Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Indonesia: Umutingito Wishe Abantu 34, Abandi 600 Barakomereka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Indonesia: Umutingito Wishe Abantu 34, Abandi 600 Barakomereka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 January 2021 12:45 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaturage bo mu gace ka Sulawesi bari mu gahinda kenshi nyuma y’umutingito ufite ubukana bwa 6.2 ku gipimo cya Richter wishe abantu 34, abandi 600 bagakomereka.

Uwo mutingito wasenye inzu nyinshi, uteza inkangu.

Inzu zasenyutse zirimo iz’ubucuruzi n’izituwemo.

Kugeza ubu kandi hari abandi bantu barengeweho n’ibinonko byabagwiriye Polisi  na Croix Rouge bakaba bari gukora uko bashoboye ngo babakuremo bagihumeka.

Ikigo cya Indonesia gishinzwe iby’imitingito kivuga ko izingiro (epicenter) y’uriya mutingito riri mu bilometero 18 kugeza muri kariya gace wakozemo ishyano.

Abavanywe mu byondo ari bazima bajyanywe mu bitaro bya Mamuju.

Ikindi kibazo gihari ni uko uriya mutingito wasenye umuhanda wahuzaga Mamuju na Majene, bityo ubutabazi bukaba bugoye.

Nta gihe kinini cyari gishize habaye undi mutingito ufite ubukana bwa Richter bungana na 5.9, ariko wo nta bantu wahitanye keretse gusenya inzu zidakomeye.

Indonesia ni igihugu gituye hejuru y’inyenga y’umuriro…

Iyo urebye ku ikarita y’isi, ukareba aho Indenesia iherereye usanga ari ikirwa gituye hejuru y’itanura.

Indonesia iherereye mu gace abahanga mu by’ubumenyi bw’si bita ‘umukandara w’umuriro, ceinture de feu, Ring of Fire.

Aka gace niko gace ka mbere kabamo imitingito no kuruka kw’ibirunga biba kenshi kurusha ahandi ku isi.

Muri 2018 habaye umutingito ufite ubukana bwa 7.5 uteza umwuzure wazamuye amazi arenga inkombe yica abantu 4000.

Uyu mwuzure niwo abahanga bita Tsunami, iri rikaba ari ijambo ry’Ikiyapani.

Mu Ukuboza, 2004 Indonesia yagushije ishyano ubwo mu gace ka Sumatra habaga umutingito ufite igipimo cya Richter cya 9.1 wateye umwuzure witwa Tsunami yica abantu 230 000 biganjemo abo muri Indonesia

TAGGED:featuredIndonesiaTsunamiUmutingito
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abavugwaho Kwangiza Amapiloni Bafashwe, Igihombo Bateza Leta Ni Kinini
Next Article Umunyemari Aloys Rusizana yarekuwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?