Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo Za Kenya Ngo Zagiye Muri DRC Gutabara Umuturanyi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Ingabo Za Kenya Ngo Zagiye Muri DRC Gutabara Umuturanyi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 November 2022 4:52 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

William Ruto uherutse gutorerwa kuyobora Kenya yavuze ko ingabo ze zigiye muri DRC gutabara inshuti kuko ari inshingano.

Mu gihe izi ngabo zurira amakamyo y’intambara zijya muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, hari n’iza Uganda zihamaze igihe.

Zagiye yo zigiye kwirukana abarwanyi ba ADF Kampala ishinja kuba intandaro y’umutekano muke mu bice byinshi byayo.

Mu ijambo yatangaje ubwo yahaga ingabo ze amabwiriza yo kujya muri DRC kurwana na M23, Perezida Ruto yavuze ko umutekano muke muri DRC ari ikibazo ibihugu byose bituranye nayo bigomba gufata nk’ibyacyo.

Ati: “ Ibibazo byabo bigomba kuba nari n’ibyacu kubera ko turi abaturanyi. Umutakano wa DRC ni ikintu Kenya igomba gushyiraho imbaraga kugira ngo igereho.”

Ingabo za Kenya zoherejwe muri DRC mu rwego rwo gushyira mu bikorwa umwe mu myanzuro wafatiwe mu masezerano aherutse gusinyirwa i Nairobi yavugaga ko hagomba gushyirwaho ingabo z’Akarere zo kujya guhangana n’imitwe y’inyeshyamba yaciye ibintu muri kiriya gihugu.

Ingabo za Kenya zahawe inshingano yo guhashya abarwanyi ba M23 by’umwihariko.

Bamwe mu basesengura uko ibintu byifashe muri Afurika y’i Burasirazuba, bavuga ko DRC ishobora kongera kuba isibanuro ry’intambara y’aka Karere.

Mu minsi ishize, hari umuhati umuryango mpuzamahanga washyizeho kugira ngo urebe ko wahosha intambara iri muri kariya karere.

Intumwa  y’Angola yaje kuganira na Perezida Tshisekedi na Perezida Kagame ndetse n’Umunyamabanga mukuru wa UN Antonio Guterres nawe yaganiriye na Perezida Kagame kuri iyi ngingo.

U Rwanda ruvuga ko kugira ngo ibiri kubera muri DRC birangire, ibone amahoro, ari uko ibikubiye mu masezerano yasinyiwe i Luanda no muri Nairobi bishyirwa mu bikorwa.

TAGGED:DRCfeaturedIngaboIntambaraKagameRwandaTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwisuzumye Rureba Aho Rugeze Ruha Buri Wese Murandasi
Next Article Tshisekedi Yasabye ‘Abaturage Bose’ Guhaguruka Bakarwanya u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

You Might Also Like

Ubukungu

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?