hamwe ishobora kubangamira imirimo y’isarura.

TAGGED:featuredIbigoriKwibukaMinisiteriUbuhinziUmujyanama
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uvura Abagore N’Abana Asaba Abarwayi Kujya Bumva Ko Muganga Ntako Aba Atagize
Next Article Abanyarwanda Umunani Bari Bimuriwe Muri Niger Basubijwe i Arusha
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?