Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo Zacu N’Iz’U Rwanda Ziri Guhashya Umwanzi’- Perezida Nyusi Wa Mozambique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Ingabo Zacu N’Iz’U Rwanda Ziri Guhashya Umwanzi’- Perezida Nyusi Wa Mozambique

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 July 2021 10:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yagezaga ijambo ku baturage b’igihugu cye, Perezida wa Mozambique Filip Nyusi yavuze ko ingabo z’igihugu cye zifashijwe n’iz’u Rwanda mu Cyumweru gishize bakubise inshuro abarwanyi bamaze igihe barazengereje abatuye Intara ya Cabo Delgado.

Ni Intara nini iherereye mu Burasirazuba bushyira Amajyaruguru ya Mozambique, hafi y’Inyanja y’Abahinde.

Perezida Nyusi avuga ko ibitero by’ingabo ze zifatanyije n’iz’u Rwanda zimaze iminsi zisunika umwanzi zimuvana mu birindiro  bye.

Abarwanyi bavuga ko ari aba Islamic State bakorera muri Mozambique bari bamaze iminsi barigaruriye ibice byo muri Cabo Delgado harimo n’agace gakize cyane kuri gazi kari ku nkombe z’ahitwa Palma.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Muri aka gace hari ibigega bicukura Petelori by’ikigo cy’Abafaransa kitwa Total.

Jasmine Opperman avuga ko abasirikare b’u Rwanda bokeje igitutu bariya barwanyi babirukana mu gace kitwa Awasse.

Gazi iri muri kariya gace ifite agaciro kabarirwa muri Miliyari 60$.

Reuters ivuga ko Perezida Nyusi yabwiye abaturage be ko guhashya bariya barwanyi ari intego ye ya mbere kugira ngo amahoro agaruke, abaturage basubukure imirimo yabo ya buri munsi irimo ubuhinzi, ubworozi, uburobyi n’ibindi.

Hari umwarimu muri Kaminuza ya Pretoria muri Afurika y’Epfo witwa Jasmine Opperman washyize amafoto kuri Twitter yerekana imirambo yemeza ko ari iya ziriya nyeshyamba zishwe n’ingabo z’u Rwanda.

Jasmine Opperman avuga ko abasirikare b’u Rwanda bokeje igitutu bariya barwanyi babirukana mu gace kitwa Awasse.

- Advertisement -
Bivugwa ko uyu ari umurambo w’umwe mu barwanyi barashwe n’ingabo z’u Rwanda agapfa

Tariki 12, Nyakanga, 2021 Ambasaderi w’u Rwanda muri Mozambique witwa Claude Nikobisanzwe yashyize amafoto kuri Twitter yerekana ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique zitegura gutangira intambara na bariya barwanyi.

Kugeza ubu ingabo z’u Rwanda ntacyo ziratangaza kubivugwa na Mozambique mu rugamba iri kurwana ifatanyije narwo mu guhashya bariya barwanyi.

Claude Nikobisanzwe uhagarariye u Rwanda muri Mozambique no muri Eswatini
TAGGED:AbarwanyifeaturedIngaboKaminuzaMozambiqueNyusiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyarwanda W’Imyaka 15 Yiciwe Mu Bongereza Atewe Ibyuma
Next Article Umugabo ‘Wari Uhitanye’ Perezida Wa Mali Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?