Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo z’u Burusiya Zinjiye Mu Mujyi wa Kabiri Munini Muri Ukraine
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ingabo z’u Burusiya Zinjiye Mu Mujyi wa Kabiri Munini Muri Ukraine

Last updated: 27 February 2022 9:51 am
Share
SHARE

Ingabo z’u Burusiya zinjiye mu mujyi wa Kharkiv, uvuze ikintu gikomeye mu ntambara bwatangije kuri Ukraine kubera ko ari wo wa kabiri munini mu gihugu.

Umuyobozi w’uwo mujyi, Oleg Sinegubov, yemeje ko ubu harimo kubera imirwano ikomeye.

Yasabye abaturage kuguma mu nzu zabo, kubera ko ingabo z’u Burusiya zageze mu mujyi rwagati.

Yabwiye AFP ati “Ntimuve mu bwihisho bwanyu! Ingabo za Ukraine zirimo gukuraho umwanzi. Abasivili barasabwa kwirinda kujya mu mihanda.”

Ibiro bya Perezida Volodymyr Zelenskyy byatangaje ko muri uyu mujyi ingabo z’u Burusiya zaturikije impombo nini itwara gaz, ku buryo hari bwoba ko bishobora guteza imyotsi yahungabanya byinshi ku bidukikije.

Ni umunsi wa kane w’intambara, aho Ingabo z’u Burusiya zikomeje kurwana ngo zifate umurwa mukuru Kyiv.

Kuri uyu wa gatandatu hari hatanzwe umuburo ko uyu mujyi ushobora gusukwaho ibisasu, ariko ntibyaba.

Ahubwo ibintu biturika byiriwe byumvikana mu nkengero z’uyu mujyi, ndetse haza guturitswa ububiko bwa peteroli muri Vasylkiv, mu majyepfo y’umujyi.

Byaje kwemezwa ko ahubwo umujyi wa Nova Kakhovka uri mu majyepfo y’igihugu wamaze gufatwa n’Ingabo z’u Burusiya.

Meya w’uyu mujyi Volodymyr Kovalenko yatangaje ko u Burusiya bwigaruriye inyubako zose z’inzego za leta, bugenda buvanaho amabendera ya Ukraine.

Bamwe mu basezenguzi ariko bavuga ko iyi ntambara u Burusiya butarimo kuyitsinda nk’uko byatekerezwaga, bijyanye n’uburyo ingabo za Ukraine zikomeje kwihagararaho ndetse ibihugu bikomeye bikagenda bizoherereza intwaro.

Hagati aho ariko ngo ntabwo u Burusiya burimo gukoresha intwaro zose ziremereye bufite cyangwa ngo bwifashishe abasirikare bose bari hagati ya 150,000 na 190,000 bashyizwe ku mupaka wa Ukraine.

Hagati aho ibihugu bikomeje gusaba ko u Burusiya bufatirwa ibihano bikomeye, birimo gukurwa mu buryo mpuzamahanga bwo kwishyurana buzwi nka Swift, bwahita bubangamira bikomeye amabanki yo mu Burusiya.

Binateganya gufatira imitungo ya Banki Nkuru y’u Burusiya.

Iki gihugu cyatangaje ko cyiteguye kugirana ibiganiro na Ukraine bijyanye no guhagarika intambara, bishobora kubera mu mujyi wa Homel muri Belarus.

TAGGED:featuredU BurusiyaUkraineVladmir PutinVolodymyr Zelenskyy
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Burusiya Bwaburiye Sweden Na Finland Ko Nibishaka Kujya Muri OTAN Bizabona Ishyano
Next Article Abakobwa 20 Batsindiye Gukomeza Muri Miss Rwanda 2022
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

DRC: Bashyinguye Bundi Bushya Nyuma Y’Uko Imyuzure Ishenye Irimbi

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Abanyarwanda Icyo Bakwiyemeza Nticyabananira- Maj Gen (Rtd) Jack Nziza

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye Na Touadéra Uko RDF Yakomeza Imikoranire N’Ingabo Ze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Wa Centrafrique Ari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu mahanga

Vietnam: Imyuzure Yishe Abantu 90 Abandi 12 Baburirwa Irengero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umuyobozi Wa Imbuto Foundation Hari Icyo Asaba Abato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?