Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo Za Ethiopia Zisubije Ibice Byinshi Byari Byafashwe Na TPLF
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ingabo Za Ethiopia Zisubije Ibice Byinshi Byari Byafashwe Na TPLF

admin
Last updated: 01 December 2021 12:43 pm
admin
Share
SHARE

Guverinoma ya Ethiopia yemeje ko ubu irimo kugenzura ibice byinshi cyane byari bimaze gufatwa n’umutwe w’abarwanyi wa TPLF, mu rugamba ruyobowe na Minisitiri w’Intebe Dr. Abiy Ahmed ubwe.

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia byatangaje ko guverinoma yabonye instinzi ikomeye “ku mutwe w’iterabwoba inisubiza ibice byari byinjiwemo na TPLF.”

Yakomeje iti “Ingamba zo guhangana n’uyu mutwe w’iterabwoba zizakomeza kugeza TPLF itakiri ikibazo ku mahoro n’umutekano by’igihugu.”

GoE has achieved decisive military victory over the terrorist group and regained control of areas which were infiltrated by TPLF. Measures against the terrorist group will continue until TPLF no longer becomes a threat to national peace and security. (3/3)

— Office of the Prime Minister – Ethiopia (@PMEthiopia) December 1, 2021

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

 

Kuri uyu wa Gatatu Leta yatangaje ko ubu irimo kugenzura imijyi ya Kasagita, Burqa, Waiima, Chifra, Chiftu, Dire Ruqa, Alele Sulula, yose yari yafashwe n’abarwanyi ba TPLF ku buryo bari batangiye kwitegura gusatira umurwa mukuru Addis Ababa.

Guverinoma yatangaje ko nyuma yo gufata ibyo bice “inzego za Leta zasubijwe inshinano ndetse ibikorwa byo kuhasana byatangiye.”

Yavuze ko nko ku rugamba rwo mu gace ka  Wereillu habohowe imijyi ya Jama Degollo, Wereillu, Genete, Finchoftu, Aqesta; naho ku rugamba rw’ahitwa Gashena habohorwa imijyi ya Arbit, Aqet, Dibiko, Dabo, Gashena yari yigaruriwe na TPLF, ubu irimo kugenzurwa n’ingabo za Ethiopia (ENDF) hamwe n’iza Leta ya Amhara.

Ni mu gihe ku rugamba rubera mu bice bya Shoa hamaze kubohorwa uduce twa Mezezo, Molale, Shoa Robit, Rasa.

- Advertisement -

New Developments: Kasagita, Burqa, Waiima, Chifra, Chiftu, Dire Ruqa, Alele Sulula towns have been liberates from TPLF fighters; government administration reinstalled and rehabilitation works commenced.

— Office of the Prime Minister – Ethiopia (@PMEthiopia) December 1, 2021

Muri iki cyumweru byemejwe ko Dr Abiy yasigiye inshingano Demeke Mekonnen Hassen umwungirije, ajya guhangana n’umutwe ushamikiye ku ishyaka Tigray People’s Liberation Front n’abarwanyi bishyize hamwe, bari bakomeje gusumbiriza umurwa mukuru Addis Ababa.

Ni icyemezo yafashe mu gihe abarwanyi bageze mu bilometero 200 uvuye mu murwa mukuru Addis Ababa.

Dr Abiy yabaye umusirikare mukuru mu ngabo Ethiopia mu 1991–2010 avamo afite ipeti rya Lieutenant Colonel.

Nyuma y’iminsi mike yatangaje amashusho ku rukuta rwa Twitter agaragara ari kumwe n’abasirikare benshi bagana imbere, afite telefoni ya gisirikare bigaragara ko arimo kuvugana n’abandi bayobozi b’ingabo.

Yumvikana avuga ati “Icyo mubona inyuma yanjye ni umusozi wari ibirindiro bikomeye by’umwanzi kugeza ejo. Ubu twamaze gusukura ako gace neza. Umuhate w’abasirikare uri ku rwego rwo hejuru. Intambara irimo kugenda neza, ubu twamaze gufata Kasagita. Uyu munsi turafata Chifra na Burqa. Tuzakomeza kugeza ubwigenge bwa Ethiopia bubashije gusugira.”

Muri icyo gihe anavugamo ko bazakomeza guhangana n’umwanzi, bakamushyingura ku rugamba.

Shoa Front Developments:

Mezezo, Molale, Shoa Robit, Rasa areas liberated from TPLF forces.

— Office of the Prime Minister – Ethiopia (@PMEthiopia) December 1, 2021

New Developments Wereillu Front:

Jama Degollo, Wereillu, Genete, Finchoftu, Aqesta towns have been liberated from TPLF forces.

— Office of the Prime Minister – Ethiopia (@PMEthiopia) December 1, 2021

New Developments Gashena Front

Arbit, Aqet, Dibiko, Dabo, Gashena towns cleared off TPLF fighters and under ENDF and Amhara forces.

— Office of the Prime Minister – Ethiopia (@PMEthiopia) December 1, 2021

 

 

 

TAGGED:Abiy AhmedEthiopiafeaturedTPLF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umupolisi wa Uganda Yishwe Arashwe
Next Article Ikipe Ya Polisi Y’U Rwanda Ya Handball Yatsinze Iyo Muri Tanzania
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?