Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Indake Hamas Yubatse Ngo Yirinde Ibisasu Bya Israel Ntizisanzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Indake Hamas Yubatse Ngo Yirinde Ibisasu Bya Israel Ntizisanzwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 November 2023 7:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamakuru wa Russia Today ( RT) yahawe uburenganzira budasanzwe bwo kujya gusura no gufata amashusho y’indake abarwanyi ba Hamas bubatse ngo bihishe Israel.

Zirakomeye cyane kuko zubakishije béton, zikagira ibyuma bihakonjesha cyangwa bikahashyushya.

Muri zo kandi harimo murandasi, aha bafatira amafunguro, imiti, intwaro n’ibindi byose umuntu usanzwe yakenera mu buzima bwe harimo n’imirongo ya telefoni abarwanyi ba Hamas bakoresha mu itumanaho.

Ikindi  gitangaje ni uko uyu mwobo uri muri metero 300 ujya ikuzimu.

Umwe mu bayobozi ba Hamas witwa Mousa Abu Marzouk yabwiye wa munyamakuru ko bacukuye uriya mwobo bagamije kwirinda.

Ngo ibyo kurinda abasivili ntibiri mu byo bitayeho.

Yagize ati: “ Ntabwo uyu mwobo ari uwo kurinda abasivili ahubwo ni uwacu wo kwindira ibisasu bya Israel.”

Mu mashusho ya RT kandi hagaragaramo abandi barwanyi ku ruhande bari gucukura izindi ndake ari nako iruhande rwabo hari imbunda z’amoko atandukanye.

MailOnline yanditse ko mu mwaka wa 2014 ubwo Israel yarwanaga na Hamas mu bikorwa bya gisirikare byiswe Protective Edge, hari umunyamakuru wa Hamas wafashe indi video yerekana abarwanyi bayo bari gucukura izindi ndaje.

Bumvikanaga bavuga ko bakora ‘nk’inzuki mu muzinga’ zikorana imbaraga ngo zicukure imyobo yo kuziciramo abaturage ba Israel cyangwa kubashimutiramo.

Ntibyatinze izo ndake Israel yarazisenye!

Mu ntambara Israel iri  kurwana na Hamas mu mwaka wa 2023, ifite akandi kazi ko gusenya izo ndake kandi igakora k’uburyo Hamas itazongera kugira imbaraga zo kubaka izindi.

Icyakora ni akazi kagoye ariko gashoboka.

Ni umwobo ufite ibya ngombwa byose umuntu akenera
Abarwanyi ba Hamas bavuga ko biyemeje kuzahangana na Israel iteka ryose
Iyo isenye indake zimwe na zimwe, batangira kubaka izindi
TAGGED:featuredHamasImyoboIndakeIntambaraIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Idosiye Y’Umunyamakuru Nkundineza Yageze Mu Rukiko
Next Article Abanyarwanda Barasabwa Kwizigamira Ngo Bizabarinde Kwandavura
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?