Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo Z’u Rwanda Zari Zisanzwe Zikoresha Igifaransa Ariko Ubu Hari Umwihariko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ingabo Z’u Rwanda Zari Zisanzwe Zikoresha Igifaransa Ariko Ubu Hari Umwihariko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 May 2022 8:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda Colonel Ronald Rwivanga yabwiye Taarifa ko Igifaransa cyari gisanzwe gikoreshwa mu masomo yigishwa ingabo z’u Rwanda nk’uko bimeze mu yandi mashuri, ariko ubu hatangiye ikiciro kihariye kigenewe izijya kugarura amahoro mu mahanga.

Kuri uyu wa Gatatu taliki 18, Gicurasi, 2022 nibwo  hatangijwe ku mugaragaro itangwa ry’amasomo y’Igifaransa mu ngabo z’u Rwanda.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa Madamu Louise Mushikiwabo niwe wari uhagarariye muu rwego rwa Politiki itangizwa ry’iriya gahunda.

Igikorwa cyo kuwutangiza cyabereye mu Kigo cya gisirikare kiri i Gako mu Karere ka Bugesera.

Col Ronald Rwivanga

Taarifa yabajije umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda Col Ronald Rwivanga niba hari umwihariko w’Igifaransa kizahabwa bariya basirikare, asubiza ko uwo mwihariko ari uko bo bazigishwa kugira ngo bategurirwe kuzashyikirana n’abo bazaba bagiye gucungira umutekano.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’ingabo zarwo Paul Kagame aherutse kuvugira mu Nteko ishinga amategeko ko bidatinze hari ibindi bihugu ingabo  nka bibiri, ingabo z’u Rwanda zizoherezwamo.

Icyakora ntibiramenyekana niba abatuye ibyo bihugu bakoresha Igifaransa.

Ku byerekeye iyigwa ry’Igifaransa mu ngabo z’u Rwanda, Umuvugizi wazo yatubwiye ko abarimu bazahugura ingabo bazatangwa n’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa, Organisation Internationale de la Francophonie, OIF, uyoborwa na Louise Mushikiwabo.

Kugeza ubu hari abasirikare 150 u Rwanda ruri gutegurira kuzoherezwa hanze yarwo kuhagarura  amahoro cyangwa gucunga ayahagaruwe ngo atongera guhungabana.

Ubwo bahuraga n’ubuyobozi bwa OIF basubiyemo isomo riri mu gitabo kitwa Les Méthodes Françaises pour les Militaires.

Ni isomo basubirishijwemo n’Umukozi wa OIF witwa Jina El Haber.

Gikubuyemo amwe mu magambo y’ibanze akoreshwa mu gisirikare ku isi, umwarimu yigishije amajwi n’amafoto nyuma akabaza ibibazo abasirikare bagasubiza.

Ngo Igifaransa kiroroshye1!

Umuyobozi ushinzwe amahugurwa n’ibikorwa mu ngabo z’u Rwanda, Col Jean Chrysostôme Ngendahimana  yashimye ko OIF yiyemeje gufatanya  n’ingabo z’u Rwanda.

Kuri we,  kumenya Igifaransa mu ngabo z’u Rwanda bifite agaciro gakomeye kubera ko zifite akazi ko kugarura amahoro mu bindi bihugu birimo n’ibikoresha ruriya rurimi.

Uretse abasirikare 150 bigishijwe ririya somo, rizirongerwa mu nteganyanyigishyo y’andi masomo asanzwe ahabwa abasirikare bajya  mu butumwa bwo kugarura amahoro.

Igifaransa  kiri kwigishwa hose…

Minisiteri y’uburezi iherutse gusinya amasezerano agamije guteza imbere gahunda y’imyaka ine yo kwigisha Igifaransa mu mashuri y’u Rwanda.

Ni gahunda yitwa  Plan National Pour L’Enseignement et l’Apprentissage du Français au Rwanda.

Izashyirwa mu bikorwa na Minisiteri y’uburezi ifatanyije n’Ikigo cy’Abafaransa gishinzwe iterambere mpuzamahanga, AFD.

Izashyirwa mu bikorwa mu gihe cy’imyaka ine.

Akamaro k’Igifaransa kandi hari ababona ko harenze kuba umuntu yaganira n’undi, ahubwo akamaro kacyo kagera no mu rwego rw’ubukungu n’ubucuruzi mpuzamahanga.

Hari umucuruzi witwa Rutamu wabwiye Taarifa ko mu gihe kiri imbere Abanyarwanda nibamenya kuvuga neza Igifaransa n’Icyongereza bizabaha amahirwe yo guhangana n’ibihugu biza imbere mu bucuruzi mpuzamahanga birimo n’Ibirwa bya Maurices.

Ati: “ Buriya kimwe mu bituma Ibirwa bya Maurices bitera imbere kandi bikaza imbere mu myanya itangwa n’ibigo mpuzamahanga kuturusha ni uko ababituye bavuga neza Igifaransa n’Icyongereza.”

Yongeraho ko uretse no mu bucuruzi,  no mu bukerarugendo kumenya kumva no kuvuga neza indimo mpuzamahanga bifasha cyane.

Rutamu avuga ko kuba u Rwanda rugiye gushyira imbaraga mu kwigisha Igifaransa abarutuye ari ikintu kizarugirira akamaro kanini cyane cyane mu gihe kinini kiri imbere.

TAGGED:featuredIngaboMushikiwaboRDFRwivangaUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amakipe Azakina BAL Yageze Mu Rwanda
Next Article Mu Mwaka Wa 2022, Ubukungu Bw’u Rwanda Buzazamukaho 6%- Min Ngirente
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?