Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo Z’U Bugiriki Zahaye U Rwanda Inkingo Za COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ingabo Z’U Bugiriki Zahaye U Rwanda Inkingo Za COVID-19

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 September 2021 9:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatanu tariki 03, Nzeri, 2021 indege y’ingabo z’u Bugereki yageze ku kibuga cy’indege cya Kigali izanye inkingo 200 000 zo gufasha u Rwanda mu muhati warwo wo gukingira abaturage.

Inkingo u Bugereki bwagejeje ku Rwanda ni izo mu bwoko bwa Astrazeneca.

Mu kwakira ziriya nkingo, Leta y’u Rwanda yari ihagarariwe na Lt Col Dr Tharcisse Mpunga usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima.

Hari kandi na bamwe mu basirikare bakuru bari bahagarariye Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda mu kwakira ziriya nkingo zoherejwe n’ingabo z’u Bugereki.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Izi nkingo zije ziyongera ku zindi u Rwanda rwabonye muri iki Cyumweru.

Itsinda ry’ingabo z’u Bugereki zazaniye u Rwanda inkingo

U Rwanda rufite gahunda yo gukingira abaturage barwo benshi kugira ngo ubuzima bwongere busubire ku murongo.

Hari icyizere kandi ko biri hafi kubera ko Inama y’Abaminisitiri iheruka, yoroheje cyane zimwe mu ngamba yari imaze igihe yarafashe harimo no gusubukura ibiteramo by’abahanzi ariko bikitabirwa n’abikingije gusa.

N’ubwo ingamba zorohejwe kandi hakaba hari kuboneka inkingo, muri iki gihe haravugwa ubundi bwoko bwa COVID-19 biswe ‘Mu’ bumaze iminsi buvugwa muri Amerika y’Amajyepfo mu bihugu  bya Equateur na Colombia.

Abo mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima ku isi bavuze ko buriya bwoko ari ubwoko bwo gucungirwa hafi cyane kuko ngo imiterere yabwo itaramenyekana neza.

- Advertisement -

Bemeza ko ari ubwoko bushya buzatuma hakorwa izindi nkingo ndetse inshuro abantu bakingirwa zikiyongera.

Hagati aho hari ubundi bwoko bwa COVID-19 bwadutse

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima ku isi ritangaza ko kugeza ubu hari ubwoko bune bwa COVID-19 bwemejwe.

Ubwo ni ubwise  Alpha yagaragaye mu bihugu 193, Beta yagaragaye mu bihugu  141, Gamma yagaragaye mu bihugu 91 na Delta yagaragaye mu bihugu 170 harimo n’u Rwanda.

TAGGED:BugerekiCOVID-19featuredIngaboInkingoRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kubaka Isoko Rya Rubavu Byasubukuwe Nyuma Y’Imyaka 12
Next Article U Rwanda Rufite Ubutaka Bwo Guhingaho Muri Centrafrique
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?