Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo Za SADC Muri Mozambique Zirivuga Ibigwi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ingabo Za SADC Muri Mozambique Zirivuga Ibigwi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 September 2021 6:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itangazo rigenewe itangazamakuru ryasohowe n’Ingabo ziri mu butumwa bwa SADC muri Mozambique bwiswe The Southern African Mission in Mozambique (Samim)  rivuga ziherutse kwica ibyihebe 17 muri byinshi byari byarigaruriye Intara ya Cabo Delgado.

Ziriya ngabo zirivuga ibigwi ko zishe biriya byihebe nyuma yo gusenya ibirindiro byazo byari biri ahitwa Chitama.

Ingabo za SADC muri Mozambique zirivuga ibigwi

Ku ruhande rwazo, ngo ‘zatakaje umusirikare umwe’, hakomereka abasirikare bazo batatu.

Ikindi ngo ni uko abo basirikare bakomeretse, ubu bari kugarura agatege, ibikomere byabo bikaba biri gukira.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Rya tangazo rivuga ko ku wa Gatandatu, ingabo za SADC zagabye igitero ku birindiro bya biriya byihebe biri hakuno y’umugezi witwa Masselo.

Ikinyamakuru Club of Mozambique kivuga ko hagati aho , ubuyobozi bwa ziriya ngabo( ziyobowe n’umu Jenerali wo muri Afurika y’Epfo) bwemeza ko hari umwe mu barwanyi wafashwe, ubu akaba ari guhatwa ibibazo.

Muri Nyakanga, 2021 nibwo ingabo za SADC zagiye muri Mozambique zivuga ko zigiye gufasha kiriya gihugu kwirukana abarwanyi bari barigaruririye Cabo Delgabo.

Zahageze zisanga iz’u Rwanda zarahageze kare, nyuma y’uko zihoherejwe binyuze mu bwumvikane hagati ya Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na mugenzi we wa Mozambique Filipe Nyusi.

 U Rwanda rwatanze ibindi bihugu by’Afurika, rwohereza muri Mozambique abasirikare hamwe n’abapolisi 1000.

- Advertisement -

Hakurikiyeho Botswana yoherejeho abasirikare 296 n’aho Afurika y’Epfo yoherezayo abasirikare 1,500.

Ntibyatinze Zimbabwe yoherezayo impuguke mu bya gisirikare zigera kuri 304, zo guhugura abasirikare ba Mozambique mu by‘urugamba.

Angola nayo hari abo yohereje muri Mozambique.

Mu  mpera za Nyakanga, inkuru yakwiye ku isi hose ko ingabo z’u Rwanda zarangije kwirukana ibyihebe byari byarigaruriye umurwa mukuru wa Cabo Delgado witwa Mocímboa da Praia.

Ingabo z’u Rwanda ziri kugarurira icyizere abaturage ba Cabo Delgado

Icyo gihe ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique bwatangaje ko iriya ari intsinzi ikomeye kuko uriya mujyi wari waragizwe indiri ya bariya barwanyi, bityo ko ibyabo byasaga n’ibyarangiye.

Perezida Paul Kagame ubwo aheruka muri Cabo Delgado yashimye akazi gakomeye Ingabo n’abapolisi b’u Rwanda bakoze mu kugarura amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado, abateguza ko hari akandi gakomeye kabategereje.

Ako kazi ngo  ni ako kurinda ibice bamaze kubohora.

Mu kiganiro yagiranye n’abasirikare n’abapolisi bari mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado, Perezida Kagame yashimiye mugenzi we  Perezida Filipe Nyusi uyobora Mozambique wamutumiye ngo arebe uko ibikorwa byifashe n’aho  urugamba rumaze igihe rubera rugeze.

Yabwiye abari kururwana ko akazi bamaze gukora ku bufatanye n’Ingabo za Mozambique (FADM) gahambaye, kuko katumye abaturage batangira gusubira mu byabo.

Perezida Kagame yavuze ko n’ubwo akazi bakoze ari keza, ariko katararangira.

Ati: “Hari akazi twakoze ko kubohora ibi bice, akazi gatahiwe ubu ni ukurinda ibi bice kugira ngo noneho byongere kubakwa bundi bushya.”

Perezida Kagame aherutse kujya gushimira ingabo ze akazi zakoze muri Mozambique

Inyubako nyinshi mu bice byari byarafashwe n’abarwanyi zaratwitswe zaba iza Leta cyangwa abikorera nk’amahoteli cyangwa amavuriro.

Perezida Kagame yavuze ko akazi kajyanye Ingabo z’u Rwanda ari ugufatanya na Mozambique, ku buryo n’ubwo ibindi bihugu byakomeje kujya gutanga umusanzu, u Rwanda rugomba gukomeza akazi karujyanye.

Mu ntangiro za Nzeri, 2021, raporo y’Ubutumwa bw’Umuryango w’Iterambere wa Afurika y’Amajyepfo (SADC) muri Mozambique (SAMIM), yagaragaje ko abasirikare babiri bamaze kugwa muri icyo gihugu.

TAGGED:AbarwanyiCabo DelgadofeaturedIngaboKagameMozambiqueRwandaSADC
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibintu 5 Bimaze Kuva Mu Biganiro By’u Rwanda Na Zimbabwe
Next Article Ubukerarugendo Bwahoze Kandi Buzahora Ari Ubw’Abajijutse Kandi Bifite
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?