Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inama Y’Abaminisitiri Mu Burundi Yize Ku Iyubakwa Rya Gari Ya Moshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Inama Y’Abaminisitiri Mu Burundi Yize Ku Iyubakwa Rya Gari Ya Moshi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 March 2022 12:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu Inama ya Guverinoma y’u Burundi yateranye iyobowe na Nyakubahwa Evariste Ndayishimiye, Perezida w’u Burundi.

Ni inama iri bwige ku ngingo icumi zirimo n’iyubakwa rya Gari ya moshi.

Perezida Ndayishimiye niwe wayiyoboye

Ibindi bari bwigeho ni uburyo abaturage b’u Burundi batangira kwitabira isoko ry’imari n’imigabane bigakorwa binyuze muri Banki Nkuru ya Repubulika y’u Burundi.

Baranasuzuma aho umushinga wo gushyiraho ikigo cy’igihugu cy’ibarurisha mibare ugeze.

Bariga kandi ku miterere y’umushinga w’Itegeko rigena sitati y’abakozi b’Inteko ishinga amategeko y’u Burundi.

Gahunda y’Ibyigirwa mu Nama ya Guverinoma y’u Burundi byashyizwe kuri Twitter.

Ingingo Inama y’Abaminisitiri iri kwigaho

Les membres du Gouvernement du #Burundi se réunissent en Conseil des Ministres au Palais Présidentiel de @Gitega sous la présidence du Chef de l’Etat SE Evariste #Ndayishimiye. Dix projets de loi sont à l’ordre du jour dont le Projet de Politique Minière du Burundi. pic.twitter.com/fXKldKkvH2

— Ntare Rushatsi House (@NtareHouse) March 16, 2022

 

Ku byerekeye umuhanda wa Gari ya Moshi, Minisitiri w’imari wa Tanzania witwa Mwigulu Nchemba aherutse gutangaza  ko igihugu cye cyasinyanye n’u Burundi amasezerano yo kubaka umuhanda wa Gari ya Moshi w’ibilometero 287.

Ni umuhanda uzuzura utwaye miliyoni 900$ ukazahuza Tanzania n’u Burundi uturutse i Uvinza ukagera mu Murwa mukuru, Gitega.

Ibi byemezwa na Allan Olingo umwe mu banditsi b’ikinyamakuru The East African.

Ikindi ngo ni uko ibi bihugu ari byo bizishakamo amikoro azakoreshwa muri uyu mushinga ukomeye.

U Burundi na Tanzania bifitanye umubano w’igihe kirekire ndetse n’ikimenyimenyi Perezida wa Tanzania yasuye u Burundi tariki 16, Nyakanga, 2021.

Icyo gihe asura u Burundi, hari hashize igihe gito Perezida wa Uganda Yoweli Museveni yemeranyije na mugenzi we w’u Burundi ko azamwubakira umuhanda uzagera mu Burundi uciye muri Tanzania.

Perezida Ndayishimiye yarabyishimiye cyane k’uburyo yise Museveni Se w’u Burundi!

Ubwo yari ageze ku kibuga cy’indege i Bujumbura, Perezida Suluhu Samia Hassan yakiriwe na Visi Perezida w’u Burundi witwa Prosper Bazombanza, wahise amuherekeza bajya kwakirwa na Perezida Evariste Ndayishimiye.

Umubano w’u Burundi na Tanzania ushingiye ku nkingi zirimo ubukungu, Politiki ndetse no mu mutekano.

Tanzania yacumbikiye impunzi nyinshi z’Abarundi zahahungiye ibibazo bya politiki kandi mu bihe bitandukanye.

Mu mwaka wa 2021, ba Ambasaderi  b’ibihugu byombi basinye amasezerano y’ubufatanye.

Icyo gihe bemeranyije ko amabuye y’agaciro yabonetse mu gihugu kimwe ariko akaba ataboneka mu kindi azajya acyoherezwamo agatunganywa ku giciro kinogeye buri ruhande.

Ibi bihugu bisanzwe bikize ku mabuye y’agaciro arimo  Zahabu, Ubutare, Uranium, Tungsten, Nickel, Tin, Limestone, Soda Ash n’Umunyu.

Ba Minisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibi bihugu basinyanye amasezerano y’uko hazubakwa inganda zitunganya ariya mabuye y’agaciro ku nyungu Dar es Salaam na Gitega bazemeranyaho.

Itangazo ryasohowe n’ubuyobozi bwo muri biriya bihugu byombi ubwo byasinyaga ariya masezerano yavugaga ko inganda zitunganya ariya mabuye y’agaciro zizagirira akamaro n’ibindi bihugu biri mu Karere u Burundi na Tanzania biherereyemo.

 

TAGGED:BurundifeaturedInamaNdayishimiye
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Leta Y’u Rwanda Yashyizeho Gahunda Yo Gucutsa Umuturage- Min Gatabazi
Next Article Rulindo: Yari Abitse Iwe Amabuye Y’Agaciro Yagurwa Miliyoni 1.7 Frw
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?