Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inama Nkuru Y’Umutekano W’u Rwanda Yateranye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Inama Nkuru Y’Umutekano W’u Rwanda Yateranye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 July 2023 7:06 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Rwanda akaba n’Umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Rwanda Paul Kagame yaraye aganiriye n’ubuyobozi bukuru mu nzego zishinzwe umutekano.

Izo nzego ni ingabo z’u Rwanda, Polisi, Urwego rw’umutekano n’iperereza ndetse n’Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha.

Ibivugirwa mu nama nk’iyi biba ari amabanga y’igihugu.

Icyakora ni yo nama ya mbere yo kuri uru rwego ikozwe nyuma y’uko ingabo z’u Rwanda zihinduwe ubuyobozi zigahabwa Umugaba mukuru witwa Lt.Gen Mubarakh Muganga.

Niyo nama ya mbere kandi Juvénal Marizamunda yitabiriye nka Minisitiri w’ingabo z’u Rwanda.

Abayobozi bakuru b’inzego z’umutekano bahuye na Perezida Kagame

Iyi nama y’umutekano iteranye mu gihe hari amakuru amaze iminsi atangazwa n’inzego zirimo n’iz’umutekano ko abarwanyi ba FDLR bari kototera u Rwanda.

Lt Col William Ryarasa uyobora ingabo mu bice bya Rubavu aherutse kubwira abaturage b’aho ko bagomba kuba maso kuko amakuru ahari avuga ko abarwanyi ba  FDLR bari hafi y’u Rwanda.

Yunzemo ko bari bafite n’umugambi wo gutera grenade mu Rwanda.

Lt Col Ryarasa yagize ati: “Bari bafite na gahunda yo gutera gerenade muri uyu mujyi, ndetse batubwira ko zamaze kwinjira mu gihugu. Birashoboka kuko hari inzira nyinshi zakwinjiramo, icya mbere ni fraude, icyo gihe rero ni ukuba maso.”

Icyo gihe abaturage bijeje RDF ko bari maso, ko biteguye gufasha inzego z’umutekano kuwubungabunga.

Hari umunyamakuru ukorera muri DRC uherutse kuvuga ko imikoranire iri hagati ya FDLR n’ingabo za DRC ikomeye kandi iri ku rwego rwo hejuru k’uburyo ibiri gukorwa bishobora gutuma RDF itangiza intambara mu rwego rwo gukumira ko iki kibazo cyagera mu Rwanda.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda Madamu Yolanda Makolo nawe aherutse kuvuga ko ubuyobozi bwarwo butazemera ko hagira uruvogera kandi ko buzarinda abaturage barwo mu buryo bwose bwemewe n’amategeko.

TAGGED:FDLRfeaturedIngaboKagamePolisiRDFRubavuUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umushinjacyaha Yasuye Urwibutso Rwa Jenoside Aho Kayishema Aregwa Kwica Abatutsi
Next Article Afurika Na Caraibe Barasaba Indishyi Kubera Ubucakara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Umutoza W’Amavubi Yirukanywe

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Amerika Yafashe Ubwato Bibiri Bw’Abarusiya Bwajyaga Muri Venezuela

You Might Also Like

Ubukungu

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Igiciro Cy’Ikawa Y’Ibitumbwe Cyazamutseho 25% Ku Kilo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?