Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo Za Putin Zirashinjwa Gukona Iza Ukraine
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ingabo Za Putin Zirashinjwa Gukona Iza Ukraine

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 June 2023 2:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abasirikare babiri bo muri Ukraine baherutse kubwira umuganga ko  ubwo bari barafungiwe mu nkambi z’ingabo z’Uburusiya, bahaboneye ishyano. Bamuhishuriye ko ingabo z’Uburusiya zabarakonnye kugira ngo batazabyara.

Abatanze ubu buhamya ni abasirikare babiri; umwe w’imyaka 25 n’undi w’imyaka 28 y’amavuko.

Bavuga ko ibyo baboneye mu nkambi z’ingabo z’Abarusiya birenze ibyo bajya bumva ko bikorerwa kwa shitani.

Mu minsi ishize aba basirikare bagaruwe muri Ukraine mu gikorwa cyo guhererekanya abasirikare cyakozwe ku mpande zombi.

Nyuma baje gushyikirizwa umuhanga mu ndwara zo mu mutwe witwa Anzhelika Yatsenko ngo bamubwire akaga bahuriyeyo n’ako.

Uyu mugore yabateze amatwi, bamutekereza ibyo bita ‘akaga kageretseho akandi’ bahuriye nako mu ngabo z’Abarusiya.

Amagambo yababanye make, ahubwo bamubwira ko ibyo baboneyeyo, ari agahomamunwa, umuntu atabona uko asobanura.

Ngo niba ikuzimu kwa shitani habaho, nta haruta aho bari bari.

Aba basirikare baje kwemera gutanga amakuru y’ibyababayeho byose.

Bamutekerereje ukuntu bakubiswe n’abasirikare b’Abarusiya basinze, nyuma bazana ibyuma barabakona.

Uyu mugore w’imyaka 41 yabwiye Sunday Times ko akimara kumva ibyabaye kuri aba basore bakiri bato, yananiwe kubyakira, ajya mu cyumba ariherera ararira.

Ngo mu gihe cyose yamaze aganira n’abantu bahuye n’akaga ngo abafashe kwiyakira, ntiyigeze yumva abakorewe ubugome nk’ubwakorewe abo basirikare ba Ukraine.

Abasikare b’Abarusiya babwiye abo muri Ukraine ko babakonnye mu rwego rwo kubabuza kuzabyara.

Bivugwa kandi ko aho ingabo z’Uburusiya zica hose zikorera iyicarubozo abo zihasanze cyane cyane abo zibona ko bashobora kuziha amakuru zikeneye mu ntambara ziri kurwana.

Ku rundi ruhande, hari amakuru avuga ko n’abasirikare ba Ukraine nabo bakorera Abarusiya iyicarubozo, ariko ngo uburyo Abarusiya babikoramo bwo bufite ubuhanga bukoranwa kandi bikagaragaza ko biba ari amabwiriza yaturutse ‘hejuru’.

TAGGED:Burusiya AbasirikarefeaturedIngaboUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Ntabwo Muri Bato Bo Kudakora Amahitamo Akwiye’-Jeannette Kagame Abwira Abanyeshuri
Next Article Kugira Ngo Roho Nzima Iture Mu Mubiri Muzima Ni Ngombwa Kongera Umusaruro-PM Ngirente
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?