Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Ya 18 Iri Hafi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Ya 18 Iri Hafi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 November 2021 4:41 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe gito kiri imbere Inama y’Igihugu y’Umushyikirano irongera isubukurwa nk’uko amakuru  dufite abivuga.

Uzaba ari Umushyikirano wa 18, uyu ukaba ari wo ugiye kuba kuva Icyorezo COVID-19 cyaduka mu Rwanda, hari tariki 14, Werurwe, 2020.

Izaba kubera ko iteganywa n’Itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda kandi muri iki gihe ingamba zo kwirinda COVID-19 zikaba zarorohejwe.

Kugeza ubu ariko itariki nyayo iriya nama izatangirira ntiramenyekana.

Mu nama nk’izi zabanje, abitabiraga Umushyikirano babaga ari abayobozi mu nzego zitandukanye guhera ku nzego z’ibanze kugeza ko rwego rw’igihugu.

Ni Inama yigirwagamo ibibazo bireba igihugu, abayobozi bagahigura imihigo baba barahize mu  mwaka w’imihigo washize, bakayihigurira imbere ya Perezida wa Repubulika bakanahiga indi.

Ni umwanya kandi abayitabiriye basasaga inzobe bakaganira ndetse bagatebwa nk’uko byigeze kugenda mu mwaka wa 2016 ubwo umugabo witwa Habyarimana Joseph yasetsaga Abanyarwanda bose bari bakurikiye iriya nama.

Icyo gihe hari mu Ukuboza, 2016.

Yababwiye uko yatangajwe n’ubwiza bwa Kigali Convention Center n’uburyo abo yari yasize iwabo i Rusizi mu Murenge wa Gikundamvura yabamenyeshaga uko yasanze iriya nyubako iteye.

Habyarimana Joseph w’i Rusizi muri Gikundamvura yasekeje u Rwanda rwose mu Ukuboza, 2016

The New Times yanditse ko kuri iyi nshuro umubare w’abantu bazitabira Inama y’Umushyikirano uzaba muto ugereranyije n’uko byahoze, byose bigakorwa mu rwego rwo kwirinda ko hari uwahandurira COVID-19.

Abatazashobora kwitabira mu buryo bw’imbona nkubone, bazabikurikirana bakoresheje iyakure.

Kubera ko Inama y’Umushyikirano iteganywa n’Itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, iyi nama igomba kuba buri mwaka keretse mu bihe bidasanzwe nk’uko byagenze umwaka ushize wa 2020.

TAGGED:featuredIcyorezoRusiziUmushyikirano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Mu Nyanja’ Hamaze Kujugunywa Udupfukamunwa Toni 25,000
Next Article Ibya WASAC Bikomeje Kuyoberana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?